Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Hari abacuruzi barira ayo kwarika kubera amafaranga bavuga ko adasobanutse bacibwa

radiotv10by radiotv10
11/06/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rwamagana: Hari abacuruzi barira ayo kwarika kubera amafaranga bavuga ko adasobanutse bacibwa
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bacururiza mu isoko rya Ntunga ryo mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko hari amafaranga bacibwa adasobanutse, aho batanga urugero rw’umusora wa 5 000 Frw bishyuzwa buri kwezi ndetse na 2 000 Frw bashyiriweho n’Inama Njyanama y’Akarere mu buryo bubatunguye.

Aba bacuruzi bavuga ko mu cyumweru gishize abashinzwe gukoresha aya mafaranga banyuze muri iri soko batangira kubaca 5 000 Frw y’ubukodi bw’aho umuntu akorera, aho bavuga ko byemejwe n’Inama Njyanama y’Akarere.

Iradukunda Pierre usanzwe acururiza muri iri soko, avuga ko aya mafaranga baherutse gucibwa, yaje ari umwanzuro wamaze gufatwa, batabigizemo uruhare.

Ati “Nta kintu uba ugomba kubivugaho, biba bibangamye iyaba bateguzaga abantu nkuko babanje kubivuga igihe baza kubivuga ko imisoro igiye guhinduka baza gushyira muri Sisitemu y’ibihumbi cumi na Bitanu. Twasoraga Cumi na Bitanu mu gihembwe ubwo byari bikubiye hamwe byose ariko noneho bibangamye aho haje ibi bitanu byo kuvuga ngo ni w’ubukode bw’aho ukorera buri kwezi.”

Mugenzi we Mutabazi Ally Hassan udodera inkweto kuri iri soko, na we yagize ati “None barimo kongeraho andi ibihumbi bibiri ku musoro tugomba kujya dutanga, ubwo urumva ko biraba cumi na birindwi (17 000 Frw) tudashyizeho ay’Irembo, kandi kuyakorera hano ni ibintu bitugora.”

Dr Rangira Lambert uyobora Inama Njyanama y’Akarere ka Rwamagana yabwiye RADIOTV10 ko uyu musoro wizweho na Komisiyo y’Ubukungu ibarizwamo Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu ndetse n’Umunyamabaga Nshingwabikorwa w’Akarere.

Ati “Bafite ubahagarariye yakwandika bikaza mu buryo bufite umurongo. Nabagira iyo nama yo kureba ubahagarariye akandikira Akarere akabereka ikibazo bagize mu gushyira mu bikorwa ayo mabwiriza ya Njyanama, bati ‘amafaranga ni menshi’ cyangwa barasaba kwishyura mu bice, bakagira ibitekerezo batanga by’uko byakorwa noneho n’Akarere kakabijyamo neza.”

Ni ikibazo bamwe muri aba bacuruzi bavuga ko gikomeje gutuma bakorera mu bihombi, ku buryo hari n’ababona batazashobora gukomeza ubucuruzi bwabo.

Aba bacuruzi bavuga ko amafaranga bari gucibwa batapfa kuyabona
Avuga ko amafaranga aciwa atayakura mu kudoda inkweto

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

U Rwanda rwakiriye Inkura z’umweru 70 ruca agahigo muri Afurika

Next Post

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwitabiriye inama yiga ku mutekano muri Afurika

Related Posts

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

IZIHERUKA

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe
IMYIDAGADURO

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwitabiriye inama yiga ku mutekano muri Afurika

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwitabiriye inama yiga ku mutekano muri Afurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.