Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya ku mpinduka zashyizwe mu misoro n’uko yongerewe

radiotv10by radiotv10
11/02/2025
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Iby’ingenzi wamenya ku mpinduka zashyizwe mu misoro n’uko yongerewe
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yagaragaje impinduka z’imwe mu misoro yongerewe, zirimo nko ku bikoresho byifashishwa mu kwisiga no kongera ubwiza byashyiriweho umusoro wa 15%, ndetse n’umusoro mbumbe ku mafaranga yinjizwa mu mikino y’amahirwe uzava kuri 13% ugere kuri 40%.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na Minisiteri y’Imari n’igenamigambi kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Gashyantare 2025, nyuma yuko Inama y’Abaminisitiri “yemeje imishinga y’amategeko n’amateka harimo ayerekeye imisoro n’amahoro mu rwego rwo kongera ubushobozi bw’Igihugu bwo gushyira mu bikorwa Gahunda y’Igihugu yo kwihutisha Iterambere (NST2).”

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa agaruka ku misoro yaganiriweho mu Nama y’Abaminisitiri, yavuze ko hari imisoro izongerwa, ndetse n’indi mishya izashyirwaho, bigamije gushyigikira gahunda yo kwihutisha Iterambere (NST2).

Itangazo rya Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, rivuga ko kongera iyi misoro no gushyiraho imishya bigamije; kongera umubare w’abasora n’imisoro yinjizwa mu kigega cya Leta hamwe no kunoza uburyo bwo gukusanya imisoro, kongera ubudahangarwa bw’ubukungu no guteza imbere ukwigira,korohereza abasora no kubafasha kugera ku nshingano zabo.

Guverinoma kandi yagaragaje zimwe mu mpinduka zizaba mu misoro, aho nk’umusoro ku bikoresho byifashishwa mu kwisiga, kwitera no kongera ubwiza, hashyizweho umusoro wa 15% ku bikoresho byifashishwa mu kwisiga, kwitera no kongera ubwiza.

Itangazo rya MINECOFIN rigira riti “Bimwe muri ibi bikoresho byifashishwa mu rwego rw’Ubuvuzi izakomeza gusonerwa kubufatanye na Ministeri y’Ubuzima.”

Naho umusoro ku Nyongeragaciro (VAT) ku bikoresho by’ikoranabuhanga (ICT equipments). Kuva mu mwaka wa 2012, ibi bikoresho byari bisonewe uyu musoro mu rego rwo guteza imbere ikoranabuhanga, ku bufatanye na Ministeri y’lkoranabuhanga ibikoresho by’ingenzi bizakomeza gusonerwa.

Guverinoma yavuze ko Umusoro mbumbe ku mafaranga yinjizwa mu mikino y’amahirwe (GGR), uzava kuri 13% ugere kuri 40%, hazanasoreshwa ibihembo bivuye kuri 15% ugere kuri 25%

Umusoro ku modoka z’imberabyombi (hybrid vehicle), Guverinoma yatangaje ko “Hagamijwe na none ko hatumizwa bene izi modoka zidakuze cyane, zizajya zisoreshwa umusoro ku byaguzwe mu buryo bunyuranye hagendewe ku myaka yazo. Iziri munsi y’imyaka 3 zizasora 5%, izo hagati y’imyaka 4 kugeza kuri 7 zizasora 10% mu gihe izifite kuva ku myaka 8 gusubiza hejuru zizasora 15%.”

Imodoka zikoresha amashanyarazi zizakomeza gusonerwa. Ibi bizatangira gukurikizwa mu mwaka w’lngengo y’lmari wa 2025/26.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − eight =

Previous Post

Hahishuwe impamvu z’urwitwazo z’abayobozi ba Congo zo kutitabira inama zirimo n’izo bihita byumvikana

Next Post

Itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda ziri muri Qatar mu rugendo-shuri rw’icyumweru

Related Posts

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu barokotse Jenoside batuye mu...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

IZIHERUKA

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…
MU RWANDA

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

09/04/2026
Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda ziri muri Qatar mu rugendo-shuri rw’icyumweru

Itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda ziri muri Qatar mu rugendo-shuri rw’icyumweru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.