Monday, June 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Bavuze impamvu begerejwe amazi meza ariko bakaba bakivoma ibishanga

radiotv10by radiotv10
09/06/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Bavuze impamvu begerejwe amazi meza ariko bakaba bakivoma ibishanga
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, bataka imibereho mibi baterwa no gukoresha amazi y’ibishanga kubera ko begerejwe amazi meza ariko bakaba batayabona.

Bamwe muri aba baturage bo mu Kagari ka Rubona mu murenge wa Nyamyumba, bagaragaza ko bamaze imyaka isaga ibiri bishimiye ko begerejwe amazi meza ariko ngo akaba atabageraho nk’uko babisobanura.

Ntawubaraye Pascal ati “Hari umushinga witwa Mbona watubwiye ko utuzaniye amazi ariko bubatse ibigega, bashyiramo amatiyo gusa ntabwo tubona amazi. Aza rimwe na rimwe kuko akenshi baba bayohereje mu birombe by’amabuye y’agaciro.”

Yamfashije Colette ati “Ugiye no kuri ariya marobine yose wasanga nta mazi arimo, nta n’aherukamo.”

Habiyaremye Fabien ati “Muri iki gihe cy’iki [impeshyi] buriya turagatoye kuko twaherutse tuyabona nk’ukwezi kumwe ubundi amazi turagenda turayabura neza neza.”

Bakomeza bagaragaza ko mu rwego rwo kwirwanaho ngo bibasaba kujya kuvoma mu bishanga kugira ngo babone amazi bakoresha mu ngo zabo nyamara badahwema kugaragariza iki kibazo inzego zibishinzwe.

Habiyaremye Fabien ati “Ubu dutunzwe n’utuzi two ku gihiha dutega ku dusoko kandi na ho ni kure kugerayo bisaba nk’igihe cy’isaha yose hamwe no kugaruka n’inkamasaha atatu.”

Barawigira james ati “Aya mazi tuyavoma kubera ko tuba twabuze ayandi, twavugishije WASAC ngo badukemurire ikibazo cyo kutabona amazi ariko twarategereje turaheba.”

Gusa haba ikibazo cy’amazi begerejwe ariko bakaba batayabona kimwe no gukoresha amazi yo mu bishanga, aba baturage bagaragaza ko byose bibagiraho ingaruka bityo bagatabaza.

Ntawubaraye Pascal ati “Njye byarampombeje cyane kuko nagurishije amatungo nari mfite kugira ngo nzane amazi ariko urabona ko n’izi nzu zose zikinze kuko umuntu aza kuyikodesha yabona nta mazi agahita yigendera.”

Icyimanimpaye Thacienne ati “Njye nshinzwe imibereho myiza mu Mudugudu ariko nyine usanga abana bararwaye inzoka kubera kunywa amazi mabi, bambaye imyenda isa nabi kandi bikadindiza imyigire y’abana bamwe na bamwe”

Umukozi ushinzwe Amazi, Isuku n’Isukura mu Karere ka Rubavu bwana Abayisenga Aime Samuel, yavuze ko iki kibazo kizwi ndetse ko ku bufatanye n’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura, WASAC ishami rya Rubavu bari kugishakira igisubizo ku buryo bitarenze mu kwezi kwa gutaha kwa Nyakanga abo baturage bazaba bafite amazi meza.

Ati “Amazi yagiye agabanuka kubera ubwiyongere bw’abaturage ariko tumaze iminsi turi kubikoraho, isesengura na WASAC ishami rya Rubavu rero hari ahantu twasanze hagomba gushyirwa amavane ku buryo noneho isaranganya ry’amazi ryagenda neza kandi ndakeka ko bitarenze ukwezi kwa gatandatu tuzaba tubirangije.”

Akomeza agaragaza ko ibivugwa n’abaturage ko ayo mazi yaba yoherezwa mu birombe by’amabuye y’agaciro atari ukuri n’ubwo ngo byigeze kubaho ariko ko byahagaze ahubwo hakaba hari ikibazo cy’abaturage b’uturere twa Rutsiro na Rubavu duhuriye ku ku muyoboro wa Mbona utanga amazi muri ako gace bafatiraga amazi ku muyoboro mugari kandi bitemewe kimwe n’ubwiyongere bw’abaturage ngo butuma abayakenera baba benshi kuruta ubushobozi bw’umuyoboro.

