Wednesday, May 21, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwabaye Umushinjacyaha Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwari rwarashyiriweho u Rwanda yasuye Urwibutso rwa Gisozi

radiotv10by radiotv10
20/05/2025
in MU RWANDA
0
Uwabaye Umushinjacyaha Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwari rwarashyiriweho u Rwanda yasuye Urwibutso rwa Gisozi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga rwa Gambia, Hassan Bubacar Jallow wigeze kuba Umushinjacyaha Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwari rwarashyiriweho u Rwanda (TPIR/ICTR) rwakoreraga i Arusha, yasuye Urwibutso rwa Kigali ku Gisozi, yunamira inzirakarengane ziharuhukiye.

Hassan Bubacar Jallow uri mu ruzinduko mu Rwanda, yasuye Urwibutso rwa Kigali ku Gisozi kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Gicurasi 2025 nk’uko tubikesha Ubuyobozi bw’Urwibutso rwa Kigali.

Ubuyobozi bw’Urwibutso rwa Kigali, buvuga ko kuri uyu wa Kabiri “Twakiriye Hassan Bubacar Jallow, Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga rwa Gambia, n’itsinda ayoboye, bunamira inzirakarengane ziruhukiye ku Rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi, Banasura Urwibutso basobanururiwa n’amateka yayo.”

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga rwa Gambia, Hassan Bubacar Jallow; kuri uyu wa Mbere tariki 19 Gicurasi yanahuye na mugenzi we w’u Rwanda, Madamu Domitille Mukantaganzwa wamwakiriye banagirana ibiganiro.

Ubwo Hassan Bubacar Jallow n’itsinda ry’intumwa ayoboye mu ruzinduko rw’iminsi ine barimo mu Rwanda bakirwaga ku cyicaro cy’Urukiko rw’Ikirenga rw’u Rwanda, basobanuriwe imikorere y’urwego rw’Ubucamanza mu Rwanda byumwihariko ikoreshwa ry’ikoranabuhanga rya IECMS ryifashishwa mu bikorwa byose byo gutanga ubutabera, aho ubu buryo bworohereje abaturage kubona serivisi z’ubutabera.

Agaruka ku byo Igihugu cyabo cyakwigira ku Rwanda, Hassan Bubacar Jallow yagize ati “Intambwe u Rwanda rugezeho twayigendera tukayigiraho kwifashisha ikoranabuhanga mu gutuma ibirego byihuta kandi ubutabera bagatwangwa byihuse bitanyuze mu Bacamanza ahubwo hakanakoreshwa ubundi buryo bwo gushaka umuti w’amakimbirane hadakoreshejwe inkiko.”

Hassan Bubacar Jallow wabaye Umushinjacyaha Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwari rwarashyiriweho u Rwanda, rwaburanishije abagize uruhare rukomeye mu gucura no gushyira mu bikorwa umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi, yavuze kandi Umuryango Mpuzamahanga waranzwe n’uburangare ubwo mu Rwanda hakorwaga Jenoside, ariko ko imikorere ya ruriya Rukiko, hari isomo yasize.

Bubacar Jallow n’itsinda ayoboye basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
Basobanuriwe amateka yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + two =

Previous Post

Uwiyita Umuhanuzi mu Rwanda wigeze gutangaza ibyumvikanamo guca igikuba yatawe muri yombi ubugirakabiri

Next Post

Umuhanzi Nyarwanda umaze igihe adashyira hanze indirimbo azaniye abakunzi be agateye amatsiko

Related Posts

Uwagaragaye mu ‘buhanuzi’ bwumvikanamo ibisa nko guca igikuba yatawe muri yombi

Uwiyita Umuhanuzi mu Rwanda wigeze gutangaza ibyumvikanamo guca igikuba yatawe muri yombi ubugirakabiri

by radiotv10
20/05/2025
0

Nibishaka Theogene wiyita umuhanuzi wigeze gutabwa muri yombi nyuma yo gutangaza amagambo yumvikanamo guca igikuba, yongeye gutabwa muri yombi ku...

