Wednesday, September 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ubuhamya bubabaje bw’ibyamubayeho muri Jenoside n’uburyo inyigisho z’isanamitima zamufashije gukira ibikomere

radiotv10by radiotv10
09/04/2025
in MU RWANDA
0
Ubuhamya bubabaje bw’ibyamubayeho muri Jenoside n’uburyo inyigisho z’isanamitima zamufashije gukira ibikomere
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu batuye mu Mudugudu w’Ubumwe watujwemo abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi n’abayigizemo uruhare, avuga ko inyigisho z’isanamitima za ‘Rabagirana Ministries’ zamufashije gukira ibikomere biremereye yasigiwe na Jenoside, akabasha gusangiza amateka ye abana be, akumva aruhutse.

Rabagirana Ministries nk’umuryango wa gikristu usanzwe ukorera ibikorwa by’isanamitima abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ikanigisha abayikoze gusaba imbabazi bakongera bakabana mu mahoro.

Uyu muryango Rabagirana Ministries umaze imyaka irindwi ukora ibikorwa by’isanamtima, aho muri iyi minsi 100 yo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu bukangurambaga bwiswe “Mpore Rwanda” ku ngingo igira iti “Uruhare rw’isanamitima mu rubyiruko mu gihe cyo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi”.

Byumwihariko uyu Muryango ukomeje kugira uruhare mu gutuma urubyiruko rumenya amateka ruyabwiwe n’ababyeyi babo, bemera kuyababwira nyuma yo gukira ibikomere.

Claudine Umurerwa utuye mu mutugudu w’Ubumwe wa Rusheshe, wiciwe abana muri Jenoside akananduzwa Virusi itera SIDA, yavuze ko nyuma ya Jenoside yabyaye abandi bana, ariko ko byabanje kumugora gusobanurira abana be amateka y’ibyamubayeho.

Avuga ko mu gihe cyo Kwibuka yikingiranaga mu nzu ntagire icyo abwira abana be ariko nyuma yo guhugurwa na Rabagirana Ministries yakize ibikomere abasha kubwira abana be amateka y’ibyamubayeho.

Ati “Abana banjye bakambaza bati ‘kuki uhora ku miti urwaye iki?’ nkajya mu cyumba nkarira nari ntarakira, umutima wanjye wari ukijojoba, ariko maze guhura n’isanamitima ni bwo numvise ngomba kuganiriza abana, bucyeye umwana arambwira ngo ‘hari umuntu wambwiye ko urwaye SIDA’ nahise mwikiriza vuba kuko uwamubwiye yaramfashije. Aho ni ho natangiriye kubaganirira amateka yose y’ibyambayeho.”

Katia Igihozo uri mu rubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, avuga ko nyuma yo guhabwa amahugurwa y’isanamitima yasanze na we ari mu bagizweho ingaruka na yo nubwo yabaye ataravuka.

Ati “Mfite imyaka umunani nibwo twagiye gushyingura mu cyubahiro abantu bo kwa mama, mubaza byinshi ku byabaye kuko nabonaga boza amagufa, namubaza akambwira ati ‘uyu ni musaza wanjye, uyu ni marume n’abandi’ namubaza byinshi ku byabaye ntambwire we yaransubizaga ngo Barabishe bikarangirira aho.”

Umuhuzabikorwa wa Rabagirana Ministries, Mukunzi Louange avuga ko gusobanurira abana bato ibyabaye, bigorana kuko batabasha kubyakira, ariko ko hashyizweho uburyo bwo kubinyuza mu buryo butabateza ibibazo.

Ati “Mu bana bato biracyatugora cyane kuko ubutumwa dufite buraremereye cyane ugereranyije n’urwego abana bashobora kwakira. Rero bisaba kubinyuza mu bundi buryo, binyuze mu ndirimbo, udukino, mu ikinamico. Nababwira ko turimo kwagura ibyafasha abana kumva amateka bakumva ubwo butumwa bakiri bato kugiran go babikurane.”

Uyu muryango Rabagirana Ministries ufite icyicaro mu Karere ka Kicukiro mu murenge wa Masaka, mu Kagari ka Rusheshe ahari agace bise ‘Umusozi w’Ubumwe’ biturutse ku mateka y’abahatuye; abarokotse  Jenoside, abayikoze, abavuye muri Tanzania.

Uyu muryango wahatanze amahugurwa y’isanamitima kuri aba baturage, yatumye bahuza baba umwe hahita hitwa ‘Umudugudu w’Uubumwe’.

Katia Igihozo wavutse nyuma ya Jenoside avuga ko byamugoye kumva ibyabaye ku mubyeyi we

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − three =

Previous Post

Urubyiruko ruravuga isomo rikomeye rwigira mu mateka ashaririye y’ibyabaye mu Rwanda

Next Post

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Related Posts

Rwanda’s political readiness to host the World on two wheels

Rwanda’s political readiness to host the World on two wheels

by radiotv10
17/09/2025
0

The first African hosting of the UCI Road World Championships in September 2025, will not be a mere sporting event...

Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

by radiotv10
17/09/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) bwatangaje ko indege nto yazo yo mu bwoko bwa drone yakoreshwaga mu myitozo, yataye inzira...

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

by radiotv10
16/09/2025
0

Mu Nteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Uburengenazira bwa Muntu; yateranye mu buryo bw’igitaraganya, uhagarariye u Rwanda yavuze ko iki Gihugu...

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

by radiotv10
16/09/2025
0

Amashuri yose yo mu Mujyi wa Kigali; guhera ku y’incuke kugeza ku makuru na za kaminuza, yibukijwe ko mu cyumweru...

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/09/2025
0

Umurambo w’umugabo uri mu kigero cy’imyaka 35, wasanzwe muri ruhurura iri mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarungege mu...

IZIHERUKA

Rwanda’s political readiness to host the World on two wheels
MU RWANDA

Rwanda’s political readiness to host the World on two wheels

by radiotv10
17/09/2025
0

Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

17/09/2025
U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

16/09/2025
Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

16/09/2025
Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

16/09/2025
Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

16/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n'ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s political readiness to host the World on two wheels

Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.