• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

radiotv10by radiotv10
08/07/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo
Share on FacebookShare on Twitter

Abatujwe mu Mudugudu w’Icyitegererezo bise ‘Shimwa Paul’ uherereye mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, bavuga ko ibikorwa by’iterambere bagejejweho na Perezida Paul Kagame, ntakindi babonaga babyitura uretse kubimwitirira bikanajyana no kumushimira.

Uyu mudugudu uherereye mu Kagari ka Nyamirama mu Murenge wa Karangazi, ugaragaramo ibikorwa remezo binyuranye byanditseho ‘Shimwa Paul’ birimo amashuri, amavuriro n’isoko, byashyizweho mu myaka 17 ishize.

Gracien Rwakana uri mu bahaye izina rya ‘Shimwa Paul’ avuga ko igitekerezo cyo kuwitirira Perezida Paul Kagame, ari ibyiza yagiye ageza ku Banyarwanda benshi na we ubwe arimo aho yahawe ubutaka bwa Hegitari kimwe n’abandi bagenzi be.

Ati “Aha rwose twahise Shimwa Paul muri 2008. Impamvu twahise Shimwa Paul yadusaranganyije (Paul Kagame) amasambu ku buntu, noneho twe duteranye turavuga tuti ‘nta rindi zina rikwiye ni SHIMWAPAUL. Yahamapaye Hegitari imwe mfite abana icyenda n’umudamu, abana bose babashije gukura, bariga, babaho barashaka ubu mfite abuzukuru, nkeshamo byinshi muri iyo sambu rero.”

Kuva icyo gihe, abaturage barenga 400 bahabwa ubutaka bityo bagahitamo guhita bashimira Umukuru w’Igihugu, bahamwitirira.

Rwakana Gracien akomeza agira ati “Aha hari ishyamba, baduhaye amasambu none urabona n’amashanyarazi barayahagejeje.”

Uwayezu Chantal avuga ko ibikorwa by’amajyambere begerejwe muri aka gace, byoroheje ubuzima, ku buryo bwarushijeho kuba bwiza.

Ati “Iyo washakaga gukoresha urugi cyangwa gusudiriza ikindi kintu wajyaga iyo ku muhanda Nyirangegene, ariko ubu byose bikorerwa hano Shimwa Paul. Abana bigaga kure ariko ntawe ugikora urugendo rurerure amashuri ari hano hafi.”

Mukasangwa Odette na we ati “Turashima Kagame Paul waduhaye Ivuriro hano akadutekererezaho.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Karangazi, Mutesi Hope yasabye aba baturage gufata neza ibyo Umukuru w’Igihugu yabagejejeho.

Ati “Icyo dusaba abo baturage ni ugukomeza kubirinda, kubibyaza umusaruro bakaba ku ntambwe bariho bakomeza batera imbere.”

Uyu Mudugudu wa Nkomo ya Kabiri wiswe Shimwa Paul ugizwe n’ingo 1 150, abawutuye bahuriza ku cyifuzo cyo kuzabona Umukuru w’Igihugu abasura, kugira bazamushimire imbonankubone.

Batujwe mu nzu nziza zigezweho
Ibikorwa byo muri uyu Mudugudu babyise Shimwa Paul’

Hagaragara ibikorwa bigezweho

Gracien Rwakana avuga ko amajyambere yaboneye aha ntakindi gihe yabonetse
Mukasangwa Odette na we avuga ko ibyo gushima ari byinshi
Uwayezu Chantal na we avuga ko bajya babura imvugo bakoresha mu gushimira Perezida Kagame
Ubu kwiyogoshesha ni hafi

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 1 =

Previous Post

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Next Post

From basic to bold: Simple steps to elevate your dressing game

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
From basic to bold: Simple steps to elevate your dressing game

From basic to bold: Simple steps to elevate your dressing game

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.