• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Burundi: Abarimo abapolisi babiri barafunzwe kubera ibyo batangaje ku ntambara ya FARDC na M23

radiotv10by radiotv10
08/04/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Burundi: Abarimo abapolisi babiri barafunzwe kubera ibyo batangaje ku ntambara ya FARDC na M23
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu bane bo mu muryango umwe, barimo Abapolisi babiri n’Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Burundi, batawe muri yombi kubera ubutumwa batambukije muri group ya WhatsApp y’umuryango wabo, bwerekeye intambara yo muri DRC, aho bashimagizaga umutwe wa M23.

Ikinyamakuru SOS Médias Burundi dukesha aya makuru, cyatangaje ko aba bantu bane bafungiye muri Gereza ya Mpimba iherereye mu mujyi wa Bujumbura.

Ubu butumwa bwanakorewe isuzumwa n’abayobozi bakuru mu Burundi, bivugwa ko aba bantu bariho bashimagiza ubutwari bw’umutwe wa M23 umaze igihe uhanganye n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ni mu gihe bizwi ko ubutegetsi bw’u Burundi bushyigikiye ubwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri iyi ntambara, aho bivugwa ko bwohereje abasirikare ibihumbi 10 bagiye gufasha FARDC muri uru rugamba bahanganyemo na M23.

SOS Médias Burundi ivuga ko muri aba bantu bane batawe muri yombi, barimo Abapolisi babiri, barimo Kévin Nishimwe ufite ipeti rya Lieutenant wo mu gace ka Budaketwa mu Karere ka Mabanda mu Ntara ya Makamba y’Amajyepfo, watawe muri yombi tariki 13 Werurwe 2025.

Harimo kandi Albert Ndayisaba, ufite ipeti rya Sous Lieutenant wo mu gace ka Maramvya mu Karere ka Burambi mu Ntara ya Rumonge watawe muri yombi tariki 23 Werurwe 2025.

Hatawe muri yombi kandi uwitwa Manassé Nizigiyimana, umwe mu bagize Umuryango ‘SWAA Burundi’ ufite ikigo gitanga serivisi zo gupima Virusi Itera SIDA, wo mu gace ka Budaketwa, we watawe muri yombi tariki 02 Werurwe 2025.

Nanone kandi hatawe muri yombi Jérémie Manirakiza, usanzwe ari Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Burundi (FFB), we watawe muri yombi tariki 27 Werurwe 2025, ubwo yafatirwaga ku Kibuga cy’Indege cya Melchior Ndadaye International Airport ubwo yari avuye mu butumwa muri Morocco.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × five =

Previous Post

Kigali: Umukozi wo mu rugo akurikiranyweho gutangaza amagambo akomeretsa yumvikanamo ingengabitekerezo ya Jenoside

Next Post

Uko byagenze ngo Ambasaderi wa Israel asohorwe ahaberaga umuhango wo Kwibuka muri Ethiopia

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
Uko byagenze ngo Ambasaderi wa Israel asohorwe ahaberaga umuhango wo Kwibuka muri Ethiopia

Uko byagenze ngo Ambasaderi wa Israel asohorwe ahaberaga umuhango wo Kwibuka muri Ethiopia

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.