Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe icyabwiwe Abanyamakuru bari batawe muri yombi n’inzego z’ubutasi mu Burundi

radiotv10by radiotv10
22/04/2025
in AMAHANGA
0
Hatangajwe icyabwiwe Abanyamakuru bari batawe muri yombi n’inzego z’ubutasi mu Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyamakuru babiri bakorera Ibitangazamuru bibiri byo mu Burundi, batawe muri yombi ubwo bataraga inkuru y’imyigaragambyo y’abakiliya ba kimwe mu bigo by’imari biciriritse muri iki Gihugu, nyuma baza kurekurwa, ariko bahabwa gasopo, ko Polisi y’iki Gihugu idashaka ko ibyabaye bizasubira.

Amakuru dukesha ikinyamakuru SOS Médias Burundi, avuga ko aba banyamakuru batawe muri yombi kuri uyu wa Mbere tariki 21 Mata 2025 ubwo bariho batara inkuru y’imyigaragambyo y’abanyamuryango b’ikigo cy’imari giciriritse cya Ineza, bamagana ifungwa ryacyo rimaze amezi ane dore ko cyafunzwe kuva muri Mutarama.

Aba bari batawe muri yombi, ni Willy Kwizera ukorera ikinyamakuru Bonesha FM na Masudi Mugiraneza ukorera Radio Nderagakura, aho bari bafatiwe ahitwa Kinama mu majyaruguru ya Bujumbura.

Bafatanywe n’abakiliya b’icyo kigo cy’imari, babarirwa muri 50 ubwo bari mu myigaragambyo ikaza kurogowa n’inzego z’umutekano.

Abatanze amakuru, bavuga ko abakozi b’Urwego rw’Ubutasi mu Burundi, (SNR/Service National de Renseignement) bari kumwe n’abapolisi bahise bagota abari muri iyi myigaragambyo bagahita babata muri yombi ndetse n’abo banyamakuru babiri.

Bakimara gufatwa, bahise bajyanwa ku cyicaro gikuru cya Polisi i Bujumbura, ahasanzwe hakorerwa ibikorwa byo guhata ibibazo abakekwaho ibyaha.

Abayobozi bamwe bahase ibibazo aba banyamakuru, banabashinja kuba bagiye gutara inkuru y’iyi myigaragambyo batamenyesheje inzego z’ibanze, aho kuba bagiyeyo byafashwe “nk’ubufatanyacyaha muri ibi bikorwa bibujijwe.”

Nyuma, Komiseri mukuru wa Polisi Nkuru ya Bujumbura, yategetse ko aba banyamakuru barekurwa, ariko atanga amababwirza ko “Ibyabaye bitazongera kuba ukundi  byumwihariko mu gihe amatora yegereje.” Iyi gasopo kandi ikaba yanahawe abari muri iyi myigaragambyo.

Uku gutabwa muri yombi kw’aba banyamakuru Willy Kwizera na Masudi Mugiraneza kwazamuye umujinya mu banyamakuru bo mu Burundi n’abo mu miryango mpuzamahanga y’Abanyamakuru, yamaganye iki gikorwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + 10 =

Previous Post

Ubutumwa bwa Perezida Kagame ku itabaruka rya Nyirubutungane Papa Francis

Next Post

Menya ibigiye gukurikira nyuma y’urupfu rw’Umushumba wa Kiliziya ku Isi n’urwibutso asigiye iy’u Rwanda

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya ibigiye gukurikira nyuma y’urupfu rw’Umushumba wa Kiliziya ku Isi n’urwibutso asigiye iy’u Rwanda

Menya ibigiye gukurikira nyuma y’urupfu rw'Umushumba wa Kiliziya ku Isi n’urwibutso asigiye iy'u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.