Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Nyuma y’ibyo Trump yatangaje kuri Gaza, Israel yahise igenera ubutumwa bwihuse abahatuye bose

radiotv10by radiotv10
07/02/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Nyuma y’ibyo Trump yatangaje kuri Gaza, Israel yahise igenera ubutumwa bwihuse abahatuye bose
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ingabo wa Israel, yabwiye igisirikare cye gutangira gutegura uburyo bwo gufasha buri muturage wese wa Gaza ushaka kuva muri aka gace kuhava, mu rwego rwo gushyira mu bikorwa ibyifuzo bya Perezida wa America Donald Trump, ufite gahunda yo kwigarurira agace ka Gaza.

Ni nyuma yuko Donald Trump atangaje ko afite gahunda yo kwigarurira Gaza, ubundi Abanya-Palestina bahatuye barenga miliyoni 2,1, bakimukira ahandi.

Israel Katz, Minisitiri w’Ingabo wa Israel, yavuze ko Abanye-Gaza bafite uburenganzira bwo kuva muri Gaza bakimukira ahandi, kandi ko Ibihugu binenga intambara ya Israel na Hamas bifite inshingano zo kubakira.

Abinyujije kuri twitter, yagize ati “Ibihugu nka Espagne, Ireland, Norvege, n’ibindi, byashinje Israel ibirego bidafite ishingiro ku byakozwe i Gaza, bifite inshingano mu buryo bw’amategeko zo kwemera Abanye-Gaza bakinjira ku butaka bwabyo. Nibabyanga, Uburyarya bwabo buzaba bugaragaye.”

Ni mugihe Donald Trump, na we aherutse gutangaza ko Israel izaha America uburenganzira kuri Gaza, intambara nirangira.

Icyakora uwo mugambi wakomeje kwamaganirwa kure n’Ibihugu byo mu Burasirazuba bwo hagati, abafatanyabikorwa ba hafi ba Leta Zunze Ubumwe za America, ndetse n’Umuryango w’Abibumbye.

Bagaragaza impungenge ko amagambo ya Trump ashobora guhungabanya agahenge kari hagati ya Hamas na Israel, ndetse ubuyobozi bwa Palestine nabwo bwamaganiye kure uwo mugambi wa America, buvuga ko waba uhonyora amategeko mpuzamahanga, kandi bwemeza ko Palestine atari igicuruzwa, bityo itagurugishwa.

Tariki 04 Mutarama uyu mwaka, Umwami wa Yordaniya yatangaje ko atemera ikintu cyose cyagerageza kwigarurira ubutaka cyangwa kwimura Abanya-Palestina muri Gaza no mu burasirazuba bwa Jordan, mu gihe Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Misiri na we yashimangiye  ko gusana agace ka Gaza, bitashoboka hatabayeho ko abahatuye basohokamo.

Icyakora Minisitiri w’Intebe wa israel, Benjamin Netanyahu, yavuze ko Abanya-Gaza bashobora kugenda, babishaka bakazahagaruka nyuma, ariko Gaza igomba gusanywa.

Ibyo biri kuvugwa mu gihe n’ubundi hakomeje kwibazwa ahazaza ha Gaza nyuma y’intambara, aho Umuryango w’Abibumbye uvuga ko hafi 1/3 by’inyubako zo muri Gaza zasenyutse burundu, izindi zangiritse nyuma y’amezi 15 y’imirwano.

Gusana Gaza bisaba ko abayituyemo

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 1 =

Previous Post

Ikindi Gihugu cyagiye gufasha FARDC cyavuze icyo kigiye gukora nyuma yuko hari icyemeje gucyura abasirikare

Next Post

Uzwi mu ruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda yagize ibyago nyuma y’umwaka agize ibindi byamusigiye agahinda

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uzwi mu ruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda yagize ibyago nyuma y’umwaka agize ibindi byamusigiye agahinda

Uzwi mu ruganda rw'imyidagaduro mu Rwanda yagize ibyago nyuma y’umwaka agize ibindi byamusigiye agahinda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.