Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAKURU AGEZWEHO: Hari Abasirikare ba Congo-FARDC bahungiye mu Rwanda bishyikiriza RDF ku bushake

radiotv10by radiotv10
27/01/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
AMAKURU AGEZWEHO: Hari Abasirikare ba Congo-FARDC bahungiye mu Rwanda bishyikiriza RDF ku bushake
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu basirikare ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bari mu Mujyi wa Goma, nyuma yuko ufashwe na M23, bahungiye mu Rwanda, bishyikiriza Ingabo z’u Rwanda, zibambura intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare.

Izi ngabo zakiriwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 27 Mutarama 2025, nk’uko tubikesha abanyamakuru bari mu Karere ka Rubavu, aho aba basirikare ba Congo, banyuze ku mupaka munini uzwi nka Grande Barrière.

Aba basirikare ba Congo, bageze mu Rwanda mu Karere ka Rubavu, bakirwa n’inzego z’umutekano z’u Rwanda, bakazishyikiriza intwaro barwanishaga mu rugamba bamazemo igihe.

Inzego z’umutekano z’u Rwanda zakiriye aba basirikare ba Congo, ziri kubashyira ahantu hamwe ari na ko zibambura intwaro zose, ndetse zikanabasaka ko nta bindi bishobora guhungabanya umutekano bafite.

Aba basirikare ba Congo bahungiye mu Rwanda nyuma yuko mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere, Umutwe wa M23 utangaje ko wamaze gufata Umujyi wa Goma, wari umaze uri kurwanirwa hagati yawo na FARDC.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’uyu mutwe wa M23, wari wasabye abasirikare ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bari muri uyu Mujyi wa Goma, gushyikiriza intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye-MONUSCO, barangiza bagahita bajya kwikusanyiriza muri Stade de l’Unité, ndetse bamwe barabyubahiriza, aho bakiriwe n’ingabo za Uruguay ziri muri ubu butumwa bwa LONI.

Mu ijoro ryacyeye kandi, Guverinoma y’u Rwanda yari yasohoye itangazo, ivuga ko itewe impungenge n’umurindi w’imirwano ikomeje kuba mu nkengero z’Umujyi wa Goma, ndetse inavuga ko kubera ibi bibazo bikomeje gushyira mu kaga umutekano w’iki Gihugu, cyarushijeho gukaza umutekano.

Abari mu Karere ka Rubavu, baravuga ko n’ubundi bagikomeje kumva urusaku rw’amasasu, aho bivugwa ko hari ibice byo mu mujyi wa Goma, biri kuberamo imirwano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − five =

Previous Post

Haravugwa inkuru itari nziza mu mubano wa ‘Couple’ y’ibyamamare yakundwaga na benshi

Next Post

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku byo muri Congo byahinduye isura

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku byo muri Congo byahinduye isura

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku byo muri Congo byahinduye isura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.