Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Herekanywe 16 bakekwaho ubujura bwari bumaze iminsi buzamurwa mu majwi y’abaturage

radiotv10by radiotv10
18/12/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
AMAKURU MASHYA: Herekanywe 16 bakekwaho ubujura bwari bumaze iminsi buzamurwa mu majwi y’abaturage
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yerekanye abantu 16 bakekwaho ubujura bw’Inka bakazibagira mu biraro bazisanzemo cyangwa mu bisambu, barimo uwari umaze kubaga inka ijana mu gihe cy’amezi atatu gusa, wanigeze gufungwa imyaka ibiri azira n’ubundi ubujura bw’inka.

Aba bantu 16 berekanywe kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Ukuboza 2024 ku cyicaro Gikuru cya Polisi yo mu Mujyi wa Kigali, i Remera mu Karere ka Gasabo.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga avuga ko mu majwi amaze iminsi azamurwa n’abaturage, bari bamaze igihe bataka ubujura bw’amatungo yabo byumwihariko Inka, akaba ari byo byatumye iki kibazo gihagurikirwa, hagafatwa aba bakekwajo kuziba bakajya kuzibaga.

Ati “Hari abazibagira mu biraro, hari abazibagira mu gasozi, hari n’abazitwara bakazibagira kure y’urugo, ndetse hari n’abazigurisha ahandi kure babanje kuzishorere. Twaraburiye, twarigishije, twarasobanuye, ngira ngo hari abagize ngo iyo tuvuga tuba ari ukwivugira gusa ari ugukanga.”

ACP Rutikanga, avuga ko inka zikekwaho kwibwa n’aba bantu, zagiye zibwa mu Turere twa Rulindi, Gasabo, Gakenke, Bugesera, Gicumbi, ndetse no muri Nyarugenge mu bice bikirimo aborozi nko mu Murenge wa Kanyinya.

Avuga ko ikigaragaza ko aba bafashwe ari bo bari inyuma y’ubu bujura, ariko uko aborozi bari bamaze igihe bataka ubujura bw’amatungo “nibura uyu munsi barahumeka.”

Uwizeyimana Eugene alias Sekomo, umwe muri aba berekanywe uyu munsi, mu gihe cy’amezi atatu gusa yari amaze kubaga Inka ijana.

CP Rutikanga ati “Iyo bivuze ngo arazibaga, turanibaza ngo azibona ate? Zimugeraho zite? Ntumugire ngo ni we ugenda wenyine, aba afite abandi bantu akorana na bo.”

Yavuze ko ubujura bukekwa kuri uyu Sekomo, bwakorewe mu Turere twa Rulindo, Gicumbi, Gasabo na Gakenke.

Ati “Kandi uyu yanigeze kugororerwa mu Kigo Ngororamuco cya Iwawa umwaka umwe, ndetse yigeze no gufatwa arakatirwa n’ubutabera afungwa imyaka ibiri muri Gereza ya Nyarugenge, arasohoka azize n’ubundi ibyo byaha by’ubujura bw’Inka.”

CP Rutikanga avuga ko abakorana n’uyu mugabo, biyita Abatenesi bagenda bamuha amakuru amufasha muri ubu bujura bw’amatungo.

Ati “Abo ngabo ni icyenda. Hari undi wiyongereyemo waturutse i Gicumbi, umwe aturuka mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, ariko abenshi baturuka muri Jali mu Karere ka Gasabo.”

Avuga ko muri ibi bikorwa by’ubujura, aba bantu bakoranaga na Sekoma, bibaga Inka, ubundi bakajya kuzibaga, bagatwara inyama gusa babanje kuzikokora ku magufwa, kugira ngo byorohere umwana yakoreshaga muri ubu bujura, abashe kuzikorera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − six =

Previous Post

Impamvu u Rwanda rusaba ko Congo iganira na M23 nubwo ari iby’Abanyekongo

Next Post

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.