Tuesday, July 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko byagenze ngo haraswe babiri bakekwagaho gusambanya umuturage bakanamwica urubozo

radiotv10by radiotv10
22/01/2025
in MU RWANDA
0
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa
Share on FacebookShare on Twitter

Abasore babiri bakekwagaho gufata ku ngufu umuturage wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisagara barangiza bakamwica urubozo, barashwe na Polisi nyuma yuko batorotse aho bari bafungiye, umupolisi yajya kubafata aho bari bihishe bakamurwanya na we akirwanaho akoresheje imbunda y’akazi.

Abarashwe ni Nshimiyimana Eric w’imyaka 22 na Nshimiyimana Innocent w’imyaka 20, mu gihe mugenzi wabo witwa Gabiro Jean de Dieu bakurikiranywe hamwe, we yafashwe.

Aba uko ari batatu bakurikiranyweho gufata ku ngufu no kwica umuturage witwa Mukandekezi Clementine, ubwo bamusangaga iwe aho yari atuye yibana mu rugo rwe mu Kagari ka Munazi mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisagara, bakamukorera ibi bikorwa bya mfura mbi, ubundi bakiba bimwe mu bikoresho byo mu rugo iwe.

Barashwe nyuma yuko batorotse kasho ya Sitasiyo ya Polisi ya Save bari bafungiyemo, ubundi bakajya kwihisha, aho basanzwe n’umupolisi akaba ari na ho abarasira ubwo bamurwanyaga.

Aya makuru kandi yemejwe n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, wagize ati “Nyuma yuko bigaragaye ko batorotse, twatangiye kubashakisha, mu masaha ya saa sita n’igice z’amanywa, ni bwo babiri muri bo Umupolisi yabaguye gitumo aho bari bihishe, baramurwanya, arabarasa.”

Ubwo ibikorwa by’ibyaha byabaga, abaturanyi ba nyakwigendera bumvise atabaza, ndetse anavuga izina ry’umwe muri aba basore bakekwaho kugira uruhare muri ibi bikorwa, bahise bamenyesha polisi yaje no guta muri yombi aba batatu barimo aba babiri barashwe.

Nyuma yo kubata muri yombi mu masaha y’igicuku, mu gihe nyakwigendera yahise ajyanwa kwa muganga ariko aza kwitaba Imana kuko bari bamukoreye urugomo rukomeye.

Mu masaha y’igitondo ahagana saa kumi n’imwe nyuma y’amasaha macye aba basore batawe muri yombi, polisi yagiye kureba isanga batorotse bcukuye amatafari ya Kasho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 19 =

Previous Post

Menya Abanyarwandakazi baje mu bagore 100 bavuga rikijyana muri Afurika

Next Post

Umugabo wiyemerera ko yishe umugore we yahaye Urukiko icyifuzo gihabanye n’ibyo asabirwa

Related Posts

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

by radiotv10
29/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwakoreye ibirori byo gusezerera abasirikare barimo abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj Gen (Rtd) Wilson Gumisiriza,...

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

by radiotv10
29/07/2025
0

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC gitangaza ko uburyo bwo kwandura indwara ya Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura Virusi...

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

by radiotv10
28/07/2025
0

Once considered a forgotten and underdeveloped place, the hills of Kibali, in Rwanda's Gicumbi District, are now a symbol of transformation...

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

by radiotv10
28/07/2025
0

Uruganda rwa BRALIRWA rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye, rwatangaje ko mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka, rwungutse miliyari 18,4 Frw...

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

by radiotv10
28/07/2025
0

Ambasaderi Antoine Anfré uri gusoza inshingano ze nk’uhagarariye u Bufaransa mu Rwanda, yagaragaje ko yishimira kuba aherutse gusura Inka z’Inyambo...

IZIHERUKA

Umucyo ku makuru yacicikanye yavugaga ko amatora yo muri FERWAFA yahagaritswe
FOOTBALL

Umucyo ku makuru yacicikanye yavugaga ko amatora yo muri FERWAFA yahagaritswe

by radiotv10
29/07/2025
0

Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

29/07/2025
Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

29/07/2025
Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

29/07/2025
Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

28/07/2025
BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

28/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gatsibo: Umusaza aravugwaho guhengera umwuzukuru we asinziriye akamusambanya

Umugabo wiyemerera ko yishe umugore we yahaye Urukiko icyifuzo gihabanye n'ibyo asabirwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umucyo ku makuru yacicikanye yavugaga ko amatora yo muri FERWAFA yahagaritswe

Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.