Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Min.Nduhungirehe yakomoje ku mvano y’ihagarikwa ry’ubutumwa bw’Ingabo za SADC muri Congo

radiotv10by radiotv10
14/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibyo Minisitiri wo mu Bwongereza yavuze ku wo mu Rwanda byatumye hasabwa ibisobanuro
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko ihagarikwa ry’ubutumwa bw’Ingabo za SADC muri DRC, rifite umuzi ku bushishozi budahagije bw’ubutegetsi bw’iki Gihugu bwaziyambaje ngo zisimbure iza EAC kuko zitakoraga ibyo bwifuzaga.

Inama idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango w’Ubukungu wa Afurika y’Amajyepfo (SADC) yabaye kuri uyu wa Kane tariki 13 Werurwe 2025 yanzuye ko ihagaritse burundu ubutumwa bw’Ingabo zawo bwiswe SAMIDRC zari zoherejwemo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Iyi Nteko y’Abakuru b’Ibihugu kandi yahise itegeka ko izi ngabo zitangira gutaha mu Bihugu byazo, aho Ibihugu byari byohereje ingabo, ari Afurika y’Epfo, Malawi na Tanzania.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungire, mu butumwa yatanze kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Werurwe nyuma yuko hafashwe iki cyemezo, yagaragaje n’ubundi izi ngabo zari zagiye mu butumwa budakwiye.

Yagize ati “Ubutumwa bwa SADC (SAMIDRC) ntabwo bwari ubwo kubungabunga amahoro mu burasirazuba bwa DRC. Ahubwo bwari bushingiye ku cyemezo gihutiweho cy’umujinya, cyo gusimbura izari zagiye mu butumwa bwo gucunga amahoro z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EACRF).”

Amb. Olivier Nduhungirehe, yibukije ko iki cyemezo cyafashwe mu mpera za 2023 na Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, “Félix Tshisekedi wirukanye izi ngabo za EAC- EACRF, azihoye gusa kuba zari ziri kubungabunga amahoro no gushyira mu bikorwa agahenge ko guhagarika imirwano kari kemejwe, aho gufasha igisirikare cye FARDC guhangana na M23, nk’uko yabyifuzaga.”

Ni mu gihe kandi izi ngabo zari mu butumwa bwa EACRF zari ziri gushyira mu bikorwa ibyemezo by’ibiganiro by’i Nairobi, kandi ko zashyize mu bikorwa inshingano zazo mu gihe cy’amezi atandatu uhereye muri Werurwe 2023 aho umutwe wa M23 wari warekuye 80% by’ibice yari yafashe.

Amb. Nduhungirehe ati “Nk’uko Perezida Tshisekedi yari yirukanye M23 mu biganiro by’i Nairobi, yanabangamiye ananyuranya n’ibiganiro bya EAC by’i Nairobi.”

Umuryango wa SADC wafashe iki cyemezo cyo kurangiza ubu butumwa bw’ingabo zawo zarimo muri Congo nyuma yuko Umuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo mu burasirazuba bwa DRC, Angola atangaje ko noneho ubutegetsi bw’iki Gihugu bwemeye kwicarana ku meza y’ibiganiro n’umutwe wa M23 kandi bikazatangira mu cyumweru gitaha tariki 18 Werurwe 2025.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − 3 =

Previous Post

Nyuma y’impanuka ikomeye y’imwe mu modoka zitwara abagenzi Polisi yahise iganiriza Abashoferi bazo

Next Post

Habaye indi mpanuka y’imodoka ya bisi

Related Posts

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

by radiotv10
08/05/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gukora ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina, aravugwaho...

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

by radiotv10
08/05/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’umukunzi w’ikipe ya Arsenal, ndetse n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, bakurikiye umukino...

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

by radiotv10
08/05/2025
0

Umwe mu bakoresha urubuga nkoranyambaga rwa X yanditseho ubutumwa asaba Polisi y’u Rwanda kumujyana mu Kigo Ngororamuco cy’Iwawa ngo kuko...

Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

by radiotv10
08/05/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, ntibakozwa iby’amafaranga yasabwe buri rugo yo kugura imodoka...

IZIHERUKA

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa
MU RWANDA

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

08/05/2025
IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

08/05/2025
Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

08/05/2025
Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

08/05/2025
Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

08/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Habaye indi mpanuka y’imodoka ya bisi

Habaye indi mpanuka y’imodoka ya bisi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.