Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Abanyekongo bari bahungiye mu Rwanda bavuye i Bukavu basubiranyeyo ubutumwa bafitiye M23

radiotv10by radiotv10
18/02/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Abanyekongo bari bahungiye mu Rwanda bavuye i Bukavu basubiranyeyo ubutumwa bafitiye M23
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyekongo bari bahungiye mu Rwanda bavuye mu Mujyi wa Bukavu wari umaze igihe warayogojwe n’ibikorwa by’urugomo bya FARDC n’imitwe nka FDLR na Wazalendo, baravuga ko batahutse nyuma yo kumva ko M23 yafashe uyu mujyi, bakaba banayishimira.

Aba Banyekongo basubiye muri uyu Mujyi wa Bukavu ufatwa nk’Umurwa Mukuru wa Kivu y’Epfo, nyuma y’iminsi micye ubohojwe n’umutwe wa M23 wiyemeje guhagarika ibikorwa bibi bya FARDC n’abambari bayo.

Mu mpera z’icyumweru gishize, ni bwo uyu mutwe wa M23 wemeje ko wafashe uyu Mujyi wa Bukavu, nyuma yuko abasirikare ba FARDC, Ingabo z’Abarundi ndetse n’imitwe nka FDRL na Wazalendo, bari bamaze igihe bakorera urugomo abawutuye, bawuvuyemo biruka.

Uyu mutwe wa M23 watangaje ko ku Cyumweru tariki 16 Gashyantare 2025, abarwanyi bawo baramukiye mu gikorwa cyo gusukura, ngo hagarurwe umutekano mu buryo busesuye, bityo n’abaturage bari bawuhunze babashe gukora imirimo yabo ntacyo bikanga.

Ibi byatumye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 17 Gashyantare 2025, Abanyekongo bari bahungiye mu Rwanda bavuye muri uyu mujyi wa Bukavu batahuka.

Bamwe mu baganiriye n’itangazamakuru, bavuze ko bahisemo gutahuka nyuma yo kumva ko umutwe wa M23 wafashe uyu mujyi kandi bazi ko uyu mutwe uharanira ukwishyira ukizana kw’abaturage, kandi bakaba barumvise ko aho ufashe hose, amahoro ahinda.

Nsimire Mweze yagize ati “Dusubiye iwacu kuko twumvise ko M23 yirukanye abatezaga umutekano mucye, barimo FARDC, Wazalendo, na FDLR.”

Uyu muturage avuga kandi ko ubwo bari FARDC n’abayifasha bari bakiri mu Mujyi wa Bukavu, batagohekaga, kuko babahozaga ku nkeke, babakorera ibikorwa by’urugomo birimo n’ubujura.

Yanashimiye inzego z’umutekano zabafashije gutaha ndetse zikaba zabanje no kubagaburira, kuko bari bamaze igihe batikora ku munwa.

Aba baturage bavuga kandi ko ubwo bageraga mu Rwanda ubwo bahungaga, bakiranywe urugwiro n’inzego z’u Rwanda, kuva bagikandagira i Bugarama mu Karere ka Rusizi.

Uwitwa Mangaza Safi, yagize ati “Inzego z’umutekano zadukuye ku mupaka wa Bugarama, tuvuye mu Kamanyola, zitugeza kuri gasutamo ya Rusizi ya mbere.”

Umutwe wa M23 nyuma yo kubohoza umujyi wa Goma, wahamagariye abandi bose batabona ibintu kimwe n’ubutegetsi buriho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yaba ari abarwanyi ndetse n’abanyapolitiki kubiyungaho kugira ngo barandure akarengane n’ubutegetsi bubi biri mu Gihugu cyabo.

Basubiranyeyo akanyamuneza nubwo bavuyeyo barira
Bavuga ko FARDC n’abambari bayo babahozaga ku nkeke

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × one =

Previous Post

Heated exchange in Munich! The EU is groggy! What about Africa?

Next Post

Ibidasanzwe byagaragaye ubwo habaga mpanuka iteye ubwoba y’indege yaguye igaramye muri Canada

Related Posts

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Hakomeje kongerwa abasirikare benshi b’Igihugu cy’u Burundi n’intwaro za rutura ku mupaka wacyo n’u Rwanda, byumwihariko mu gace ka Gasenyi-Nemba...

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

by radiotv10
15/12/2025
0

Abanyekongo bahungiye i Bujumbura mu Burundi n’abari bagiyeyo ku bw’impamvu zinyuranye mbere yuko Umujyi wa Uvira ufatwa na AFC/M23, baravuga...

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Imodoka yo mu bwoko bwa Bisi ya sosiyete itwara abagenzi ya Trinity Express yavaga i Kampala muri Uganda yerecyeza i...

Amakuru mpamo aturuka mu biboneye abasirikare benshi b’u Burundi berecyeza muri Congo

Eng.-Burundian troops and heavy weapons have been deployed along the country’s border with Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Reports indicate that Burundi continues to reinforce its border with Rwanda by deploying large numbers of troops and heavy weapons,...

Perezida w’Igihugu gifashwa n’Ingabo z’u Rwanda mu mutekano yavuze impamvu akwiye kongera gutorwa

Perezida w’Igihugu gifashwa n’Ingabo z’u Rwanda mu mutekano yavuze impamvu akwiye kongera gutorwa

by radiotv10
15/12/2025
0

Mu bikorwa byo kwiyamamariza indi manda, Perezida w’Igihugu cya Repubulika ya Centrafrique gisanzwe kirimo Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa...

IZIHERUKA

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge
MU RWANDA

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibidasanzwe byagaragaye ubwo habaga mpanuka iteye ubwoba y’indege yaguye igaramye muri Canada

Ibidasanzwe byagaragaye ubwo habaga mpanuka iteye ubwoba y’indege yaguye igaramye muri Canada

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.