Thursday, May 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Kiyovu na Gasogi mu nzira yo gucutswa, As Kigali igasigara ku ibere yonyine

radiotv10by radiotv10
08/05/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Kiyovu na Gasogi mu nzira yo gucutswa, As Kigali igasigara ku ibere yonyine
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyozi bw’Umujyi wa Kigali, bugiye gukuraho inkunga bwahaga andi makipe azwi muri ruhago nyarwanda nka Kiyovu Sports na Gasogi United, busigarane As Kigali y’Abagabo gusa.

Umuyobozi w’ikipe ya As Kigali y’Abagabo, Shema Fabrice, aheruka kugaragariza Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali ko niba nta gikozwe, iyi kipe agiye kongera guhagarika kuba Umuyobozi wayo bitewe n’uko asa n’uwatereranywe mu gihe iri mu nshingano z’umujyi wa Kigali.

Iyi kipe, imaze iminsi ivugwamo ibibazo by’imishahara y’abakinnyi n’abatoza ndetse hagati mu kwezi kwa Mata bahagaritse imyitozo icyumweru kirenga bitewe n’ibi bibazo.

Ubwo Umuyobozi w’iyi kipe yagaragarizaga Umujyi wa Kigali iki kibazo, Mayor w’Umujyi wa Kigali Samuel Dusengiyumva yamubwiye ko yakwihangana bakarwana n’ukwezi kwa 5 n’ukwa 6, hanyuma ubwo ingengo y’imari izaba isohotse tariki 01 Nyakanga 2025, As Kigali ikazaba ari yo kipe yonyine bazajya bafasha, ku buryo ibyo bibazo bitazongera kubaho.

Ubusanzwe Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bufasha amakipe arimo AS Kigali zombi (iy’abagabo n’abagore), Kiyovu Sports, Gasogi United ndetse na KVC muri Volleyball.

Muri uyu mwaka w’imikino, ikipe ya As Kigali yari yemerewe n’Ubuyobozi bw’Umujyi Miliyoni 257 Frw, mu gihe iyi kipe itangira umwaka yari yagaragaje ko izakoresha ingengo y’imari irengaho Miliyoni 700 Frw.

Ikipe ya As Kigali ubu iri ku mwanya wa gatatu muri shampiyona y’u Rwanda ibura imikino ine ngo irangire, mu gihe iyi kipe imaze gutwara ibikombe bine by’amahoro (harimo n’icyo yegukanye 2001 ubwo yitwaga Les Citadins), gusa ikaba itaregukana igikombe cya shampiyona mu mateka yayo.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali aherutse guca amarenga ko bazasigarana As Kigali gusa
Ni nyuma yo gutakirwa na Perezida w’iyi kipe
As Kigali ishobora gusigarana imbehe

Kiyovu ishobora gucutswa
Na Gasogi United bikajyanirana

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − one =

Previous Post

Ishyaka rya Kabila ryafashe icyemezo nyuma yo kubona ko icyo ryafatiwe n’ubutegetsi kitagifite agaciro

Next Post

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Related Posts

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

by radiotv10
08/05/2025
0

Ikipe ya AS Muhanga yaherukaga mu cyiciro cya mbere cy’umupira w’amaguru mu Rwanda muri 2014 na Gicumbi FC yagiherukagamo muri...

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

by radiotv10
07/05/2025
0

Myugariro w’ikipe y’Igihugu Amavubi na Rayon Sports, Ombolenga Fitina yandikiye iyi kipe iherutse kumugura, ayisaba ko basesa amasezerano kubera kutubahiriza...

Hamenyekanye amakuru y’undi mukinnyi mu Rwanda wahagaritse ruhago akiri muto akajya mu mahanga

Hamenyekanye amakuru y’undi mukinnyi mu Rwanda wahagaritse ruhago akiri muto akajya mu mahanga

by radiotv10
07/05/2025
0

Ndayishimiye Thierry wakinaga mu bwugarizi bw’ikipe ya AS Kigali, yahagaritse gukina umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga, aho yerecyeje ku Mugabane w’u...

Volleyball: Amakipe aherutse guhagararira u Rwanda mu mikino nyafurika agiye guhurira mikino y’ishiraniro

Volleyball: Amakipe aherutse guhagararira u Rwanda mu mikino nyafurika agiye guhurira mikino y’ishiraniro

by radiotv10
02/05/2025
0

Mu mikino ya kamarampaka (Playoffs) yo gushaka ikipe izegukana igikombe cya Shampiyona ya 2024-2025 muri Volleyball, mu cyiciro cy’abakobwa, ikipe...

Abakunzi ba ruhago Nyarwanda binjiye mu birori: Rayon na APR zigeze kuri final y’icy’Amahoro

Abakunzi ba ruhago Nyarwanda binjiye mu birori: Rayon na APR zigeze kuri final y’icy’Amahoro

by radiotv10
30/04/2025
0

APR FC na Rayon Sports FC ni zo kipe zageze ku mukino wa nyuma w'Igikombe cy'Amahoro nyuma yo gusezerera Police...

IZIHERUKA

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi
MU RWANDA

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

by radiotv10
08/05/2025
0

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

08/05/2025
Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

08/05/2025
Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

08/05/2025
Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

08/05/2025
Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

Rwamagana: Ntibumva uko basabwa kugurira Leta imodoka kandi batayirusha amafaranga

08/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Hatangajwe igikekwa kuri 'Bishop Gafaranga' watawe muri yombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.