• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

radiotv10by radiotv10
14/07/2025
in MU RWANDA
0
Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, arasaba abagiraneza gufasha umugore we kujya kwivuza indwara y’ibibyimba yasanganywe mu bihaha nyuma y’igihe kinini uburwayi bwe bwarayoberanye, aho bumenyekaniye agasabwa kujya kwivuriza mu Bitaro batabonera ubushobozi.

Uyu mugabo witwaRubonabasiga Christophe wo mu Mudugudu w’Icyiro mu Kagari ka Cyarwa mu Murenge wa Tumba avuga ko umugore we Niyigena Leonile arwaye indwara y’ibibyimba ku bihaha yivuje igihe kinini ataramenya ko ari yo arwaye aho bimenyekaniye Ibitaro Bikuru bya Kaminuza bya Butare CHUB bimwohereza kujya kwivuriza mu bitaro cya CHUK ahitamo kuguma mu rugo bitewe n’uko avuga ko nta bushobozi  bafite ndetse nubwo yari afite bwamushiranye amuvuza.

Ati “Nokwivuza mu Bitaro bya CHUB ni abagiraneza bamfanshaga ndetse ni na bo bantangiraga ubwisungane mu kwivuza, none kuri ubu nta n’ubwishingizi mu kwivuza mfite kuko ntarabona abagiraneza kandi amafaranga ni menshi yo kumuvuza i Kigali.”

Yakomeje agira ati “Nahisemo kumugumisha mu rugo ntegereje ko  nabona abagiraneza bakamfansha nkamuvuza, ntababonye nta kundi  niyipfire nta kudi nabigenza kuko no kurya ubu ntibyoroshye kubera kubibura kuko  turya duciye inshuro mu baturage.”

Abaturanyi b’uyu muryango, bavuga ko uburwayi bw’uyu mugore bwabanje kuba amayobera, ariko ko na bo babona abagiraneza bakwiye kumugoboka.

Mukarugomwa ati “Uyu muturanyi wacu rwose ntabwo yishoboye no mu buzima busanzwe kubona ikibatunga ntibiba byoroshye kandi ararembye abonye ubufasha akajya kwivuza byaba ari byiza cyane.”

U muyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Imibereho Myiza, Kankesha Anonciatha avuga ko agiye gukurikirana ikibazo cy’uyu muturage kugira ngo afashwe kuvuzwa.

Ati “Ndabikurikirana njye kumureba tumushakire ubwisungane mu kwivuza tunavugane na CHUB bamuhe transfer tumuvuze kuko dufite n’abandi tujya tuvuza.”

Avuga ko umugore we ageze ahababaje
Bamusanganye ibibyimba mu bihaha none yabuze ubushobozi bwo kujya kwivuza
Uyu muryango uvuga ko usanzwe utishoboye

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + nine =

Previous Post

Nyuma y’ukwezi uwabaye Perezida wa Zambia yitabye Imana n’uwayoboye Nigeria yapfuye

Next Post

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.