Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Bavuze impamvu begerejwe amazi meza ariko bakaba bakivoma ibishanga

radiotv10by radiotv10
09/06/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Bavuze impamvu begerejwe amazi meza ariko bakaba bakivoma ibishanga
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, bataka imibereho mibi baterwa no gukoresha amazi y’ibishanga kubera ko begerejwe amazi meza ariko bakaba batayabona.

Bamwe muri aba baturage bo mu Kagari ka Rubona mu murenge wa Nyamyumba, bagaragaza ko bamaze imyaka isaga ibiri bishimiye ko begerejwe amazi meza ariko ngo akaba atabageraho nk’uko babisobanura.

Ntawubaraye Pascal ati “Hari umushinga witwa Mbona watubwiye ko utuzaniye amazi ariko bubatse ibigega, bashyiramo amatiyo gusa ntabwo tubona amazi. Aza rimwe na rimwe kuko akenshi baba bayohereje mu birombe by’amabuye y’agaciro.”

Yamfashije Colette ati “Ugiye no kuri ariya marobine yose wasanga nta mazi arimo, nta n’aherukamo.”

Habiyaremye Fabien ati “Muri iki gihe cy’iki [impeshyi] buriya turagatoye kuko twaherutse tuyabona nk’ukwezi kumwe ubundi amazi turagenda turayabura neza neza.”

Bakomeza bagaragaza ko mu rwego rwo kwirwanaho ngo bibasaba kujya kuvoma mu bishanga kugira ngo babone amazi bakoresha mu ngo zabo nyamara badahwema kugaragariza iki kibazo inzego zibishinzwe.

Habiyaremye Fabien ati “Ubu dutunzwe n’utuzi two ku gihiha dutega ku dusoko kandi na ho ni kure kugerayo bisaba nk’igihe cy’isaha yose hamwe no kugaruka n’inkamasaha atatu.”

Barawigira james ati “Aya mazi tuyavoma kubera ko tuba twabuze ayandi, twavugishije WASAC ngo badukemurire ikibazo cyo kutabona amazi ariko twarategereje turaheba.”

Gusa haba ikibazo cy’amazi begerejwe ariko bakaba batayabona kimwe no gukoresha amazi yo mu bishanga, aba baturage bagaragaza ko byose bibagiraho ingaruka bityo bagatabaza.

Ntawubaraye Pascal ati “Njye byarampombeje cyane kuko nagurishije amatungo nari mfite kugira ngo nzane amazi ariko urabona ko n’izi nzu zose zikinze kuko umuntu aza kuyikodesha yabona nta mazi agahita yigendera.”

Icyimanimpaye Thacienne ati “Njye nshinzwe imibereho myiza mu Mudugudu ariko nyine usanga abana bararwaye inzoka kubera kunywa amazi mabi, bambaye imyenda isa nabi kandi bikadindiza imyigire y’abana bamwe na bamwe”

Umukozi ushinzwe Amazi, Isuku n’Isukura mu Karere ka Rubavu bwana Abayisenga Aime Samuel, yavuze ko iki kibazo kizwi ndetse ko ku bufatanye n’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura, WASAC ishami rya Rubavu bari kugishakira igisubizo ku buryo bitarenze mu kwezi kwa gutaha kwa Nyakanga abo baturage bazaba bafite amazi meza.

Ati “Amazi yagiye agabanuka kubera ubwiyongere bw’abaturage ariko tumaze iminsi turi kubikoraho, isesengura na WASAC ishami rya Rubavu rero hari ahantu twasanze hagomba gushyirwa amavane ku buryo noneho isaranganya ry’amazi ryagenda neza kandi ndakeka ko bitarenze ukwezi kwa gatandatu tuzaba tubirangije.”

Akomeza agaragaza ko ibivugwa n’abaturage ko ayo mazi yaba yoherezwa mu birombe by’amabuye y’agaciro atari ukuri n’ubwo ngo byigeze kubaho ariko ko byahagaze ahubwo hakaba hari ikibazo cy’abaturage b’uturere twa Rutsiro na Rubavu duhuriye ku ku muyoboro wa Mbona utanga amazi muri ako gace bafatiraga amazi ku muyoboro mugari kandi bitemewe kimwe n’ubwiyongere bw’abaturage ngo butuma abayakenera baba benshi kuruta ubushobozi bw’umuyoboro.

Bari babahaye amazi meza ariko yahise agenda nka nyomberi
Hari hanashyizwe ibigega
Ubu bongeye kuvoma ibishanga

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − eight =

Previous Post

Biri gukoranwa ibanga rikomeye: Amakuru twamenye mu igura ry’abakinnyi mu makipe ayoboye ruhago mu Rwanda

Next Post

Gen.Muhoozi yatanze itegeko nyuma yo kumva ko hari umusirikare wo hejuru wafunzwe n’inzego z’ubutasi

Related Posts

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze ibisobanuro by’uburyo umuntu ashobora kubona ko yanduye cyangwa atanduye Virusi itera SIDA akoresheje agakoresha...

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

IZIHERUKA

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano
IBYAMAMARE

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

by radiotv10
16/12/2025
0

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen.Muhoozi yahaye gasopo umunyapolitiki wo muri Afurika y’Epfo washinje ibinyoma Perezida Kagame na Museveni

Gen.Muhoozi yatanze itegeko nyuma yo kumva ko hari umusirikare wo hejuru wafunzwe n’inzego z’ubutasi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.