Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hagaragajwe igipimo ubukungu bw’u Rwanda bwazamutseho n’urwego rwagize izamuka rinini

radiotv10by radiotv10
17/12/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Hagaragajwe igipimo ubukungu bw’u Rwanda bwazamutseho n’urwego rwagize izamuka rinini
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, cyagaragaje ko mu gihembwe cya gatatu cya 2024, umusaruro mbumbe w’Igihugu wageze kuri Miliyari 4 806 Frw uvuye kuri Miliyari 4 246 Frw wari uriho mu gihembwe nk’iki umwaka ushize. Ni ukuvuga ko ubukungu bw’Igihugu bwagize izamuka rya 8,1%.

Iyi mibare yagaragajwe kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Ukuboza 2024 n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare NISR, aho mu gihembwe cya gatatu iri zamuka ry’ubukungu rya 8,1%, rije risanga kandi mu gihembwe cya kabiri, harabayeho izamuka rya 9,8%, naho icya mbere kikaba cyarabayemo izamuka rya 9,7%.

Muri rusange izamuka ry’ubukungu ku bihembwe bitatu ni ukuvuga kuva muri Mutarama kugeza muri Nzeri uyu mwaka wa 2024, habayeho izamuka rya 9,2%.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa, agaruka kuri iri zamuka rya rusange rya 9,2% mu bihembwe bitatu, yavuze ko ari igipimo gishimishoje kandi gitanga icyizere ku iterambere ry’ubukungu bw’u Rwanda, ndetse ko n’umwaka utaha buzakomeza gushikama, ku buryo nta bantu bakwiye kugira impungenge ko bishobora guhinduka.

Yagize ati “Nta mpinduka turi kubona zidasanzwe, ubukungu bw’u Rwanda bwakabaye buzaba bwiza mu 2025. Impuzandengo ihagaze kuri 9.2%, imibare ikomeje gutya, ubukungu bwazamuka ku kigero kiri hejuru 8% cyangwa 9%.”

NISR kandi yagaragaje ko umusaruro w’urwego rw’ubukungu wiyongereyeho 4%, uw’inganda uzamukaho 8% mu gihe umusaruro wa serivisi wo wazamutse ku 10%.

Iri zamuka ry’uruhare rw’ubuhinzi, nubwo ryabaye rito ugereranyije n’ibindi bihembwe dore ko mu gihembwe giheruka bwari bwazamutseho 7%, Minisitiri Murangwa, yavuze ko atari igipimo giteye impungenge.

Yagize ati “Umusaruro wa 4%, ntabwo tuba twageze ahantu habi, ni yo mpamvu ibiciro bitarazamuka cyane. Hari imyaka ubuhinzi butazamukaga, ariko 4% ikurikira 7%, ntabwo biramera nabi.”

Minisitiri kandi yamaze impungenge abakeka ko izamuka ridakabije ry’ibiciro ku masoko, ryaba riterwa no kuba idolari riri kuzamuka cyane ugereranyije n’agaciro k’ifaranga ry’u Rwanda, avuga ko bidafitanye isano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + four =

Previous Post

Menya abakinnyi basezerewe mu mwiherero w’Amavubi n’amakipe bakinira

Next Post

MTN Rwanda and UNICEF Rwanda Join Forces to Champion Children’s Rights and Well-Being

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
MTN Rwanda and UNICEF Rwanda Join Forces to Champion Children’s Rights and Well-Being

MTN Rwanda and UNICEF Rwanda Join Forces to Champion Children's Rights and Well-Being

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.