• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye icyemezo giherutse gufatirwa Moses mbere yuko atabwa muri yombi bwa kabiri

radiotv10by radiotv10
24/04/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hamenyekanye icyemezo giherutse gufatirwa Moses mbere yuko atabwa muri yombi bwa kabiri
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanga mu guhanga imideri, Moses Turahirwa uherutse gutabwa muri yombi akurikiranyweho gukoresha ibiyobyabwenge, hamenyekanye ko yari yaranafatiwe icyemezo cyo gufungwa imyaka itatu, ariko akakijuririra.

Moses Turahirwa uherutse gutangazwa ko yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rumukurikiranyeho icyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge, ni ku nshuro ya kabiri yari afunzwe dore ko n’ubundi muri Mata 2023 yari yafunzwe akurikiranyweho ibyaha nubundi birimo gukoresha ibiyobyabwenge.

Gusa muri 2023 ubwo yafungwaga, yaje kurekurwa by’agateganyo n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, rwamufunguye muri Kamena uwo mwaka.

Nyuma yuko arekuwe by’agateganyo, amakuru kuri uru rubanza yaregwagamo, ntiyakunze kumenyekana, ariko ubu byamenyekanye ko tariki 20 Ukuboza 2024 uru Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwari rwamuhamije bimwe mu byaha yari akurikiranyweho, rukamukatira gufungwa imyaka itatu no kwishyura ihazabu ya Miliyoni 2 Frw.

Gusa kuko yaburanaga ari hanze [kuko yari yararekuwe by’agateganyo] yakomeje kuguma mu buzima busanzwe kuko Umunyamategeko we Me Bayisabe Irene yahise ajuririra iki cyemezo mu Rukuko Rukuru.

Mu gihe hari hagitegerejwe icyemezo cy’Urukiko Rukuru rwakiriye ubujurire mu rubanza ruregwamo Moses Turahirwa rwari rutaratangaza umwanzuo, ni bwo uyu musore yongeye gukurikiranwaho iki cyaha, bifatwa nk’insubiracyaha, ndetse bikaba biri mu mpamvu nkomezacyaha.

Ni mu gihe kandi uyu muhanga mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo yitwa Moshions, atahwemye kugaragaza imyitwarire itanoze yagiye anengerwa na benshi, ndetse bamwe mu bazi imibereho ye bakavuga ko bifitanye isano n’ibiyobyabwenge ashobora kuba akoresha.

Nyuma yuko Moses atawe muri yombi, Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha-RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko ubwo yajyanwaga gupimwa mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ibimenyetso bya Gihanga RFI, mu mubiri we hasanzwemo ibiyobyabwenge biri ku gipimo cyo hejuru.

Dr Murangira abajijwe niba ibyo bitaba bifitanye isano n’imyitwarire n’imigirire bidakwiye, yasubije agira ati “ntabwo twakwirengagiza ko bigira uruhare mu byo akora. Ku bindi, iperereza rirakomeje.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 16 =

Previous Post

IFOTO: Perezida wa Sena y’u Rwanda n’uw’Inteko ya Congo begeranye mu byicaro

Next Post

Rusizi: Basobanuye ibikomeje gufata intera bikorerwa mu gace katakinyurwa n’abiganjemo abagore ku mugoroba

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Rusizi: Basobanuye ibikomeje gufata intera bikorerwa mu gace katakinyurwa n’abiganjemo abagore ku mugoroba

Rusizi: Basobanuye ibikomeje gufata intera bikorerwa mu gace katakinyurwa n’abiganjemo abagore ku mugoroba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.