Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyiyemezwa ntibihura n’ibikorwa-Perezida Kagame yagaragaje ibihato bikizitira iterambere rirambye

radiotv10by radiotv10
14/01/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibyiyemezwa ntibihura n’ibikorwa-Perezida Kagame yagaragaje ibihato bikizitira iterambere rirambye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame uri i Abu Dhabi muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu mu Inama yiga ku iterambere rirambye, yavuze ko hari byinshi byiyemezwa na za Guverinoma mu kuganisha abaturage muri iri terambere, ariko bikaba bihabanye n’ibyo zikora, ahubwo bigasiga abantu mu mpaka z’urudaca no kwitana bamwana.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Mutarama 2025, ubwo yitabiraga igikorwa cyo gufungura ku mugaragaro iyi nama izwi nka ‘Abu Dhabi Sustainability Week Summit’, yitabiriwe n’abanyacyubahiro banyuranye, barimo Umuyobozi w’Ikirenga wa UAE, Sheikh Mohamed bin Zayed Al Nahyan, ndetse n’abandi Bakuru b’Ibihugu na za Guverinoma.

Perezida Kagame yavuze ko iyi nama ari umwanya mwiza wo kuba abantu basuzumira hamwe intambwe imaze guterwa mu rugendo rw’iterambere rirambye.

Ati “Ariko ikibabaje ni uko icyerekezo cy’iterambere rirambye cyiyemejwe cyitaragera ku byasezeranyijwe abantu, byumwihariko muri Afurika. Ibyiyemezwa muri Politiki ntibihura n’ibikorwa, bikadusiga mu mpaka z’urudaca ndetse no kwitana bamwana.”

Yavuze ko imirongo na gahunda bishyirwaho, rimwe na rimwe biba bitajyanye n’uko ibintu byifashe mu Bihugu bimwe na bimwe, ku buryo byatuma iryo terambere ryifuzwa rigerwaho byumwihariko mu Bihugu biri mu nzira y’amajyambere kubera ubushobozi bwabyo.

Ati “Iterambere rirambye ryatweretse ko dufite imikoro y’ingenzi: tugomba kwihuta mu iterambere, tubijyana no mu kubaka ubukungu butangiza ikirere.”

Yavuze ko kugira ngo izi ntego zombi zigerweho, “biradusaba gukoresha ikoranabuhanga rihendutse, ryagutse kandi risigasira ubukungu. Uburyo u Rwanda rwahisemo mu kugana kuri iri terambere rirambye, bwose bugendera kuri ibi, kandi ntibugire uwo buheza, kwishakamo ubushobozi ndetse no gukorana n’abandi.”

Yavuze ko u Rwanda rwashyizeho urubuga rwagutse rworohereza ishoramari ndetse hagashyirwaho n’amategeko atabaremereye ajyanye n’imisoro, na politiki zorohereza abashaka kuza gukorera mu Rwanda no kuhimukira.

Yagaragaje bimwe mu byakozwe mu Rwanda mu korohereza abaturage kugana ku iterambere rirambye, birimo ikoranabuhanga ryashyizwe mu buhinzi ribafasha ababukora gukurikirana amakuru y’ibyo bakora, ndetse na Kompanyi ya Zipline ifite utudege tutagira abapilote [Drone] twifashishwa mu kugeza ibikoresho mu mavuriro n’ibitaro.

U Rwanda kandi rwashoye imari mu gukoresha ibinyabiziga by’amashanyarazi aho rwashyizeho inyoroshyo kuba batumiza imodoka zikoresha izi ngufu, ndetse runashyira ikoranabuhanga mu kwishyura mu rwego rwo gutwara abagenzi.

Ati “Ariko turebye ibigenda bigerwaho, bitwereka ko mu gushyira imbere ingufu zisubira ndetse n’ibisubizo by’ikoranabuhanga, ari ingenzi, kandi byafasha Afurika mu guteza imbere urwego rw’inganda rwayo.”

Perezida Kagame kandi yavuze ko Umugabane wa Afurika ufite byinshi byo gukora, kuko abawutuye bazikuba inshuro ebyiri mu mwaka wa 2050, ariko ko nanone ari n’amahirwe kuri wo.

Ati “Uyu muvuduko w’ubwiyongere bw’abaturage, usobanuye ubukungu bwacu ugomba no kujyana n’ubwiyongere bw’ibyo bakenera nk’amazi, ibiribwa, ingufu [nk’amashanyarari] ndetse n’imirimo.”

Perezida Kagame yavuze ko ikoranabuhanga ari ryo rizazamura ibi byose, byumwihariko rikifashishwa mu kwagura urwego rw’Ingufu rugira uruhare runini mu iterambere.

Perezida Kagame ubwo yitabiraga iyi nama
Umuyobozi w’Ikirenga wa UAE Sheikh Mohamed bin Zayed Al Nahyan yafunguye iyi nama
Ni inama yitabiriwe n’abanyacyubahiro banyuranye
Yagaragaje uko u Rwanda ruhagaze mu iterambere rirambye

Habayeho no gutanga ibihembo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 4 =

Previous Post

Menya intandaro y’ifungwa rya zimwe muri sitasiyo zizwi mu Rwanda zahagaze burundu

Next Post

Ibivugwa ko byateye umugabo kwitwikira inzu nyuma yo kwangira umugore n’abana be kuyinjiramo

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibivugwa ko byateye umugabo kwitwikira inzu nyuma yo kwangira umugore n’abana be kuyinjiramo

Ibivugwa ko byateye umugabo kwitwikira inzu nyuma yo kwangira umugore n’abana be kuyinjiramo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.