Saturday, September 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Huye: Ikigo Nderabuzima kivugwamo ikibazo bw’ubwambuzi cyagize icyo kikivugaho

radiotv10by radiotv10
06/05/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Huye: Ikigo Nderabuzima kivugwamo ikibazo bw’ubwambuzi cyagize icyo kikivugaho
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bakoreye akazi ko gucunga umutekano mu Kigo Nderabuzima cya Maraba mu Murenge wa Maraba mu Karere ka Huye, bavuga ko bambuwe amafaranga nyuma yuko abakozemo akazi k’amasuku na bo batabaje basaba kwishyurwa ayabo bakoreye.

Aba bakoze akazi ko gucunga umutekano muri iki Kigo Nderabuzima cya Maraba, bavuga ko bishyura nyiri Kompanyi ya Highly Friendship LTD ari we Kubwimana Jean Claude, wabahaye akazi akababwira ko na we atarishyurwa n’Ubuyobozi bw’iki Kigo Nderabuzima.

Habyarimana Modeste wakoreye iyi Kompanyi akaba yarambuwe amafaranga y’amezi atatu, avuga ko ubwo yishyuzaga amafaranga yakoreye, yagiye asiragizwa.

Ati “Tubaza rwiyemezamirimo akatubwira ko na we Ikigo Nderabuzima cya Maraba kitaramwishyura. Ikibazo ni uko n’iyo tubajije Umuyobozi w’Ikigo Nderabuzima na we atubwira ngo tubaze rwiyemezamirimo waduhaye akazi. Badushyira mu gihirahiro.”

Shumbusho Emmanuel  na we ati “Twakoze twizeye ko bazatwishyura  baratwambura, imiryango yacu ubu irashonje, nta mutuelle de sante dufite twari tuzi ko ariho tuzayakura, twanabaza bakadusiragiza.”

Aba baturage bavuga ko iki kibazo bagihuriyeho ari benshi bakoranye ndetse ngo bamwe bahise bahitamo kureka akazi kugira ngo babanze bishyurwe ayo bakoreye kuko babonaga amaze kuba menshi. Ibi byatumye rwiyemezamirimo ashaka abakozi bashya basimbura abo atarishyura.

Kubwimana Jean Claude uhagarariye Kompanyi ya Highly Friendship LTD yakoreshaga aba  baturage, avuga ko icyatumye atishyura aba bakozi, ari uko na we atarishyurwa n’Ikigo Nderabuzima.

Ati “Kugeza kuri iyi saha uku ni ukwezi kwa gatanu ntahembwa n’icyo Kigo Nderabuzima, byatumye abakozi bigumura bareka akazi, biba ngombwa ko nshaka abandi bakozi kugira ngo akazi gakomeze, ariko kugeza ubu nanjye sindahembwa , ubu ndi kugerageza nkishyura abo bashya nahaye akazi ntegereje ko Ikigo Nderabuzima kinyishyura nkishyura abo ba mbere.”

Umuyobozi w’Ikigo Nderabuzima cya Maraba, Munyaneza Emmanuel avuga ko iki kibazo kizwi ariko ko mu gihe kitarenze uku kwezi kizaba cyakemutse.

Ati “Icyo kibazo kiranzwi ndetse hari n’ibyo twumvikanye na rwiyemezamirimo mu rwego rwo kugikemura. Bitarenze uku kwezi kiraba cyacyemutse.”

Abaturage bavuga ko muri iki Kigo Nderabuzima hakunze kugaragara ibi bibazo byo gukoresha abakozi bakamburwa dore ko uretse aba bacunga umutekano muri iki Kigo Nderabuzima no mu kwezi k’Ukuboza umwaka ushize, hari abandi bakoraga isuku muri iki Kigo Nderabuzima batakaga kwamburwa amafaranga bakoreye.

Bavuga ko bakunze gusiragizwa kenshi
Barifuza ko bishyurwa bakabona amafaranga yo kwikenuza

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + twenty =

Previous Post

Karongi: Ubushyamirane bw’abakora ibikorwa binyuranyije n’amategeko bwasize akababaro

Next Post

Polisi y’u Rwanda yageneye ubutumwa abifuza kuyinjiramo inagaragaza ibyo bagomba kuba bujuje

Related Posts

Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

by radiotv10
12/09/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungire yibukije Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yasabye ko Ingabire Victoire Umuhoza...

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

by radiotv10
12/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamaze gufata umwe mu basore bagaragaye mu mashusho bari gukubita umukobwa bakoresha umuhoro, byabereye mu...

Amakuru arambuye ku bukwe bwahindutse agahinda habura amasaha ngo butahe

Amakuru arambuye ku bukwe bwahindutse agahinda habura amasaha ngo butahe

by radiotv10
12/09/2025
0

Umusore n’inkumi bo mu Murenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke, bagombaga gukora ubukwe, bajyanywe mu Bitaro nyuma yo gutegwa...

Nyaruguru: Abahinzi b’icyayi bagaragarijwe isomo bakwiye gukura mu kuba cyarabahinduriye imibereho

Nyaruguru: Abahinzi b’icyayi bagaragarijwe isomo bakwiye gukura mu kuba cyarabahinduriye imibereho

by radiotv10
12/09/2025
0

Minisitiri w'Ubuhinzi n'Ubworozi, Dr Mark Cyubahiro Bagabe, avuga ko ubuhinzi bw'icyayi mu karere ka Nyaruguru bwazamuye imibereho y'ababukora, bityo ko...

Ntibanyurwa n’igisubizo bakunze guhabwa ku mbogamizi batahwemye kugaragaza

Ntibanyurwa n’igisubizo bakunze guhabwa ku mbogamizi batahwemye kugaragaza

by radiotv10
12/09/2025
0

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Kibaya-Cyunuzi mu Karere ka Ngoma, bavuga ko batahwemye kugaragaza imbogamizi zo kuba badafite aho banika...

IZIHERUKA

Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo
MU RWANDA

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

by radiotv10
12/09/2025
1

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

12/09/2025
Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

12/09/2025
UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

12/09/2025
Amakuru arambuye ku bukwe bwahindutse agahinda habura amasaha ngo butahe

Amakuru arambuye ku bukwe bwahindutse agahinda habura amasaha ngo butahe

12/09/2025
Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

12/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Polisi y’u Rwanda yageneye ubutumwa abifuza kuyinjiramo inagaragaza ibyo bagomba kuba bujuje

Polisi y’u Rwanda yageneye ubutumwa abifuza kuyinjiramo inagaragaza ibyo bagomba kuba bujuje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.