Muri Lokarite ya Nyanzale muri Teritwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu ya Rurugu, habereye imirwano ikomeye hagati y’Ihuriro rya AFC/M23 n’abarwanyi ba Wazalendo barwanira uruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Iyi mirwano yatangiye kuva ku wa Gatandatu tariki 21 Kamena 2025, yakomerejeho kuri iki Cyumweru, aho yirije umunsi kugeza mu masaha y’umugoroba.
Radio Okapi dukesha aya makuru, ivuga ko mu masaha y’umugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 22 Kamena, humvikanye urufaya rw’amasasu arimo ay’imbunda ziremereye n’izoroheje, ibintu byazanye ubwoba mu baturage batuye mu bice binyuranye muri iyi Lokarite ya Nyanzale.
Abaturage batuye muri ibi bice, bavuze ko uku gukozanyaho hagati ya Wazalendo na AFC/M23 kwatumye bava mu byabo, bakajya kwihisha mu bihuru, ariko bakaza gusubira mu ngo zabo ubwo imirwano yagenzaga amaguru macye.
Bavuga kandi ko muri aka gace no mu nkengero zako hasanzwe hari abarwanyi ba Wazalendo, mu gihe aba M23 bakomeje kubakikiza bashaka kwigarurira agace byegeranye ka Kiyeye muri Gurupoma ya Kihondo.
Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru kandi, umutwe wa Wazalendo wari washyize hanze itangazo wamagana ibitero bari batangiye kugabwaho na M23 mu bice bitandukanye birimo ahitwa Nyarubande, Burambo, Muhanga, Kihondo-centre na Kiyeye, byatangiye ku wa Gatandatu.
Uyu mutwe wari watangaje ko witeguye gusubiza byihuse ibyo bitero ndetse no mu gace ka Katsiru kegereye ibi bice byari byatangiye gusumirizwa.
Ibitero byabaye ku wa Gatandatu, bivugwa ko byahitanye abasivile babiri, bo muri Kihondo-centre, barimo umugabo umwe n’umugore umwe, mu gihe inzu 10 zo mu gace ka Nyarubande muri Sheferi ya Bwito, zatwitswe.
RADIOTV10