• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Kimwe mu Bihugu byohereje abasirikare muri Congo kuyifasha guhangana na M23 cyafashe ikindi cyemezo

radiotv10by radiotv10
06/02/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Kimwe mu Bihugu byohereje abasirikare muri Congo kuyifasha guhangana na M23 cyafashe ikindi cyemezo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Malawi, Lazarus Chakwera; akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki Gihugu (MDF), yafashe icyemezo cyo gucyura abasirikare bacyo bari baragiye mu butumwa bwa SADC mu burasirazuba bwa DRC.

Ni icyemezo cyafashwe na Perezida Lazarus Chakwera wasabye ingabo ze ziri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu butumwa bwa SADC (SAMIDRC) gutangira kwitegura gutaha.

Itangazo rya Perezida wa Malawi ry’iki cyemezo, ryagiye hanze kuri uyu wa Gatatu tariki 05 Gashyantare 2025 nyuma y’umunsi umwe gusa umutwe wa M23 utangiye agahenge ko koroshya ibikorwa by’ubutabazi.

Itangazo ryo gucyura aba basirikare, rigira riti “Perezida Chakwera yategetse Umugaba Mukuru wa MDF (Malawi Defense Force) gutangira imyiteguro yo gucyura abasirikare ba Malawi. Mu rwego rwo kubahiriza agahenge katangajwe n’impande zihangaye ndetse no korohereza ibiganiro bigamije kuzana amahoro.”

Ingabo za Malawi ni zimwe mu zigize iziri mu butumwa bwa SAMIDRC zihuriyemo n’iza Afurika y’Epfo zimaze iminsi zifatanya na FARDC mu rugamba iki gisirikare cya Leta ya Congo gihanganyemo n’umutwe wa M23.

Umuryango w’Ubukungu n’Iterambere ry’Ibihugu bya Afurika y’Amajyepfo (SADC) wohereje izi ngabo mu butumwa, umwaka ushize wari wafashe icyemezo cyo kuzongereye igihe.

Ingabo ziri mu butumwa bwa SADC zanenzwe ubu butumwa, aho bivugwa ko zagiye kubungabunga amahoro nyamara zikaba zifasha FARDC guhangana na M23, mu gihe imyanzuro yagiye ifatirwa mu nama ziga kuri ibi bibazo, yose isaba ko bikemurwa hakoreshejwe inzira z’ibiganiro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × one =

Previous Post

Hatangajwe umubare w’abo ku ruhande rwa FARDC baguye mu mirwano y’i Goma

Next Post

Icyemezo batewe n’ibyo babona nko guheezwa ku majyambere cyazamuye imvugo zibusanye hagati y’inzego

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
Icyemezo batewe n’ibyo babona nko guheezwa ku majyambere cyazamuye imvugo zibusanye hagati y’inzego

Icyemezo batewe n’ibyo babona nko guheezwa ku majyambere cyazamuye imvugo zibusanye hagati y’inzego

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.