Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Avugwa muri Rayon nyuma yo kwicarana na Skol n’icyari cyatumye hafungwa ikibuga ikoreraho imyitozo

radiotv10by radiotv10
21/02/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Avugwa muri Rayon nyuma yo kwicarana na Skol n’icyari cyatumye hafungwa ikibuga ikoreraho imyitozo
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yo kwicarana ku meza y’ibiganiro hagati y’Ubuyobozi bwa Rayon Sports n’umufatanyabikorwa wayo, Skol Brewery Limited, iyi kipe yemerewe kongera gukorera imyitozo mu Nzove, ndetse ihita iyisubukura idafite kapiteni wayo Muhire Kevin.

Rayon Sports iri ku mwanya wa mbere ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona, ntiyari yakoze imyitozo ku wa Gatatu tariki 19 Gashyantare 2025 kubera kutumvikana n’umufatanyabikorwa wayo Skol Brewery Limited byatumye ifunga ikibuga iyi kipe isanzwe ikoreraho imyitozo.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 20 Gashyantare 2025, Umuyobozi wa Rayon Sports Thadée Twagirayezu yabwiye RADIOTV10 ko intandaro y’uku kutumvikana ari iyo kuba hari ibyo Skol Brewery Limited yashinjaga Rayon Sports birimo kutubahiriza amasezerano impande zombi zifitanye.

Gusa ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane, habaye inama yahuje Komite nyobozi ya Rayon Sports n’ubuyobozi bw’uru ruganda rwenga ibinyobwa bwari buhagarariwe n’umuyobozi mukuru Eric Gilson.

Iyi nama y’ubwiyunge yanzuye ko Rayon Sports yongera gukorera imyitozo ku kibuga yubakiwe na Skol kiri mu Karere ka Nyarugenge, Umurenge wa Kanyinya mu Kagari ka Nzove.

Imyitozo yasubukuwe, yayobowe n’umutoza wa Rayon Sports Roberto Oliveira Gonçalves do Carmo bita Robertinho, yitabirwa n’abakinnyi barimo Roger Kanamugire wari umaze ibyumweru bibiri adakina kubera imvune.

Gusa Kapiteni w’iyi kipe Kevin Muhire we ntiyari kumwe na bagenzi be kuko yahawe icyumweru cyo kwivuza imvune yo mu itako yagiriye mu mukino w’igikombe cy’Amahoro Rayon Sports yatsinzemo Rutsiro FC ku wa Kabiri w’iki Cyumweru.

Rayon Sports irahaguruka i Kigali mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Gashyantare 2025, ijye mu Karere ka Huye aho izakorera imyitozo ya nyuma mbere yo guhura n’Amagaju FC mu mukino w’umunsi wa 18 wa Shampiyona uteganyijwe kuwa Gatandatu tariki 22 Gashyantare 2025, Saa 17h00 kuri Stade Huye.

Ubuyobozi bwa Rayon n’ubwa Skol bicaye ku meza y’ibiganiro bacoca ibibazo
Habayeho ubwiyunge
Rayon yahise yemererwa gukomeza gukorera imyitozo mu Nzove

Roben NGABO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × five =

Previous Post

Beatha wamamaye mu ndirimbo ‘Azabatsinda Kagame’ yasezeranye mu birori nogerajisho (AMAFOTO)

Next Post

Ibisobanuro by’urwiyeruruto by’umusore ukekwaho gusambanya umwana w’imyaka itatu

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugabo wamaze imyaka 15 afungiye Jenoside ubu akurikiranyweho kwica umugore we

Ibisobanuro by’urwiyeruruto by’umusore ukekwaho gusambanya umwana w’imyaka itatu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.