Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Herekanywe 16 bakekwaho ubujura bwari bumaze iminsi buzamurwa mu majwi y’abaturage

radiotv10by radiotv10
18/12/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
AMAKURU MASHYA: Herekanywe 16 bakekwaho ubujura bwari bumaze iminsi buzamurwa mu majwi y’abaturage
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yerekanye abantu 16 bakekwaho ubujura bw’Inka bakazibagira mu biraro bazisanzemo cyangwa mu bisambu, barimo uwari umaze kubaga inka ijana mu gihe cy’amezi atatu gusa, wanigeze gufungwa imyaka ibiri azira n’ubundi ubujura bw’inka.

Aba bantu 16 berekanywe kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Ukuboza 2024 ku cyicaro Gikuru cya Polisi yo mu Mujyi wa Kigali, i Remera mu Karere ka Gasabo.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga avuga ko mu majwi amaze iminsi azamurwa n’abaturage, bari bamaze igihe bataka ubujura bw’amatungo yabo byumwihariko Inka, akaba ari byo byatumye iki kibazo gihagurikirwa, hagafatwa aba bakekwajo kuziba bakajya kuzibaga.

Ati “Hari abazibagira mu biraro, hari abazibagira mu gasozi, hari n’abazitwara bakazibagira kure y’urugo, ndetse hari n’abazigurisha ahandi kure babanje kuzishorere. Twaraburiye, twarigishije, twarasobanuye, ngira ngo hari abagize ngo iyo tuvuga tuba ari ukwivugira gusa ari ugukanga.”

ACP Rutikanga, avuga ko inka zikekwaho kwibwa n’aba bantu, zagiye zibwa mu Turere twa Rulindi, Gasabo, Gakenke, Bugesera, Gicumbi, ndetse no muri Nyarugenge mu bice bikirimo aborozi nko mu Murenge wa Kanyinya.

Avuga ko ikigaragaza ko aba bafashwe ari bo bari inyuma y’ubu bujura, ariko uko aborozi bari bamaze igihe bataka ubujura bw’amatungo “nibura uyu munsi barahumeka.”

Uwizeyimana Eugene alias Sekomo, umwe muri aba berekanywe uyu munsi, mu gihe cy’amezi atatu gusa yari amaze kubaga Inka ijana.

CP Rutikanga ati “Iyo bivuze ngo arazibaga, turanibaza ngo azibona ate? Zimugeraho zite? Ntumugire ngo ni we ugenda wenyine, aba afite abandi bantu akorana na bo.”

Yavuze ko ubujura bukekwa kuri uyu Sekomo, bwakorewe mu Turere twa Rulindo, Gicumbi, Gasabo na Gakenke.

Ati “Kandi uyu yanigeze kugororerwa mu Kigo Ngororamuco cya Iwawa umwaka umwe, ndetse yigeze no gufatwa arakatirwa n’ubutabera afungwa imyaka ibiri muri Gereza ya Nyarugenge, arasohoka azize n’ubundi ibyo byaha by’ubujura bw’Inka.”

CP Rutikanga avuga ko abakorana n’uyu mugabo, biyita Abatenesi bagenda bamuha amakuru amufasha muri ubu bujura bw’amatungo.

Ati “Abo ngabo ni icyenda. Hari undi wiyongereyemo waturutse i Gicumbi, umwe aturuka mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, ariko abenshi baturuka muri Jali mu Karere ka Gasabo.”

Avuga ko muri ibi bikorwa by’ubujura, aba bantu bakoranaga na Sekoma, bibaga Inka, ubundi bakajya kuzibaga, bagatwara inyama gusa babanje kuzikokora ku magufwa, kugira ngo byorohere umwana yakoreshaga muri ubu bujura, abashe kuzikorera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + twelve =

Previous Post

Impamvu u Rwanda rusaba ko Congo iganira na M23 nubwo ari iby’Abanyekongo

Next Post

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Related Posts

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu barokotse Jenoside batuye mu...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

IZIHERUKA

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…
MU RWANDA

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

09/04/2026
Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.