Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Bavuze ibitabashimisha bituma hari abajya ku Kagari bagasanga katakiri aho gasanzwe

radiotv10by radiotv10
17/03/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Rubavu: Bavuze ibitabashimisha bituma hari abajya ku Kagari bagasanga katakiri aho gasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Kagari ka Kinigi mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, bavuga ko barambiwe kutagira Ibiro by’Akagari bituma bihora byimuka, bigatuma hari abajya kwaka serivisi aho basanzwe bazi ko Ubuyobozi bw’Akagari bukorera bagasanga bwarimutse.

Aba baturage bavuga ko kuva hajyaho politiki y’inzego za Leta zegereye abaturage nk’Utugari n’Imirenge batigeze bagira amahirwe yo kubona Ibiro by’Akagari kabo, bityo ngo aka kagari kagahora gahindura aho gakorera.

Bizimana ati “Inaha nta Kagari kabayo. Ni uguhora kimuka kuko kuva na cyera, n’aho kabaga barahasenye ariko naho byari ugukodesha.”

Ingabire Maria na we ati “Gahora kimukamuka rwose nta cyicaro kagira kandi kamaze imyaka myinshi nta gihe kigeze kubaho na rimwe.”

Bavuga ko kuba Ubuyobozi bwabo budafite ibiro byabwo bihoraho, bibagira ingaruka, kandi ko batahwemye kugaragaza iki kibazo ariko bakaba babona ntagikorwa.

Sibomana Balthazar ati “Dufite ingaruka nyinshi cyane kuko nk’igihe cy’inama ni ukwicara hanze imvura yagwa ubwo tukabura aho twerekeza, rwose guhora tujarajara ni ibintu biturambiye kandi hari n’ubwo umuntu aza gushaka serivisi agasanga Akagari karimutse.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper avuga ko abaturage bo muri aka Kagari ka Kinigi bazubakirwa ibiro by’Akagari ariko ko butatangaza igihe ibyo bizakorerwa kuko bigenda bishyirwa mu ngengo z’imari zitandukanye bitewe n’uko ubushobozi bubonetse.

Ati “Na bo bafite uburenganzira nk’abandi, gusa icyo dukora ni uko mu gihe tutarabubakira bakodesherezwa Ibiro ariko nabizeza ko na bo bari mu bazubakirwa ariko tukabanza kureba n’ubushobozi bwabo kuko iyo bikunze n’abaturage bakabigiramo uruhare biradufasha cyane bikihuta.”

Uyu muyobozi avuga kandi ko atari abaturage b’Akagari ka Kinigi bafite iki kibazo bonyine, kuko hari n’abandi badafite ibiro by’Uturagi, ariko ko ubuyobozi w’Akarere bubafasha kubakodeshereza ibiro byo gukorera.

Bavuga ko kuba Ibiro by’Akagari kabo bihora byimuka, hari ingaruka bibazanira

Barifuza kugira Ibiro byabo aho guhora bakodesherezwa

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Comments 1

  1. ka says:
    3 months ago

    kandi nibyo akagari kagomba kugura aho gakorera hazwi. musanze ifite ubushobozi bwo kubona ibiro bikwiye. murakoze
    nkunda abaturage baharanira uburenganzira bwabo ku guhabwa serivisi nziza.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 4 =

Previous Post

Abanyamadini bagejeje kuri Perezida Kagame icyifuzo ku ngamba ziherutse gufatirwa insengero

Next Post

U Rwanda rwemeje ko rwitabiriye ibiganiro byiga ku muti w’ibibazo bya Congo

Related Posts

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

by radiotv10
30/06/2025
0

The Government of Rwanda says it is optimistic about the new peace agreement recently signed with the Democratic Republic of...

IZIHERUKA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda
AMAHANGA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

U Rwanda rwemeje ko rwitabiriye ibiganiro byiga ku muti w’ibibazo bya Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.