• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibidasanzwe byagaragaye ubwo habaga mpanuka iteye ubwoba y’indege yaguye igaramye muri Canada

radiotv10by radiotv10
18/02/2025
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Ibidasanzwe byagaragaye ubwo habaga mpanuka iteye ubwoba y’indege yaguye igaramye muri Canada
Share on FacebookShare on Twitter

Ku Kibuga cy’Indege cy’i Toronto muri Canada, habereye impanuka y’indege ya Delta Air Lines, yaguye igaramye igatangira no gushya, ariko Imana igakinga akaboko, abari bayirimo bose bavamo ari bazima.

Ni impanuka yabaye mu masaha y’igicamunsi ahagana saa munani mu masaha yo muri Canada, akaba yari mu masaha y’ijoro mu ma saa tatu mu masaha yo mu Rwanda.

Amashusho akomeje kugaragara ku mbuga nkoranyambaga, yerekana iyi ndege yaguye igaramye ku Kibuga cy’Indege cy’i Toronto (Toronto Pearson International Airport), itangiye gushya, za kizimyamoto zigahita zivubura amazi n’ibifuro byo kuzimya inkongi.

Muri aya mashusho, kandi hagaragara abantu basohoka muri iyi ndege biruka, kugira ngo bakize amagara yabo, ndetse abari bayirimo bose bagera muri 80 bakaba bavuyemo ari bazima uretse abakomeretse.

Umwe mu bagenzi bari muri iyi ndege, wafashe amashusho ubwo yakoraga iyi mpanuka, yagize ati “Turi muri Toronto, Indege yacu yakoze impanuka, iragaramye. Itsinda ry’abashinzwe kuzimya ryatabaye riri hanze.”

Uyu mugenzi, muri aya mashusho yifashe, yakomeje agira ati “Uko bigaragara abantu benshi bameze neza. Turi gusohoka.”

Nubwo iyi mpanuka yari iteye ubwoba, ariko abantu 80 bari bayirimo barimo abagenzi n’abakozi b’iyi sosiyeye y’indege, bavuyemo ari bazima, uretse abantu 15 bakomeretse nk’uko byataranywe na Polisi ya Peel yabitangarije ikinyamakuru The Sun.

Muri aba bakomereye, babiri bajyanywe mu bitaro byo kubitaho ku bw’ibibazo byo mu mutwe batewe n’iyi mpanuka, mu gihe umwana umwe yajyanywe mu Bitaro by’abana.

Nubwo aba bagizweho ingaruka n’iyi mpanuka bakomeretse cyane, bivugwa ko nta n’umwe bigaragara ko ashobora kuhatakariza ubuzima.

Kompanyi ya Delta Air Lines, yatangajwe ko yababajwe n’iyi mpanuka yabaye kuri imwe mu ndege zayo.

Mu itangazo yashyize hanze, yagize iti “Delta yamenye amakuru ko indege yakoraga urugendo rwa 4819 yavaga Minneapolis/St. Paul yerecyeza Toronto-Pearson International Airport, yagize impanuka.”

Iyi kompanyi yatangaje ko iri gukora ibishoboka kugira ngo itangaze amakuru arambuye kuri iyi mpanuka, kandi ko mu gihe cya vuba aza gushyirwa ku rubuga rwayo.

Ikigo cy’Abanyamerika gishinzwe iby’indege Federal Aviation Administration, cyasabye ko ibikorwa byose bifunga kuri Toronto Pearson International Airport, kugira ngo habanze hakorwe iperereza ku cyateye iyi mpanuka.

Ikigo cy’Abanyamerika gishinzwe umutekano w’Indege (National Transportation Safety Board) kiri gukorana n’icyo muri Canada Transportation Safety Board mu gukora iperereza ku cyateye iyi mpanuka.

Abagenzi bose bavuyemo amahoro
Yari impanuka iteye ubwoba

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 18 =

Previous Post

Abanyekongo bari bahungiye mu Rwanda bavuye i Bukavu basubiranyeyo ubutumwa bafitiye M23

Next Post

Kamonyi: Hazamuwe dosiye y’Umuyobozi mu z’ibanze ari mu maboko ya RIB

Related Posts

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

by radiotv10
30/05/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America na Iran byageze ku bwumvikane bwo kongera igihe cy’agahenge kari hagati y’impande zombi ndetse no...

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

by radiotv10
29/05/2026
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ryatangaje ko umubare w’abamaze kwandura Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bageze kuri...

Next Post
Umuyobozi muri RCA yafatiwe mu cyuho yakira ruswa ya 100.000Frw we yitaga ‘agashimwe’

Kamonyi: Hazamuwe dosiye y’Umuyobozi mu z’ibanze ari mu maboko ya RIB

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.