• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibiro bya Tshisekedi wavuze ko adateze kuganira na M23 byagize icyo bivuga ku byatangajwe

radiotv10by radiotv10
12/03/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ibintu biri kurushaho kuba bibi- Perezida Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi w’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ntiyemeye cyangwa ngo ahakane ibyatangajwe na Angola ko ubutegetsi bw’iki Gihugu (DRC) bugiye kugirana ibiganiro n’umutwe wa M23.

Mu bihe binyuranye, Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yavuze ko igihe cyose azaba akiri Umukuru w’iki Gihugu, adateze kwemera ko Guverinoma ye igirana ibiganiro n’umutwe wa M23.

Kuri uyu wa Mbere tariki 11 Werurwe 2025, Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Angola wahawe inshingano z’ubuhuza mu bibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, byatangaje ko mu gihe cya vuba, Perezida w’iki Gihugu azatangiza ibiganiro bizahuza ubutegetsi bwa Congo n’umutwe wa M23.

Perezidansi ya Angola, ivuga ko ibi biganiro by’imishyikirano, bigamije gushaka amahoro mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Tina Salama, Umuvugizi w’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, ntiyavuze byinshi niba ubutegetsi bw’iki Gihugu bwashyize bukemera ibiganiro.

Yagize ati “Ibiganiro na M23: Twamenye kandi dutegereje kureba ishyirwa mu bikorwa ry’uru rugendo rw’ubuhuza bwa Angola.”

Uyu Muvugizi wa Tshisekedi yakomeje avuga ko hari hasanzwe hariho ibiganiro by’i Nairobi.

Ni mu gihe mu biganiro by’i Nairobi byagombaga gutumirwamo imitwe yose yitwaje intwaro y’Abanyekongo iri mu burasirazuba bwa DRC, byakumiriwemo uyu mutwe wa M23.

Ibi biganiro bishya by’i Luanda bizayoborwa na Angola hagati ya DRC na M23, byatangajwe nyuma yuko Perezida Tshisekedi agiriye uruzinduka i Luanda muri Angola akanahura na mugenzi we João Manuel Gonçalves Lourenço.

Nyuma y’ibi biganiro, Umuvugizi wa Perezidansi ya Congo, Tina Salama na bwo yari yavuze ko “Angola yatangaje ko igiye gutangiza urugendo rw’ubuhuza.”

Ni ibiganiro byatangajwe mu gihe umutwe wa M23 ukomeje kwigarurira ibice binyuranye mu burasirazuba bwa DRC, aho ndetse na wo wakunze kuvuga kenshi ko udateze gutuza igihe cyose ubutegetsi bwa Congo butemeye ko bicarana ku meza y’ibiganiro, bukemera gushyira mu bikorwa ibyifuzo byawo, bukanahagarika ibikorwa byo kubangamira bamwe mu Banyekongo byumwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × two =

Previous Post

Perezida Kagame yavuze icyo yabwira Tshisekedi baramutse bahuye imbonankubone

Next Post

Havuzwe amayeri y’uwafatanywe magendu y’inzoga zihenze zifite agaciro k’asaga miliyoni 4Frw

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Havuzwe amayeri y’uwafatanywe magendu y’inzoga zihenze zifite agaciro k’asaga miliyoni 4Frw

Havuzwe amayeri y’uwafatanywe magendu y’inzoga zihenze zifite agaciro k’asaga miliyoni 4Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.