• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwakiriye inama y’Inzego za Gisirikare mu Bihugu bitatu byo mu karere ruherereyemo

radiotv10by radiotv10
08/01/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
U Rwanda rwakiriye inama y’Inzego za Gisirikare mu Bihugu bitatu byo mu karere ruherereyemo
Share on FacebookShare on Twitter

I Kigali hateraniye inama y’iminsi itatu ihuza intumwa ziturutse mu Bihugu bitatu (u Rwanda, Uganda na Kenya) bihuriye mu mishinga yo kwishyira hamwe mu by’umutekano mu Muhora wa Ruguru, kugira ngo ziganire ku bibazo bikibangamiye umutekano w’ababituye.

Iyi nama y’iminsi itatu yatangiye kuri uyu wa gatatu tariki 08 kugeza ku ya 10 Mutarama 2025, aho ihuriyemo intumwa zo mu nzego z’umutekano zo mu Bihugu bihuriye muri uyu muhora wa ruguru (Northern Corridor Integration Projects Defence Cluster), birimo Uganda, na Kenya n’u Rwanda rwayakiriye. Igihugu Sudani y’Epfo gisanzwe ari umunyamuryango, ntikitabiriye iyi nama.

Iyi nama ibanjiriye iy’Abakuru b’Ibihugu bihuriye muri uyu Muhoro wa Ruguru iteganyijwe mu minsi iri imbere, irasuzimirwamo ibibazo bikibangamiye umutekano w’abaturage b’ibi Bihugu.

Iyi nama inasuzumirwamo ishusho y’imishinga igirwamo uruhare n’inzego z’umutekano ifitiye akamaro abaturage bo muri ibi Bihugu, izanategurirwamo iyi izahuza Abakuru b’Ibihugu mu minsi igiye kuza.

Kwihuriza hamwe kw’ibi Bihugu, byashibutse mu bitekerezo by’Abakuru babyo babonye ari ngombwa ko ibi Bihugu bihuza imbaraga mu bya gisirikare no mu mutekano, aho haje kuvuka uyu muryango w’Umugora wa Ruguru muri 2013, wari ugizwe n’Ibihugu bitatu: u Rwanda, Uganda na Kenya, nyuma haza kwiyongeramo n’Igihugu cya Sudani y’Epfo, kinjiyemo muri 2018, ariko kikaba kititabiriye iyi nama iri kubera i Kigali.

Ubuyobozo bwa RDF ni bwo bwakiriye iyi nama
Brig Gen Patrick Karuretwa yafunguye ku mugaragaro iyi nama

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − six =

Previous Post

Hamenyekanye amakuru y’ubundi bufasha u Burundi bwahaye Congo Tshisekedi akiva guhura na Ndayishimiye

Next Post

Hatangajwe amakuru y’ihumure ku bwiyongere bw’ibicurane mu Rwanda bwari bwateye impungenge bamwe

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Hatangajwe amakuru y’ihumure ku bwiyongere bw’ibicurane mu Rwanda bwari bwateye impungenge bamwe

Hatangajwe amakuru y’ihumure ku bwiyongere bw’ibicurane mu Rwanda bwari bwateye impungenge bamwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.