Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yemeje ko u Rwanda ruri guhatanira kwakira isiganwa ry’imodoka rikunzwe ku Isi

radiotv10by radiotv10
13/12/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
BREAKING: Perezida Kagame yemeje ko u Rwanda ruri guhatanira kwakira isiganwa ry’imodoka rikunzwe ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda iri mu biganiro n’abategura isiganwa ry’utumodoka duto rizwi nka ‘Formula 1 Grand Prix’, kugira ruzaryakire, kandi ko hari guterwa intambwe ishimishije mu ibi biganiro byatuma iri rushanwa ribera muri Afurika.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Ukuboza 2024 ubwo yatangizaga ku mugaragaro Inteko Rusange y’Ishyirahamwe ry’Umukino wo gusiganwa ku Modoka FIA iri kubera i Kigali.

Perezida Kagame yashimiye Ishyirahamwe ry’Umukino wo gusiganwa ku Modoka FIA na Perezida waryo, Mohammed Ben Sulayem kuba barahisemo gukorera Inteko Rusange yaryo mu Rwanda, mu gihe rinizihiza isabukuru y’imyaka 120.

Ati “Byumwihariko twishimiye kuba tugiye kwakira ibirori by’itangwa ry’ibihembo riba ku mugoroba w’uyu munsi. Ku nshuro ya mbere Inteko Rusange ya FIA ibereye muri Afurika, kandi ibi ni intambwe ishimishije igaragaza intego yo guteza imbere umukino wo gusiganwa ku modoka mu guhuza abafana ndetse n’abashoferi babigize umwuga muri Afurika.”

Perezida Kagame yavuze ko umukino wo gusiganwa ku modoka ku Isi hose uzwi nk’uw’abifite kandi usaba byinshi bihambaye birimo umutekano, ikoranabuhanga n’imiyoborere myiza aho uba ugomba kwakirirwa.

Yaboneyeho gushimira imishinga ya FIA irimo umukino wa Formula 1 ahari gutezwa imbere ikoreshwa ry’imodoka z’amashanyarazi.

Ati “Mu Rwanda twishimira kuba turi gukorana na Federasiyo mu guteza imbere ikorwa ry’ibikorwa remezo. Hagendewe ku murongo wa FIA, abanyeshuri bo mu Rwanda biga amasomo y’ubumenyi-ngiro, babashije gukora imodoka ihendutse, nanishimiye kubona mu ijoro ryatambutse.”

Yakomeje avuga ko ibi bigaragaza intambwe ishimishije iri guterwa mu bumenyi buganisha ku iterambere ry’umukino wo gusiganwa ku modoka ku Mugabane wa Afurika.

Yavuze kandi ko nubwo hari inzego Umugabane wa Afurika wagiye usubizwamo inyuma, ariko ibi bigaragaza umwanya ugenda uhabwa muri siporo, bikanashimangira uruhare rwa buri wese mu iterambere ryayo.

Byumwihariko bikaba binakwiye ko Ibihugu byo kuri uyu Mugabane, bikwiye na byo kwakira ibikorwa nk’ibi n’inama mpuzamahanga nk’izi.

Ati “Rimwe na rimwe iyo Igihugu kidateye imbere gitangajwe kwakira ibikorwa nk’ibi, bifatwa nk’aho habayeho kwibeshya, iyo ufashe umwanzuro ugendeye ku bitangazwa mu itangazamakuru. Imigirire nk’iyi ikwiye gusigara inyuma.”

Formula 1 mu Rwanda

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko mu gihe kiri imbere uruhare rw’urwego rwa Siporo mu bukungu bwa Afurika ruzazamuka ku gipimo cya 80%, bityo Siporo ya Afurika ikazabasha kugira uruhare mu bucuruzi bwinjiriza amafaranga atubutse uyu Mugabane.

Ati “Nejejwe no gutangaza ku mugaragaro ko u Rwanda ruri guhatanira kuzana irushanwa ryo gusiganwa ku modoka muri Afurika rukakira Formula 1 Grand Prix.”

Perezida Paul Kagame kandi yavuze ko ibiganiro biri kuba hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’abategura iri siganwa, biri kugenda neza, aboneraho no kubashimira.

Ati “Kandi ndabizeza ko turi kubikorana ubushishozi n’ubwitonzi n’umuhate, bikwiye. Dufatanyije tuzubaka ikintu kizadutera ishema twese.”

Yaboneyeho kandi gutangariza abitabiriye iyi Nteko Rusange ko u Rwanda rwashoye imari mu bikorwa remezo byo guteza imbere siporo, atanga ingero zirimo inyubako ya BK Arena izwiho kuba yakira imikino ikomeye ya Basketball nka BAL ndetse na Sitade Amahoro yavuguruwe, ndetse n’ibindi biri gukorwa nk’icyanya cya siporo cya Zaria Court, umushinga uri gukorwa na Masai Ujiri.

Ati “Imyumvire yacu, yakomeje kuba kubyaza umusaruro ibyo dufitiye ubushobozi. Turabizi ko iterambere rya Siporo ridashingira ku nyubako cyangwa kwakira inama, ahubwo no kuzamura impano ndetse no gushimisha abafana. Ibi byagize uruhare rufatika atari mu bukungu bwacu gusa, ahubwo no mu iterambere ry’abaturage.”

Yavuze ko u Rwanda rwiteguye gukomereza kuri iyi ntego, no kwakira abashyitsi benshi, aboneraho kubizeza ko igihe bazaza bazajya bahabwa serivisi zo ku rwego rwo hejuru, mu bikorerwa mu Rwanda byose.

Perezida Kagame yashimiye abitabiriye iyi Nteko Rusange ya FIA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + twelve =

Previous Post

Hafashwe icyemezo ku birego byo gufata ku ngufu byashinjwaga rurangiranwa ukunzwe muri ruhago

Next Post

Igiteye amatsiko Bruce Melodie yateguje abantu mbere yo kubasogongeza album ye

Related Posts

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?
IBYAMAMARE

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

by radiotv10
19/01/2026
0

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igiteye amatsiko Bruce Melodie yateguje abantu mbere yo kubasogongeza album ye

Igiteye amatsiko Bruce Melodie yateguje abantu mbere yo kubasogongeza album ye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.