• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Abanyekongo bari bahungiye mu Rwanda bavuye i Bukavu basubiranyeyo ubutumwa bafitiye M23

radiotv10by radiotv10
18/02/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Abanyekongo bari bahungiye mu Rwanda bavuye i Bukavu basubiranyeyo ubutumwa bafitiye M23
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyekongo bari bahungiye mu Rwanda bavuye mu Mujyi wa Bukavu wari umaze igihe warayogojwe n’ibikorwa by’urugomo bya FARDC n’imitwe nka FDLR na Wazalendo, baravuga ko batahutse nyuma yo kumva ko M23 yafashe uyu mujyi, bakaba banayishimira.

Aba Banyekongo basubiye muri uyu Mujyi wa Bukavu ufatwa nk’Umurwa Mukuru wa Kivu y’Epfo, nyuma y’iminsi micye ubohojwe n’umutwe wa M23 wiyemeje guhagarika ibikorwa bibi bya FARDC n’abambari bayo.

Mu mpera z’icyumweru gishize, ni bwo uyu mutwe wa M23 wemeje ko wafashe uyu Mujyi wa Bukavu, nyuma yuko abasirikare ba FARDC, Ingabo z’Abarundi ndetse n’imitwe nka FDRL na Wazalendo, bari bamaze igihe bakorera urugomo abawutuye, bawuvuyemo biruka.

Uyu mutwe wa M23 watangaje ko ku Cyumweru tariki 16 Gashyantare 2025, abarwanyi bawo baramukiye mu gikorwa cyo gusukura, ngo hagarurwe umutekano mu buryo busesuye, bityo n’abaturage bari bawuhunze babashe gukora imirimo yabo ntacyo bikanga.

Ibi byatumye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 17 Gashyantare 2025, Abanyekongo bari bahungiye mu Rwanda bavuye muri uyu mujyi wa Bukavu batahuka.

Bamwe mu baganiriye n’itangazamakuru, bavuze ko bahisemo gutahuka nyuma yo kumva ko umutwe wa M23 wafashe uyu mujyi kandi bazi ko uyu mutwe uharanira ukwishyira ukizana kw’abaturage, kandi bakaba barumvise ko aho ufashe hose, amahoro ahinda.

Nsimire Mweze yagize ati “Dusubiye iwacu kuko twumvise ko M23 yirukanye abatezaga umutekano mucye, barimo FARDC, Wazalendo, na FDLR.”

Uyu muturage avuga kandi ko ubwo bari FARDC n’abayifasha bari bakiri mu Mujyi wa Bukavu, batagohekaga, kuko babahozaga ku nkeke, babakorera ibikorwa by’urugomo birimo n’ubujura.

Yanashimiye inzego z’umutekano zabafashije gutaha ndetse zikaba zabanje no kubagaburira, kuko bari bamaze igihe batikora ku munwa.

Aba baturage bavuga kandi ko ubwo bageraga mu Rwanda ubwo bahungaga, bakiranywe urugwiro n’inzego z’u Rwanda, kuva bagikandagira i Bugarama mu Karere ka Rusizi.

Uwitwa Mangaza Safi, yagize ati “Inzego z’umutekano zadukuye ku mupaka wa Bugarama, tuvuye mu Kamanyola, zitugeza kuri gasutamo ya Rusizi ya mbere.”

Umutwe wa M23 nyuma yo kubohoza umujyi wa Goma, wahamagariye abandi bose batabona ibintu kimwe n’ubutegetsi buriho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yaba ari abarwanyi ndetse n’abanyapolitiki kubiyungaho kugira ngo barandure akarengane n’ubutegetsi bubi biri mu Gihugu cyabo.

Basubiranyeyo akanyamuneza nubwo bavuyeyo barira
Bavuga ko FARDC n’abambari bayo babahozaga ku nkeke

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + one =

Previous Post

Heated exchange in Munich! The EU is groggy! What about Africa?

Next Post

Ibidasanzwe byagaragaye ubwo habaga mpanuka iteye ubwoba y’indege yaguye igaramye muri Canada

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Ibidasanzwe byagaragaye ubwo habaga mpanuka iteye ubwoba y’indege yaguye igaramye muri Canada

Ibidasanzwe byagaragaye ubwo habaga mpanuka iteye ubwoba y’indege yaguye igaramye muri Canada

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.