Friday, August 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwavuze umugambi mubisha wahishuwe n’amakuru y’ibyagaragaye i Goma nyuma y’urugamba

radiotv10by radiotv10
03/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
U Rwanda rwavuze umugambi mubisha wahishuwe n’amakuru y’ibyagaragaye i Goma nyuma y’urugamba
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko ibimenyetso byagaragaye i Goma nyuma y’urugamba rwari ruhanganishije umutwe wa M23 na FARDC n’impande ziyifasha, byerekana ko uru ruhande rwa Leta ya Kinshasa runarimo na FDLR, bariho banateganyaga gutera u Rwanda.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma y’u Rwanda kuri iki Cyumweru tariki 02 Gashyantare 2025, nyuma yuko Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango w’Ubukungu n’Iterambere ry’Ibihugu bya Afurika y’Amajyepfo (SADC), bashyize hanze itangazo ry’ibyemezo byafatiwe mu Nama idasanzwe yateranye tariki 31 Mutarama 2025.

Ibi byemezo bya SADC bishinja Ingabo z’u Rwanda ibirego by’ibinyoma ko zifatanya n’umutwe wa M23 mu bitero bigabwa ku ngabo ziri mu butumwa bw’uyu Muryango muri DRC.

Mu itangazo rya Guverinomo y’u Rwanda, rwatangiye rwamaganira kure ibi binyoma bidafite ishingiro, kuko Ingabo zarwo zirinda imbibi z’iki Gihugu.

Iri tangazo rigira riti “U Rwanda rwamaganiye kure ibirego bishinja Ingabo z’u Rwanda (Rwanda Defense Force) nk’uko bigaragara mu itangazo ry’inama idasanzwe yahuje Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango w’Ubukungu n’Iterambere ry’Ibihugu bya Afurika y’Amajyepfo (SADC) yateranye tariki ya 31 Mutarama 2025.

Guverinoma y’u Rwanda ikomeza igira iti “RDF irinda imbibi z’u Rwanda kugira ngo hatagira icyahungabanya abaturage, ntihohotera abaturage.”

U Rwanda rwagaragaje ko ahubwo ingabo za SADC zigize umutwe wa SAMIDRC zafashije iza Leta ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo kurwanya abaturage bayo ari bo M23 ndetse n’abandi Banyekongo, ndetse ko abenshi muri bo bahungiye mu Rwanda no mu bindi Bihugu byo mu karere.

Guverinoma y’u Rwanda kandi yagaragaje ko umugambi wa Leta ya Congo wo gutera u Rwanda wakunze kuvugwa na Perezida w’iki Gihugu, Felix Tshisekedi ukiriho ndetse ko ari na yo mpamvu yahuruje ingabo za SADC ngo zizawumufashemo, ndetse ko amakuru yerekana ko uyu mugambi wari uri gucurirwa i Goma ahaherutse kubera urugamba rwa FARDC na M23.

Guverinoma y’u Rwanda ikagira iti “Amakuru ku byagaragaye i Goma, n’ibimenyetso byerekana uko ibitero byateguwe, birashimangira ko byateguriwe hamwe n’ingabo z’amahanga zirwanira mu Burasirazuba bwa Kongo, harimo na FDLR, agaragaza ko intego y’urugamba itagarukiraga ku kurwanya M23 gusa, ahubwo harimo no gutera u Rwanda.”

Hanagaragajwe ko Ingabo ziri mu butumwa za SADC (SAMIDRC) zifatanyije n’iz’u Burundi, umutwe wa FDRL n’abacancuro b’Abanyaburayi, ari ikibazo cyaje kiyongera ku bindi byinshi byirengagijwe na Leta ya Kinshasa.

U Rwanda ruti “Igitekerezo kivuga ko ingabo za SADC zaje ku busabe bwa Leta ya Kongo mu rwego rwo kugarura amahoro muri icyo gihugu, nta shingiro gifite, kuko izo ngabo zirwanya abenegihugu, zikanashora intambara ku Rwanda.”

U Rwanda rwaboneyeho kwibutsa ko ari kenshi rwagaragaje ko inzira ikenewe mu gukemura ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, ari iy’ibiganiro, ndetse ruvuga ko rwishimiye igitekerezo cya SADC ko uyu muryango wazagirana inama n’uwa Afurika y’Iburasirazuba EAC.

