• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Huye: Ikigo Nderabuzima kivugwamo ikibazo bw’ubwambuzi cyagize icyo kikivugaho

radiotv10by radiotv10
06/05/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Huye: Ikigo Nderabuzima kivugwamo ikibazo bw’ubwambuzi cyagize icyo kikivugaho
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bakoreye akazi ko gucunga umutekano mu Kigo Nderabuzima cya Maraba mu Murenge wa Maraba mu Karere ka Huye, bavuga ko bambuwe amafaranga nyuma yuko abakozemo akazi k’amasuku na bo batabaje basaba kwishyurwa ayabo bakoreye.

Aba bakoze akazi ko gucunga umutekano muri iki Kigo Nderabuzima cya Maraba, bavuga ko bishyura nyiri Kompanyi ya Highly Friendship LTD ari we Kubwimana Jean Claude, wabahaye akazi akababwira ko na we atarishyurwa n’Ubuyobozi bw’iki Kigo Nderabuzima.

Habyarimana Modeste wakoreye iyi Kompanyi akaba yarambuwe amafaranga y’amezi atatu, avuga ko ubwo yishyuzaga amafaranga yakoreye, yagiye asiragizwa.

Ati “Tubaza rwiyemezamirimo akatubwira ko na we Ikigo Nderabuzima cya Maraba kitaramwishyura. Ikibazo ni uko n’iyo tubajije Umuyobozi w’Ikigo Nderabuzima na we atubwira ngo tubaze rwiyemezamirimo waduhaye akazi. Badushyira mu gihirahiro.”

Shumbusho Emmanuel  na we ati “Twakoze twizeye ko bazatwishyura  baratwambura, imiryango yacu ubu irashonje, nta mutuelle de sante dufite twari tuzi ko ariho tuzayakura, twanabaza bakadusiragiza.”

Aba baturage bavuga ko iki kibazo bagihuriyeho ari benshi bakoranye ndetse ngo bamwe bahise bahitamo kureka akazi kugira ngo babanze bishyurwe ayo bakoreye kuko babonaga amaze kuba menshi. Ibi byatumye rwiyemezamirimo ashaka abakozi bashya basimbura abo atarishyura.

Kubwimana Jean Claude uhagarariye Kompanyi ya Highly Friendship LTD yakoreshaga aba  baturage, avuga ko icyatumye atishyura aba bakozi, ari uko na we atarishyurwa n’Ikigo Nderabuzima.

Ati “Kugeza kuri iyi saha uku ni ukwezi kwa gatanu ntahembwa n’icyo Kigo Nderabuzima, byatumye abakozi bigumura bareka akazi, biba ngombwa ko nshaka abandi bakozi kugira ngo akazi gakomeze, ariko kugeza ubu nanjye sindahembwa , ubu ndi kugerageza nkishyura abo bashya nahaye akazi ntegereje ko Ikigo Nderabuzima kinyishyura nkishyura abo ba mbere.”

Umuyobozi w’Ikigo Nderabuzima cya Maraba, Munyaneza Emmanuel avuga ko iki kibazo kizwi ariko ko mu gihe kitarenze uku kwezi kizaba cyakemutse.

Ati “Icyo kibazo kiranzwi ndetse hari n’ibyo twumvikanye na rwiyemezamirimo mu rwego rwo kugikemura. Bitarenze uku kwezi kiraba cyacyemutse.”

Abaturage bavuga ko muri iki Kigo Nderabuzima hakunze kugaragara ibi bibazo byo gukoresha abakozi bakamburwa dore ko uretse aba bacunga umutekano muri iki Kigo Nderabuzima no mu kwezi k’Ukuboza umwaka ushize, hari abandi bakoraga isuku muri iki Kigo Nderabuzima batakaga kwamburwa amafaranga bakoreye.

Bavuga ko bakunze gusiragizwa kenshi
Barifuza ko bishyurwa bakabona amafaranga yo kwikenuza

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 1 =

Previous Post

Karongi: Ubushyamirane bw’abakora ibikorwa binyuranyije n’amategeko bwasize akababaro

Next Post

Polisi y’u Rwanda yageneye ubutumwa abifuza kuyinjiramo inagaragaza ibyo bagomba kuba bujuje

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Polisi y’u Rwanda yageneye ubutumwa abifuza kuyinjiramo inagaragaza ibyo bagomba kuba bujuje

Polisi y’u Rwanda yageneye ubutumwa abifuza kuyinjiramo inagaragaza ibyo bagomba kuba bujuje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.