Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Kiyovu na Gasogi mu nzira yo gucutswa, As Kigali igasigara ku ibere yonyine

radiotv10by radiotv10
08/05/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Kiyovu na Gasogi mu nzira yo gucutswa, As Kigali igasigara ku ibere yonyine
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyozi bw’Umujyi wa Kigali, bugiye gukuraho inkunga bwahaga andi makipe azwi muri ruhago nyarwanda nka Kiyovu Sports na Gasogi United, busigarane As Kigali y’Abagabo gusa.

Umuyobozi w’ikipe ya As Kigali y’Abagabo, Shema Fabrice, aheruka kugaragariza Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali ko niba nta gikozwe, iyi kipe agiye kongera guhagarika kuba Umuyobozi wayo bitewe n’uko asa n’uwatereranywe mu gihe iri mu nshingano z’umujyi wa Kigali.

Iyi kipe, imaze iminsi ivugwamo ibibazo by’imishahara y’abakinnyi n’abatoza ndetse hagati mu kwezi kwa Mata bahagaritse imyitozo icyumweru kirenga bitewe n’ibi bibazo.

Ubwo Umuyobozi w’iyi kipe yagaragarizaga Umujyi wa Kigali iki kibazo, Mayor w’Umujyi wa Kigali Samuel Dusengiyumva yamubwiye ko yakwihangana bakarwana n’ukwezi kwa 5 n’ukwa 6, hanyuma ubwo ingengo y’imari izaba isohotse tariki 01 Nyakanga 2025, As Kigali ikazaba ari yo kipe yonyine bazajya bafasha, ku buryo ibyo bibazo bitazongera kubaho.

Ubusanzwe Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bufasha amakipe arimo AS Kigali zombi (iy’abagabo n’abagore), Kiyovu Sports, Gasogi United ndetse na KVC muri Volleyball.

Muri uyu mwaka w’imikino, ikipe ya As Kigali yari yemerewe n’Ubuyobozi bw’Umujyi Miliyoni 257 Frw, mu gihe iyi kipe itangira umwaka yari yagaragaje ko izakoresha ingengo y’imari irengaho Miliyoni 700 Frw.

Ikipe ya As Kigali ubu iri ku mwanya wa gatatu muri shampiyona y’u Rwanda ibura imikino ine ngo irangire, mu gihe iyi kipe imaze gutwara ibikombe bine by’amahoro (harimo n’icyo yegukanye 2001 ubwo yitwaga Les Citadins), gusa ikaba itaregukana igikombe cya shampiyona mu mateka yayo.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali aherutse guca amarenga ko bazasigarana As Kigali gusa
Ni nyuma yo gutakirwa na Perezida w’iyi kipe
As Kigali ishobora gusigarana imbehe

Kiyovu ishobora gucutswa
Na Gasogi United bikajyanirana

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + five =

Previous Post

Ishyaka rya Kabila ryafashe icyemezo nyuma yo kubona ko icyo ryafatiwe n’ubutegetsi kitagifite agaciro

Next Post

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Related Posts

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Hatangajwe igikekwa kuri 'Bishop Gafaranga' watawe muri yombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.