Tuesday, July 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Burundi: Abarimo abapolisi babiri barafunzwe kubera ibyo batangaje ku ntambara ya FARDC na M23

radiotv10by radiotv10
08/04/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Burundi: Abarimo abapolisi babiri barafunzwe kubera ibyo batangaje ku ntambara ya FARDC na M23
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu bane bo mu muryango umwe, barimo Abapolisi babiri n’Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Burundi, batawe muri yombi kubera ubutumwa batambukije muri group ya WhatsApp y’umuryango wabo, bwerekeye intambara yo muri DRC, aho bashimagizaga umutwe wa M23.

Ikinyamakuru SOS Médias Burundi dukesha aya makuru, cyatangaje ko aba bantu bane bafungiye muri Gereza ya Mpimba iherereye mu mujyi wa Bujumbura.

Ubu butumwa bwanakorewe isuzumwa n’abayobozi bakuru mu Burundi, bivugwa ko aba bantu bariho bashimagiza ubutwari bw’umutwe wa M23 umaze igihe uhanganye n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ni mu gihe bizwi ko ubutegetsi bw’u Burundi bushyigikiye ubwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri iyi ntambara, aho bivugwa ko bwohereje abasirikare ibihumbi 10 bagiye gufasha FARDC muri uru rugamba bahanganyemo na M23.

SOS Médias Burundi ivuga ko muri aba bantu bane batawe muri yombi, barimo Abapolisi babiri, barimo Kévin Nishimwe ufite ipeti rya Lieutenant wo mu gace ka Budaketwa mu Karere ka Mabanda mu Ntara ya Makamba y’Amajyepfo, watawe muri yombi tariki 13 Werurwe 2025.

Harimo kandi Albert Ndayisaba, ufite ipeti rya Sous Lieutenant wo mu gace ka Maramvya mu Karere ka Burambi mu Ntara ya Rumonge watawe muri yombi tariki 23 Werurwe 2025.

Hatawe muri yombi kandi uwitwa Manassé Nizigiyimana, umwe mu bagize Umuryango ‘SWAA Burundi’ ufite ikigo gitanga serivisi zo gupima Virusi Itera SIDA, wo mu gace ka Budaketwa, we watawe muri yombi tariki 02 Werurwe 2025.

Nanone kandi hatawe muri yombi Jérémie Manirakiza, usanzwe ari Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Burundi (FFB), we watawe muri yombi tariki 27 Werurwe 2025, ubwo yafatirwaga ku Kibuga cy’Indege cya Melchior Ndadaye International Airport ubwo yari avuye mu butumwa muri Morocco.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + six =

Previous Post

Kigali: Umukozi wo mu rugo akurikiranyweho gutangaza amagambo akomeretsa yumvikanamo ingengabitekerezo ya Jenoside

Next Post

Uko byagenze ngo Ambasaderi wa Israel asohorwe ahaberaga umuhango wo Kwibuka muri Ethiopia

Related Posts

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

by radiotv10
14/07/2025
0

Umunyemari uzwi mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, Zari Hassan wiyita Boss Lady wanabyaranye n’umuhanzi w’ikirangirire Diamond Platnumz avuga ko muri...

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

by radiotv10
14/07/2025
0

Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za America muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko hari ibihano biteganyijwe mu gihe...

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

by radiotv10
14/07/2025
0

Nyuma yuko ubuyobozi bwa Uganda bufunguye Imipaka ya Bunagana na Ishasha ihuza iki Gihugu na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,...

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

by radiotv10
14/07/2025
0

Ambassador of The United States of America in the Democratic Republic of Congo has warned that there will be consequences...

Nyuma y’ukwezi uwabaye Perezida wa Zambia yitabye Imana n’uwayoboye Nigeria yapfuye

Nyuma y’ukwezi uwabaye Perezida wa Zambia yitabye Imana n’uwayoboye Nigeria yapfuye

by radiotv10
14/07/2025
0

Muhammadu Buhari wabaye Perezida wa Nigeria, yitabye Imana ku myaka 82 azize uburwayi yari amaranye igihe, nyuma y’ukwezi kumwe Edgar...

IZIHERUKA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama
AMAHANGA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

by radiotv10
14/07/2025
0

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

14/07/2025
Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

14/07/2025
Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

14/07/2025
Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

14/07/2025
Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

14/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko byagenze ngo Ambasaderi wa Israel asohorwe ahaberaga umuhango wo Kwibuka muri Ethiopia

Uko byagenze ngo Ambasaderi wa Israel asohorwe ahaberaga umuhango wo Kwibuka muri Ethiopia

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.