Wednesday, November 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ukuri ni ukuhe?-Harumvikana kubusanya imvugo ku bivugwa muri Rayon

radiotv10by radiotv10
14/04/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ukuri ni ukuhe?-Harumvikana kubusanya imvugo ku bivugwa muri Rayon
Share on FacebookShare on Twitter

Ihagarikwa ry’Umutoza Mukuru wa Rayon Sports, Robertinho, riratangwaho ibisobanuro bibusanye, aho itangazo ry’ubuyobozi bw’iyi kipe, rivuga ko ryatewe n’uburwayi, mu gihe Perezida wayo yavuze ko ari umusaruso mubi.

Amakuru y’ihagarikwa ry’umutoza Robertinho, yatangiye bivugwa ko yahagarikiwe rimwe na Mazimpaka André usanzwe ari Umutoza w’Abanyezamu, bombi bahagaritswe kubera umusaruro udashimishije.

Gusa mu itangazo ryagiye hanze mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 14 Mata 2025, ubuyobozi bwa Rayon Sports, bwavuze ko “Umutoza wa Rayon Sports Roberto Oliveira Gonçalves do Carmo ‘Robertinho’ yahagaritswe by’agateganyo kubera impamvu z’uburwayi.”

Ni mu gihe mu kiganiro Perezida wa Rayon Sports, Thadée Twagirayezu yagiranye na RADIOTV10 kuri uyu wa Mbere, yatangaje ko umutoza Robertinho yahagaritswe kubera umusaruro mucye.

Yagize ati “Robertinho ntabwo twamuhagaritse, twamususupanze [guhagarikwa by’agateganyo] igihe cy’amezi abiri, kubera umusaruro mucye mbere na mbere, no kubera izindi mpamvu zitandukanye umuntu atakwinjiramo cyane ariko iyo ni yo mpamvu nyamukuru.”

Thadée Twagirayezu yavuze kandi ko indi mpamvu, ari ukuba abakinnyi ba Rayon Sports baherutse gukora igisa no kwigumura basaba umushahara wabo, ariko umutoza ntabashe gucubya ibyo bibazo.

Ati “Kandi tubafitiye ukwezi kumwe. Nubwo wenda guhari ariko ntabwo byakabaye ukurikije umuco w’umupira w’amaguru cyangwa uko bimeze. Ibyo byose rero no kutabasha kumanajinga [kugenzura imyitwarire] abakinnyi ngo abashyire hamwe na byo ni ibindi bibazo.”

Naho ku ihagarikwa ry’Umutoza w’Abanyezamu Mazimpaka André, Perezida wa Rayon yavuze ko na we yahagaritswe by’agateganyo igihe kitazwi na we kubera ibibazo by’umusaruro mucye.

Ati “Hari ibyo tukiri guperereza ku byerekeranye n’umusaruro mucye tumaze iminsi tubona n’abazamu, [umunyamakuru: Cyane cyane kuri uriya mukino na Marines] yego n’indi mikino yawubanjirije, na we hari ibyo twagiye tubonamo biri aho…”

Yavuze kandi ko kuri uyu mutoza w’abanyezamu, hiyongeraho ikindi kibazo cyo kuba yaragiye gufata agahimbazamusyi k’abakinnyi kari katanzwe n’umufana, ariko aho kukabashyikiriza akagakubita ku mufuka we.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ubuyobozi bwa Rayon Sports kuri uyu wa Mbere, bwavugaga ko uyu mutoza w’abanyezamu we yazize imyitwarire mibi.

Perezida wa Rayon, Thadée Twagirayezu ahumuriza abakunzi b’iyi kipe ko “nta gikuba cyacitse ni ibisanzwe, umutoza arahari wari wungirije Robertinho kandi ndashaka ko n’abafana batabona ko ari ikibazo gikomeye ko ahubwo babibone nk’igisubizo, tujye i Butare tuzakina na Mukura, dukore akazi kacu.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × three =

Previous Post

Uko umuhanzi Jose Chameleone amerewe nyuma y’indwara yari yatumye benshi bamuhangayikira

Next Post

Min.Nduhungirehe yagoroye imvugo yakoreshejwe n’igitangazamakuru Mpuzamahanga inyuranye n’izikoreshwa kuri Jenoside yakorewe Abatutsi

Related Posts

Abazareba umukino uterejwe na benshi mu Rwanda bamenyeshejwe ibiciro bitagira uwo bica intege

Abazareba umukino uterejwe na benshi mu Rwanda bamenyeshejwe ibiciro bitagira uwo bica intege

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya APR FC izakira umukino uzayihuza na mucyeba wayo Rayon Sports, yatangaje ibiciro byo kuwinjiramo, aho itike ya macye...

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

by radiotv10
31/10/2025
0

Abakinnyi b’ikipe ya Manchester United bagaragaye bambaye barimbye mu myambaro inogeye ijisho, ubwo bari bitabiriye imyitozo bitegura umukino bafite muri...

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

by radiotv10
31/10/2025
0

Cristiano Ronaldo Junior, imfura ya rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yerekanye imodoka ye ya mbere atunze ku myaka 15...

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abakinnyi 2 ba APR bagaragaje imyitwarire igayitse hanashyirwa hanze ibyo bakoze

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abakinnyi b’ingenzi ba APR bakorwagaho iperereza ku myitwarire idahwitse bagaragaje

by radiotv10
31/10/2025
0

Ubuyobozi bwa APR FC bwatangaje ko iperereza ryakorwaga ku bakinnyi b'iyi kipe, Dauda Yussif na Sy Mamadou ku myitwarire idahwite...

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
30/10/2025
0

Ikipe ya El Hilal iri mu ziherutse kwemererwa kuzakina Shampiyona y’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, yafashe urugendo iza muri iki Gihugu,...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi
IBYAMAMARE

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

by radiotv10
04/11/2025
0

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

04/11/2025
Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

04/11/2025
Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Min.Nduhungirehe yagoroye imvugo yakoreshejwe n’igitangazamakuru Mpuzamahanga inyuranye n’izikoreshwa kuri Jenoside yakorewe Abatutsi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.