Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya impamvu zatumye u Rwanda rutumiza Ambasaderi wa Canada

radiotv10by radiotv10
05/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Menya impamvu zatumye u Rwanda rutumiza Ambasaderi wa Canada
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yagaragaje impamvu zatumye itumiza Ambasaderi wa Canada mu Rwanda, kugira ngo ziganirweho n’impande zombi, zirimo kuba Canada Ishinja Nkana u Rwanda ibirego by’ibinyoma ko rugira uruhare mu marorerwa abera mu burasirazuba bwa DRC.

Ni nyuma yuko Guverinoma ya Canada na yo ifashe ingamba z’ibihano ku Rwanda irushinja kugira uruhare mu bibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Guverinoma y’u Rwanda kandi yari yanahise ishyira hanze itangazo, rivuga kuri izi ngamba, aho yavuze ko ibyo Canada yashinje u Rwanda ari icyasha kidashobora kwihanganirwa.

Muri iri tangazo rya Guverinoma y’u Rwanda ryagiye hanze mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 04 Werurwe 2025, yari yavuze ko ikeneye ibisobanuro kuri ibyo birego by’ibinyoma no guharabika iki Gihugu.

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri kandi, Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane y’u Rwanda, yashyize hanze itangazo rigaragaza ko yatumije Ambasaderi wa Canada mu Rwanda kugira ngo haganirwe ku byatangajwe n’Igihugu cye.

Iri tangazo rivuga ko “Nyuma yuko itangazo rya Canada rishinja u Rwanda kugira uruhare mu makimbirane ari mu burasirazuba bwa DRC, Minisiteri y’Ububanyu n’Amahanga uyu munsi yatumije Ambasaderi wa Canada.”

Guverinoma y’u Rwanda ikomeza igaragaza ingingo zazamuwe zatumye hafatwa iki cyemezo cyo guhamagaza Ambasaderi wa Canada mu Rwanda, zirimo kuba “Canada yashinje ibigambiriye u Rwanda amarorerwa abera mu burasirazuba bwa DRC, mu gihe ibyo byaha bikorwa ku manywa y’ihangu na FARDC ndetse n’imitwe ya Guverinoma ya Congo.”

U Rwanda ruvuga kandi ko Canada yirengagije impungenge rutahwemye kugaragaza z’umutekano warwo, ndetse iki Gihugu kikaba cyakingiye ikibaba ubutegetetsi bwa Congo Kinshasa n’abambari bayo barimo umutwe w’abajenosideri wa FDLR mu bikorwa bihonyora uburenganzira bwa muntu biri bukorerwa Abanyekongo b’Abatutsi mu Kivu ya Ruguru, iy’Epfo, ndetse no muri Ituri.

U Rwanda ruvuga ko rudashobora kugira icyo rugurana intego zarwo rwiyemeje zo kurinda abaturage, ndetse no gusigasira umutekano w’Igihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × five =

Previous Post

Ukraine yavuze uko igiye kwitwara nyuma yuko America iyihagarikiye inkunga ya Gisirikare

Next Post

Mu buryo butunguranye igitaramo cyari gitegerejwe mu Rwanda cyasubitswe kibura iminsi micye

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu buryo butunguranye igitaramo cyari gitegerejwe mu Rwanda cyasubitswe kibura iminsi micye

Mu buryo butunguranye igitaramo cyari gitegerejwe mu Rwanda cyasubitswe kibura iminsi micye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.