Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru y’ingenzi wamenya kuri Hoteli yo ku rwego ruruta izindi mu Rwanda igiye kuboneka

radiotv10by radiotv10
07/01/2025
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Amakuru y’ingenzi wamenya kuri Hoteli yo ku rwego ruruta izindi mu Rwanda igiye kuboneka
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Rwanda hagiye kubakwa Hoteli ya mbere y’inyenyeri esheshatu, ishobora kuzaba ari yo ya mbere yo kuri uru rwego muri iki Gihugu, izaba iri mu Mujyi wa Kigali, ndetse ibiganiro n’umushoramari w’umunyamahanga uzayubaka bikaba bigeze kure.

Ni hoteli ikiri mu mushinga, ishobora kuzabakwa mu Murenge wa Kacyiru mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, ahasanzwe hari ikibuga cya Golf.

Iki kibuga cya Golf kizwi nka Kigali Golf Course, cyubatswe n’Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB), cyatashywe muri 2021 aho cyuzuye gitwaye miliyari 17,7 Frw arimo ayakoreshejwe mu kubaka ikibuga ubwacyo ndetse n’inzu zikenerwa n’abitabira uyu mukino.

Nyuma kandi hanubatswe inyubako y’inyenyeri eshanu iri mu za mbere zigezweho ku Mugabane wa Afurika zubakwa ku bibuga bya Golf zizwi nka ‘Club House’, aho irimo ibikorwa bifasha abitabira iyi mikino kuruhuka; nk’ibikoresho bya Gym, aho kwakirira inama zitaguye, aho kuganirira, n’aho gufatira amafunguro.

 

Hagiye kubakwa hoteli yo ku rwego rubayeho bwa mbere mu Rwanda

Ubuyobozi bw’Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB), buvuga ko uyu mushinga w’ikibuga cya Golf, utanga umusaruro, ndetse ko hazanakomeza ibikorwa byo kuwagura kugira ngo ukomeze kubyara inyungu.

Regis Rugemanshuro uyobora RSSB, aganira n’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, yagize ati “Ikibuga cya golf ni umushinga wunguka, icya kabiri ni uko gikurura n’irindi shoramari.”

Akomeza avuga ko mu gukurura irindi shoramari, uru rwego ubu ruri mu biganiro n’umushoramari uzubaka hoteli y’inyenyeri esheshatu ku nkengero z’iki kibuga cya Golf.

Ati “twishimiye kubatangariza ko turi mu biganiro bya nyuma n’umushoramari w’umunyamahanga ushaka kubaka hoteli y’inyenyeri esheshatu ku nkengero z’ikibuga cya Golf.”

Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) rusanzwe rufite imishinga ibyara inyungu, aho rukoresha imisanzu y’abanyamuryango bo mu bwiteganyirize.

Mu mpera z’umwaka ushize uru Rwego rwatangaje ko mu mwaka w’ingengo y’imari ushize rwungutse arenga miliyari 418 Frw, inyungu yarwo yavuye mu ishoramari yari miliyari 240 Frw.

Icyo gihe kandi Regis Rugemanshuro yavuze ko uru rwego rwashoye imari mu bikorwa binyuranye, aho 8% by’amafaranga yose abitswe n’uru rwego, yashowe mu bikorwa by’ubwubatsi.

Mu gice kizubakwamo iyi Hoteli hasanzwe inyubako iteye amabengeza ifasha abajya gukina uyu mukino wa Golf

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + thirteen =

Previous Post

Gen.Muhoozi yagaragaje urutonde rw’abantu b’intagarugero mu mateka y’Isi anabashyira ku myanya

Next Post

Ubwiyongere bw’ibicurane bwatumye Ibitaro bikomeye mu Rwanda bishyiraho amabwiriza agomba gukurikizwa n’ababigana bose

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze
IBYAMAMARE

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubwiyongere bw’ibicurane bwatumye Ibitaro bikomeye mu Rwanda bishyiraho amabwiriza agomba gukurikizwa n’ababigana bose

Ubwiyongere bw’ibicurane bwatumye Ibitaro bikomeye mu Rwanda bishyiraho amabwiriza agomba gukurikizwa n’ababigana bose

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.