Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uregwa kuriganya abantu 500 miliyari 13Frw yasobanuriye Urukiko impamvu yifuza kurekurwa n’umusaruro byatanga

radiotv10by radiotv10
11/06/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uregwa kuriganya abantu 500 miliyari 13Frw yasobanuriye Urukiko impamvu yifuza kurekurwa n’umusaruro byatanga
Share on FacebookShare on Twitter

Sezisoni Manzi Davis uregwa kuriganya abantu barenga 500 miliyari 13 Frw, yasabye Urukiko kurekurwa agakurikiranwa ari hanze kugira ngo na we abashe gukurikirana arenga miliyoni 2 USD afitiwe n’ikigo yakoranaga na cyo, kugira ngo abashe kwishyura abo afitiye umwenda.

Ni mu iburanisha ryabaye kuri uyu wa Kabiri mu Rukiko Rwisumbuye rwa Gasabo, Sezisoni Manzi Davis ukurikiranyweho kuriganya abantu ziriya miliyari binyuze mu kigo cya ’Billion Traders FX’gitanga serivisi z’ivunjisha rikorerwa kuri internet, yavuze ko hari amafaranga  akiri muri konti z’ikigo bakoranaga ubucuruzi IC Market.

Yasabye Urukiko kurekurwa agakurikirana Miliyoni 2,3 USD yaheze mu kigo cyo hanze bakoranaga ubwo bucuruzi cya IC Market, kugira ngo yishyure abo abereyemo imyenda.

Kuri iyi ngingo, umushinjacyaha yavuze ko hakenewe ikigaragaraza niba koko ayo mafaranga ahari kuko bitizewe ko yaba ahari.

Uwunganira mu mategeko Manzi, yavuze ko hari umunyamategeko wagiye gukurikirana aya mafaranga mu gihugu cya Seychelle ariko aza ntayo afite, icyakora ubuyobozi bwa ICE Market bumubwira ko bugiye kumubarira ingano y’ayo bumufitiye bityo ko yizeye ko ahari kuko ngo iyo aba adahari bari kumuhakanira.

Yerekanye ibaruwa yandikiye RIB asaba ko yakurirwaho itambamira ry’ayo mafaranga kuri konti ye kugira ngo ayakurikirane yishyure abo abereyemo imyenda.

Manzi yagaragarije urukiko ko umuryango we wateranyije Miliyoni 30 Frw zishyurwa abantu batanu bityo ko bitanga icyizere cy’uko arekuwe yashaka n’andi mafaranga akishyura abasigaye.

Abunganira mu mategeko abaregera indishyi, bavuze ko umugore we na we yanditse kuri iyo kampani ya Billion Traders FX ku buryo na we yakurikirana ayo mafaranga akayishyura.

Manzi yavuze ko atari kampani ahubwo ari Entreprise imwanditseho ndetse ko ari we ufite ububasha bwo kubona ayo mafaranga bitewe nuko ari we wayacuruzaga.

Mu mikorere y’ubucuruzi bw’ikigo ya Billion Traders, amafaranga yanyuraga kuri konti ya Manzi Davis yo muri Equity, agakomeza muri BNR akagera kuri konti z’umushoramari wo hanze muri Seyshelle akayacuruza ku isoko mpuzamahanga yarangiza inyungu zikagaruka zinyuze mu nzira amafaranga yanyuzemo.

Ubushinjacyaha bwavuze ko yahawe umwanya ungana n’amezi umunani mbere yo gufungwa kugira ngo agaruze amafaranga ariko ntagaragaze ubushake bwo kuyishyura.

Umwunganizi we mu mategeko yavuze ko mu bihe bitandukanye ubwo RIB yagerageza kuba yakura itambamira muri konti ye hazaga amafaranga akayishyura abakiliya be.

Manzi yasobanuye ku nkomoka kuba muri Miliyari 13 z’amafaranga y’u Rwanda yacuruje nta mutungo umwanditseho ko yashakaga kwagura ishoramari rye.

Yatanze urugero rw’uko niba “Miliyoni 200 z’amafaranga y’u Rwanda zacuruzwa Miliyoni eshanu ku munsi, kubera iki nagura inzu iri bumpe miliyoni eshatu ku kwezi?”

Abunganira mu mategeko abaregera indishyi basaba ko ubusabe bwe bwateshwa agaciro kuko babibonamo nko gutinza urubanza.

Ubushinjacyaha burega Manzi Sezisoni ibyaha bitatu; icyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, kuvunja amafaranga mu buryo butemewe n’amategeko n’icyaha cy’iyezandonke. Umwanzuro w’Urukiko uzatangazwa tariki 19 Kamena 2025.

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × five =

Previous Post

Abapolisi b’u Rwanda bavuye mu butumwa barindagamo abayobozi bakuru muri Centrafrique bagaragaje ibindi bakoze

Next Post

Nyuma y’ubushyamirane hagati ya Trump na Elon Musk umwe yagaragaje guca bugufi

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma y’ubushyamirane hagati ya Trump na Elon Musk umwe yagaragaje guca bugufi

Nyuma y’ubushyamirane hagati ya Trump na Elon Musk umwe yagaragaje guca bugufi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.