Saturday, August 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Nyuma y’ibyo Trump yatangaje kuri Gaza, Israel yahise igenera ubutumwa bwihuse abahatuye bose

radiotv10by radiotv10
07/02/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Nyuma y’ibyo Trump yatangaje kuri Gaza, Israel yahise igenera ubutumwa bwihuse abahatuye bose
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ingabo wa Israel, yabwiye igisirikare cye gutangira gutegura uburyo bwo gufasha buri muturage wese wa Gaza ushaka kuva muri aka gace kuhava, mu rwego rwo gushyira mu bikorwa ibyifuzo bya Perezida wa America Donald Trump, ufite gahunda yo kwigarurira agace ka Gaza.

Ni nyuma yuko Donald Trump atangaje ko afite gahunda yo kwigarurira Gaza, ubundi Abanya-Palestina bahatuye barenga miliyoni 2,1, bakimukira ahandi.

Israel Katz, Minisitiri w’Ingabo wa Israel, yavuze ko Abanye-Gaza bafite uburenganzira bwo kuva muri Gaza bakimukira ahandi, kandi ko Ibihugu binenga intambara ya Israel na Hamas bifite inshingano zo kubakira.

Abinyujije kuri twitter, yagize ati “Ibihugu nka Espagne, Ireland, Norvege, n’ibindi, byashinje Israel ibirego bidafite ishingiro ku byakozwe i Gaza, bifite inshingano mu buryo bw’amategeko zo kwemera Abanye-Gaza bakinjira ku butaka bwabyo. Nibabyanga, Uburyarya bwabo buzaba bugaragaye.”

Ni mugihe Donald Trump, na we aherutse gutangaza ko Israel izaha America uburenganzira kuri Gaza, intambara nirangira.

Icyakora uwo mugambi wakomeje kwamaganirwa kure n’Ibihugu byo mu Burasirazuba bwo hagati, abafatanyabikorwa ba hafi ba Leta Zunze Ubumwe za America, ndetse n’Umuryango w’Abibumbye.

Bagaragaza impungenge ko amagambo ya Trump ashobora guhungabanya agahenge kari hagati ya Hamas na Israel, ndetse ubuyobozi bwa Palestine nabwo bwamaganiye kure uwo mugambi wa America, buvuga ko waba uhonyora amategeko mpuzamahanga, kandi bwemeza ko Palestine atari igicuruzwa, bityo itagurugishwa.

Tariki 04 Mutarama uyu mwaka, Umwami wa Yordaniya yatangaje ko atemera ikintu cyose cyagerageza kwigarurira ubutaka cyangwa kwimura Abanya-Palestina muri Gaza no mu burasirazuba bwa Jordan, mu gihe Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Misiri na we yashimangiye  ko gusana agace ka Gaza, bitashoboka hatabayeho ko abahatuye basohokamo.

Icyakora Minisitiri w’Intebe wa israel, Benjamin Netanyahu, yavuze ko Abanya-Gaza bashobora kugenda, babishaka bakazahagaruka nyuma, ariko Gaza igomba gusanywa.

Ibyo biri kuvugwa mu gihe n’ubundi hakomeje kwibazwa ahazaza ha Gaza nyuma y’intambara, aho Umuryango w’Abibumbye uvuga ko hafi 1/3 by’inyubako zo muri Gaza zasenyutse burundu, izindi zangiritse nyuma y’amezi 15 y’imirwano.

Gusana Gaza bisaba ko abayituyemo

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − four =

Previous Post

Ikindi Gihugu cyagiye gufasha FARDC cyavuze icyo kigiye gukora nyuma yuko hari icyemeje gucyura abasirikare

Next Post

Uzwi mu ruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda yagize ibyago nyuma y’umwaka agize ibindi byamusigiye agahinda

Related Posts

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

by radiotv10
08/08/2025
0

Rigathi Gachaguwa wari Visi Perezida wa Kenya, ubu akaba atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida William Ruto; yavuze ko uyu Mukuru...

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Eng.-AFC/M23 refutes UN accusations of involvement in civilian killings

by radiotv10
08/08/2025
0

AFC/M23 coalition has strongly rejected United Nations reports accusing it of playing a role in the deaths of many civilians...

Icyo Teta Sandra yakoze akirekurwa nyuma yo gufungirwa kugonga umugabo we Weasel

Icyo Teta Sandra yakoze akirekurwa nyuma yo gufungirwa kugonga umugabo we Weasel

by radiotv10
08/08/2025
0

Umunyarwandakazi Teta Sandra ufitanye abana n’Umuhanzi w’Umunya-Uganda Weasel, nyuma yo gufungurwa na Polisi ya Uganda; yahise ajya gusura umugabo we...

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yavuze kuri raporo ziyishinja ibyo yemeza ko ari ibinyoma inagaragaza ibibishimangira

by radiotv10
08/08/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 bwamaganiye kure raporo z’Umuryango w’Abibumbye ziyishinja kugira uruhare mu mpfu z’abasivile benshi muri Teritwari ya Rutshuru, ivuga...

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

by radiotv10
07/08/2025
0

Nyuma yuko bivuzwe ko umuhanzi w’Umunya-Uganda, Weasel ari mu Bitaro aho ari kuvurirwa imvune z’amaguru yombi bivugwa ko yagize nyuma...

IZIHERUKA

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako
MU RWANDA

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

by radiotv10
09/08/2025
0

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

09/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

09/08/2025
The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

09/08/2025
Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

09/08/2025
Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

08/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uzwi mu ruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda yagize ibyago nyuma y’umwaka agize ibindi byamusigiye agahinda

Uzwi mu ruganda rw'imyidagaduro mu Rwanda yagize ibyago nyuma y’umwaka agize ibindi byamusigiye agahinda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.