Saturday, June 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Huye: Ikigo Nderabuzima kivugwamo ikibazo bw’ubwambuzi cyagize icyo kikivugaho

radiotv10by radiotv10
06/05/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Huye: Ikigo Nderabuzima kivugwamo ikibazo bw’ubwambuzi cyagize icyo kikivugaho
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bakoreye akazi ko gucunga umutekano mu Kigo Nderabuzima cya Maraba mu Murenge wa Maraba mu Karere ka Huye, bavuga ko bambuwe amafaranga nyuma yuko abakozemo akazi k’amasuku na bo batabaje basaba kwishyurwa ayabo bakoreye.

Aba bakoze akazi ko gucunga umutekano muri iki Kigo Nderabuzima cya Maraba, bavuga ko bishyura nyiri Kompanyi ya Highly Friendship LTD ari we Kubwimana Jean Claude, wabahaye akazi akababwira ko na we atarishyurwa n’Ubuyobozi bw’iki Kigo Nderabuzima.

Habyarimana Modeste wakoreye iyi Kompanyi akaba yarambuwe amafaranga y’amezi atatu, avuga ko ubwo yishyuzaga amafaranga yakoreye, yagiye asiragizwa.

Ati “Tubaza rwiyemezamirimo akatubwira ko na we Ikigo Nderabuzima cya Maraba kitaramwishyura. Ikibazo ni uko n’iyo tubajije Umuyobozi w’Ikigo Nderabuzima na we atubwira ngo tubaze rwiyemezamirimo waduhaye akazi. Badushyira mu gihirahiro.”

Shumbusho Emmanuel  na we ati “Twakoze twizeye ko bazatwishyura  baratwambura, imiryango yacu ubu irashonje, nta mutuelle de sante dufite twari tuzi ko ariho tuzayakura, twanabaza bakadusiragiza.”

Aba baturage bavuga ko iki kibazo bagihuriyeho ari benshi bakoranye ndetse ngo bamwe bahise bahitamo kureka akazi kugira ngo babanze bishyurwe ayo bakoreye kuko babonaga amaze kuba menshi. Ibi byatumye rwiyemezamirimo ashaka abakozi bashya basimbura abo atarishyura.

Kubwimana Jean Claude uhagarariye Kompanyi ya Highly Friendship LTD yakoreshaga aba  baturage, avuga ko icyatumye atishyura aba bakozi, ari uko na we atarishyurwa n’Ikigo Nderabuzima.

Ati “Kugeza kuri iyi saha uku ni ukwezi kwa gatanu ntahembwa n’icyo Kigo Nderabuzima, byatumye abakozi bigumura bareka akazi, biba ngombwa ko nshaka abandi bakozi kugira ngo akazi gakomeze, ariko kugeza ubu nanjye sindahembwa , ubu ndi kugerageza nkishyura abo bashya nahaye akazi ntegereje ko Ikigo Nderabuzima kinyishyura nkishyura abo ba mbere.”

Umuyobozi w’Ikigo Nderabuzima cya Maraba, Munyaneza Emmanuel avuga ko iki kibazo kizwi ariko ko mu gihe kitarenze uku kwezi kizaba cyakemutse.

Ati “Icyo kibazo kiranzwi ndetse hari n’ibyo twumvikanye na rwiyemezamirimo mu rwego rwo kugikemura. Bitarenze uku kwezi kiraba cyacyemutse.”

Abaturage bavuga ko muri iki Kigo Nderabuzima hakunze kugaragara ibi bibazo byo gukoresha abakozi bakamburwa dore ko uretse aba bacunga umutekano muri iki Kigo Nderabuzima no mu kwezi k’Ukuboza umwaka ushize, hari abandi bakoraga isuku muri iki Kigo Nderabuzima batakaga kwamburwa amafaranga bakoreye.

Bavuga ko bakunze gusiragizwa kenshi
Barifuza ko bishyurwa bakabona amafaranga yo kwikenuza

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − nine =

Previous Post

Karongi: Ubushyamirane bw’abakora ibikorwa binyuranyije n’amategeko bwasize akababaro

Next Post

Polisi y’u Rwanda yageneye ubutumwa abifuza kuyinjiramo inagaragaza ibyo bagomba kuba bujuje

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Polisi y’u Rwanda yageneye ubutumwa abifuza kuyinjiramo inagaragaza ibyo bagomba kuba bujuje

Polisi y’u Rwanda yageneye ubutumwa abifuza kuyinjiramo inagaragaza ibyo bagomba kuba bujuje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.