I Goma hari imbunda nyinshi byagaragaye ko hitegurwaga urugamba rukomeye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − fourteen =

Previous Post

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yagaragaje ibikwiye gutera ipfunwe ubutegetsi bwa Congo n’ababushyigikiye

Next Post

Byemejwe ko Perezida Kagame, Tshisekedi na Ramaphosa bagiye guhurira mu nama itegerejwe

Related Posts

U Bufaransa bwahaye u Rwanda Miliyari 30Frw y’imishinga yumvikanyweho ubwo Macron yari i Kigali

Ubutumwa bwa nyuma Antoine Anfré yanditse nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda

by radiotv10
14/08/2025
0

Ambasaderi Antoine Anfré mbere yo gufata rutemikirere nyuma yo kurangiza inshingano ze nk’Uhagarariye u Bufaransa mu Rwanda, yavuze ko yifuza...

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

Eng.-The last post Antoine Anfré made as the Ambassador of France to Rwanda

by radiotv10
14/08/2025
0

Before boarding his flight after completing his duties as the French Ambassador to Rwanda, Antoine Anfré said he wished to...

The ‘good girl’ pressure: What society expects from young women

The ‘good girl’ pressure: What society expects from young women

by radiotv10
14/08/2025
0

From a very young age, girls hear a subtle yet persistent message: be a “good girl.” But what does be...

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

by radiotv10
13/08/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ingamba ziteganyijwe ubwo iki Gihugu kizaba cyakiririye Shampiyona y’Isi y’umukino w’Amagare ya 2025, zirimo ifungwa ry’amashuri...

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

by radiotv10
13/08/2025
0

Urukiko rwa Gisirikare rwafashe icyemezo cyo gushyira mu muhezo urubanza ruregwamo abantu 28 barimo Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Igorora (RCS) n’abasirikare...

IZIHERUKA

IFOTO: Uwahoze ari Minisitiri muri Congo yagaragaye mu mpuzankano ya AFC/M23 n’imbunda mu ntoki
AMAHANGA

IFOTO: Uwahoze ari Minisitiri muri Congo yagaragaye mu mpuzankano ya AFC/M23 n’imbunda mu ntoki

by radiotv10
14/08/2025
0

Eng.-Gen.Muhoozi expresses regret for any offences ever committed against his father Museveni

Eng.-Gen.Muhoozi expresses regret for any offences ever committed against his father Museveni

14/08/2025
Amakuru aturuka i Walikare ku rugamba hagati ya AFC/M23 n’abo bahanganye

Amakuru aturuka i Walikare ku rugamba hagati ya AFC/M23 n’abo bahanganye

14/08/2025
Icyo Gen.Muhoozi avuga ku kuba umuhungu we yarinjiye igisirikare ayoboye

Gen.Muhoozi yagaragaje kwicuza ku byo yagomeyeho umubyeyi we Perezida Museveni

14/08/2025
Abahoze mu Gisirikare cya Uganda bafashwe bagiye kurwana muri Ukraine bahishuye amakuru y’ingenzi mu iperereza

Abahoze mu Gisirikare cya Uganda bafashwe bagiye kurwana muri Ukraine bahishuye amakuru y’ingenzi mu iperereza

14/08/2025
Ubutumwa Min.Mukazayire yageneye umunyempano ukomeye muri America muri Basketball mbere yo gutaha

Eng.-Minister Mukazayire’s message to a talented American basketball player before his departure

14/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Byemejwe ko Perezida Kagame, Tshisekedi na Ramaphosa bagiye guhurira mu nama itegerejwe

Byemejwe ko Perezida Kagame, Tshisekedi na Ramaphosa bagiye guhurira mu nama itegerejwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

IFOTO: Uwahoze ari Minisitiri muri Congo yagaragaye mu mpuzankano ya AFC/M23 n’imbunda mu ntoki

Eng.-Gen.Muhoozi expresses regret for any offences ever committed against his father Museveni

Amakuru aturuka i Walikare ku rugamba hagati ya AFC/M23 n’abo bahanganye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.