Menya iby’ingenzi biranga gutora Papa- Karidinali Kambanda uri mu batoye umushya yabivuze

Menya iby’ingenzi biranga gutora Papa- Karidinali Kambanda uri mu batoye umushya yabivuze

by radiotv10
20/05/2025
0

Arikiyepisikopi wa Kigali, Antoni Karidinali Kambanda ukubutse i Vatican kwa Papa mu mihango yo guherekeza Nyirubutungane Papa Francis uherutse kwitaba...

Icyo abaturage basabira umugabo wakoreye ibyumvikana nk’amarorerwa umwana w’umugore we

Icyo abaturage basabira umugabo wakoreye ibyumvikana nk’amarorerwa umwana w’umugore we

by radiotv10
20/05/2025
0

Abo mu Murenge wa Mushikiri mu Karere ka Kirehe, barasaba ko umugabo uvugwaho kuba yarasambanyije umwana w'imyaka ibiri w’umugore we...

Umupadiri wiyemeje kwinjiza mu burezi abana bafite ubumuga bwo mu mutwe afite icyo asaba

Umupadiri wiyemeje kwinjiza mu burezi abana bafite ubumuga bwo mu mutwe afite icyo asaba

by radiotv10
20/05/2025
0

Umusasiridoti ukorera umurimo w’ubwiyeguriramana mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi anafite ikigo cy’Ishuri ayobora, watangije gahunda yo kwinjiza...

AMAFOTO: Perezida Kagame yasuye imurika ry’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro zigezweho

AMAFOTO: Perezida Kagame yasuye imurika ry’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro zigezweho

by radiotv10
19/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yasuye ibikoresho biri kumurikirwa mu Imurika ry’Inama Mpuzamahanga ku Mutekano muri Afurika (ISCA) birimo intwaro zigezweho za...

IZIHERUKA

Umuhanzi Nyarwanda umaze igihe adashyira hanze indirimbo azaniye abakunzi be agateye amatsiko
IBYAMAMARE

Umuhanzi Nyarwanda umaze igihe adashyira hanze indirimbo azaniye abakunzi be agateye amatsiko

by radiotv10
20/05/2025
0

Uwabaye Umushinjacyaha Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwari rwarashyiriweho u Rwanda yasuye Urwibutso rwa Gisozi

Uwabaye Umushinjacyaha Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwari rwarashyiriweho u Rwanda yasuye Urwibutso rwa Gisozi

20/05/2025
Uwagaragaye mu ‘buhanuzi’ bwumvikanamo ibisa nko guca igikuba yatawe muri yombi

Uwiyita Umuhanuzi mu Rwanda wigeze gutangaza ibyumvikanamo guca igikuba yatawe muri yombi ubugirakabiri

20/05/2025
Icyo Umuyobozi wa Rayon avuga nyuma y’icyemezo cyafashwe ku mukino wayo na Bugesera FC

Icyo Umuyobozi wa Rayon avuga nyuma y’icyemezo cyafashwe ku mukino wayo na Bugesera FC

20/05/2025
Menya iby’ingenzi biranga gutora Papa- Karidinali Kambanda uri mu batoye umushya yabivuze

Menya iby’ingenzi biranga gutora Papa- Karidinali Kambanda uri mu batoye umushya yabivuze

20/05/2025
Icyo abaturage basabira umugabo wakoreye ibyumvikana nk’amarorerwa umwana w’umugore we

Icyo abaturage basabira umugabo wakoreye ibyumvikana nk’amarorerwa umwana w’umugore we

20/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi Nyarwanda umaze igihe adashyira hanze indirimbo azaniye abakunzi be agateye amatsiko

Umuhanzi Nyarwanda umaze igihe adashyira hanze indirimbo azaniye abakunzi be agateye amatsiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umuhanzi Nyarwanda umaze igihe adashyira hanze indirimbo azaniye abakunzi be agateye amatsiko

Uwabaye Umushinjacyaha Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwari rwarashyiriweho u Rwanda yasuye Urwibutso rwa Gisozi

Uwiyita Umuhanuzi mu Rwanda wigeze gutangaza ibyumvikanamo guca igikuba yatawe muri yombi ubugirakabiri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.