Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Amakuru y’umucyo ku gushidikanya kwabayeho ku gusezerana kwa Vestine n’Umunya-Burkina Faso

radiotv10by radiotv10
17/01/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
1
Amakuru y’umucyo ku gushidikanya kwabayeho ku gusezerana kwa Vestine n’Umunya-Burkina Faso
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko habayeho gushidikanya ku isezerano ryo gushyingirwa hagati y’umuririmbyikazi Vestine n’Umunya-Burkina Faso, Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kinyinya bwakiriye indahiro y’ishyingirwa ryabo, bwatanze umucyo, bwemeza ko iri sezerano ryabayeho.

Inkuru yo gusezerana kwa Ishimwe Vestine uzwi mu itsinda ahuriyemo n’umuvandimwe we ‘Vestine& Dorcas’ na Ouedraogo Idrissa, yavuzwe ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 15 Mutarama 2025, ubwo uyu muhango wari ukimara kuba.

Ibitangazamakuru bimwe byatangaje iyi nkuru, ariko kuri uyu wa Kane tariki 16 Mutarama 2025, ku mbuga nkoranyambaga, hiriwe amakuru y’abavugaga ko uyu muhango utabayeho.

Suzan Murora, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kinyinya wabereyemo uyu muhango, yemereye ikinyamakuru cyitwa The New Times ko uyu muhango wabayeho ku wa Gatatu tariki 15 Mutarama 2025 saa kumi z’umugoroba ku Biro by’uyu Murenge.

Abashingiraga ku kuba nta mafoto yashyizwe hanze y’aba basezeranye, ibi byatewe no kuba ba nyiri ubwite barifuje ko uyu muhango ubera mu muhezo, dore ko abasanzwe bareberera inyungu uyu muhanzikazi bari bashyizeho amabwiriza ko nta muntu wemerewe gufata amafoto cyangwa amashusho.

Indi gihamya y’uku gusezerana kwa Vestine na Ouedraogo Idrissa, ni uko kuri uyu wa Kane tariki 16 Mutarama 2025 hahise hanasohoka icyangombwa cy’uko aba bombi bamaze kuba umugore n’umugabo mu irangamimerere ry’u Rwanda, aho umugabo arusha imyaka 16 aho kuva 20 nk’uko byari byiriwe bicicikana ku mbuga nkoranyambaga.

Uyu Munya-Burkina Faso Ouedraogo Idrissa wasezeranye na Vestine, bigaragara ko yavutse tariki 21 Mutarama 1989, mu gihe umugore we Vestine yavutse tariki 02 Mata 2003.

Vestine n’umugabo we Ouedraogo Idrissa basezeranye imbere y’amategeko
Ubu bombi ni umugore n’umugabo
Vestine yari aberewe
N’umugabo we Ouedraogo Idrissa

RADIOTV10

Comments 1

  1. Harindintwari Andre says:
    1 year ago

    Imana izamwubakire urugo rw’umugisha Kandi azarurindirwemo

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 3 =

Previous Post

DRC: Perezida Tshisekedi yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’urwego rw’Ubucamanza

Next Post

Uko hafashwe abitwikiraga ijoro bakajya kwiba ibyuma byubatse umuhanda

Related Posts

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

by radiotv10
03/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ukurikiranyweho ibyaha birimo kurwanya ububasha bw’amategeko, yanditse ibaruwa asaba imbabazi avuga ko ibyo...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Hemejwe ifungwa ry’umunyamakuru DC Clement hanasobanurwa imiterere y’icyabiteye

by radiotv10
02/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, yatawe muri yombi akekwaho kwangiza ikintu cy’undi no...

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

by radiotv10
01/04/2026
0

Turahirwa Moses uri mu bahanga mu guhanga imideri bazwi mu Rwanda wanashinze inzu yayo ya Moshions, yagumishirijweho igihano cy’igifungo cy’imyaka...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

by radiotv10
01/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clément uzwi nka DC Clément watawe muri yombi, akurikiranyweho ibyaha birimo icyo kwangiza ikintu cy'undi, akekwaho gukora yangiza...

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

by radiotv10
31/03/2026
0

Umuhanzikazi Celine Dion uri mu bafite abafana benshi ku Isi, wari umaze igihe arembye, arahumuriza abakunzi be ko ubu amerewe...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko hafashwe abitwikiraga ijoro bakajya kwiba ibyuma byubatse umuhanda

Uko hafashwe abitwikiraga ijoro bakajya kwiba ibyuma byubatse umuhanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.