Bari babahaye amazi meza ariko yahise agenda nka nyomberi
Hari hanashyizwe ibigega
Ubu bongeye kuvoma ibishanga

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + 20 =

Previous Post

Biri gukoranwa ibanga rikomeye: Amakuru twamenye mu igura ry’abakinnyi mu makipe ayoboye ruhago mu Rwanda

Next Post

Gen.Muhoozi yatanze itegeko nyuma yo kumva ko hari umusirikare wo hejuru wafunzwe n’inzego z’ubutasi

Related Posts

Hamenyekanye amakuru ku rubanza rwa Kazungu wavuzweho ibyaha by’impfu z’abarenga 10 babonetse bashyinguye iwe

Hamenyekanye amakuru ku rubanza rwa Kazungu wavuzweho ibyaha by’impfu z’abarenga 10 babonetse bashyinguye iwe

by radiotv10
09/06/2025
0

Urubanza rw’ubujurire ruregwamo Kazungu Denis wahamijwe ibyaha birimo ibishingiye ku bantu barenga 10 basanzwe bashyinguye aho yari acumbitse, rugiye kuburanishwa....

Kayonza: Abatuye ahitwa Videwo bataka ikibazo cy’amazi bahawe igisubizo gitanga icyizere

Kayonza: Abatuye ahitwa Videwo bataka ikibazo cy’amazi bahawe igisubizo gitanga icyizere

by radiotv10
09/06/2025
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Kayonza burizeza abatuye mu gace bise ‘Videwo’ mu Murenge wa Gahini, ko ikibazo cy’ibura ry’amazi ryari rimaze...

Nyamasheke: Imiryango 258 yahawe ubufasha burimo ubuzayifasha kwikura mu bukene

Nyamasheke: Imiryango 258 yahawe ubufasha burimo ubuzayifasha kwikura mu bukene

by radiotv10
09/06/2025
0

Imiryango itishoboye igera kuri 258 yo mu Mirenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke yahawe inkunga zizayifasha kwikura mu bukene,...

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

IZIHERUKA

Ibyo Perezida Trump yakunze guseka kuri Biden na we byamubayeho
AMAHANGA

Ibyo Perezida Trump yakunze guseka kuri Biden na we byamubayeho

by radiotv10
09/06/2025
0

Hamenyekanye amakuru ku rubanza rwa Kazungu wavuzweho ibyaha by’impfu z’abarenga 10 babonetse bashyinguye iwe

Hamenyekanye amakuru ku rubanza rwa Kazungu wavuzweho ibyaha by’impfu z’abarenga 10 babonetse bashyinguye iwe

09/06/2025
M23 yagaragaje icyavuye mu mirwano ikomeye yayihuje na FARDC

Hagati ya AFC/M23 na Wazalendo i Walikare byongeye gukomera

09/06/2025
Perezida w’u Burundi yahagarariwe mu muhango wo kwibuka Nkurunziza yasimbuye umaze imyaka itanu yitabye Imana

Perezida w’u Burundi yahagarariwe mu muhango wo kwibuka Nkurunziza yasimbuye umaze imyaka itanu yitabye Imana

09/06/2025
Gen.Muhoozi yahaye gasopo umunyapolitiki wo muri Afurika y’Epfo washinje ibinyoma Perezida Kagame na Museveni

Gen.Muhoozi yatanze itegeko nyuma yo kumva ko hari umusirikare wo hejuru wafunzwe n’inzego z’ubutasi

09/06/2025
Rubavu: Bavuze impamvu begerejwe amazi meza ariko bakaba bakivoma ibishanga

Rubavu: Bavuze impamvu begerejwe amazi meza ariko bakaba bakivoma ibishanga

09/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen.Muhoozi yahaye gasopo umunyapolitiki wo muri Afurika y’Epfo washinje ibinyoma Perezida Kagame na Museveni

Gen.Muhoozi yatanze itegeko nyuma yo kumva ko hari umusirikare wo hejuru wafunzwe n’inzego z’ubutasi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Ibyo Perezida Trump yakunze guseka kuri Biden na we byamubayeho

Hamenyekanye amakuru ku rubanza rwa Kazungu wavuzweho ibyaha by’impfu z’abarenga 10 babonetse bashyinguye iwe

Hagati ya AFC/M23 na Wazalendo i Walikare byongeye gukomera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.