Sunday, September 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Byagenze gute ngo umunyeshuri umwe mu Rwanda akorere ikizamini cya Leta kuri Polisi?

radiotv10by radiotv10
16/07/2025
in MU RWANDA
0
Byagenze gute ngo umunyeshuri umwe mu Rwanda akorere ikizamini cya Leta kuri Polisi?

Icyitonderwa: Ifoto ntihuye n'ibivugwa mu nkuru, ni iyifashishijwe

Share on FacebookShare on Twitter

Mu bizamini bya Leta bisoza umwaka w’amashuri wa 2024-2025 mu Rwanda, umwe mu banyeshuri bari gukora ibisoza icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye wiga mu kigo cy’ishuri ryo mu Karere ka Nyamagabe, yakoreye ikizamini cye kuri Polisi nyuma yo gufatanwa icyuma yari yitwaje avuga ko narangiza icy’uwo munsi agitera umuntu.

Uyu munyeshuri w’umuhungu w’imyaka 17 y’amavuko, asanzwe yiga mu Rwunge rw’Amashuri (GS) Gasaka mu Karere ka Nyamagabe.

Ubwo abanyeshuri bazindukiraga mu kizamini cyakozwe kuri uyu wa Kabiri tariki 15 Nyakanga 2025, uyu munyeshuri yaje yitwaje imbugita yayihishe mu mukandara, aho yavugaga ko narangiza ikizamini cy’uwo munsi, aza kuyitera umuntu ariko atavuga uwo ari we.

Ibi byatumye inzego z’umutekano zari ahakorerwaga iki kizamini, zibyinjiramo, ndetse ashaka no kuzirwanya ariko ziramufata.

Aya makuru kandi yemwe n’Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye, wavuze ko uyu munyeshuri yahise afatwa ajyanwa kuri Biro bya Polisi bya Kigeme, ndetse aba ari na ho akorera Ikizamini cyari giteganyijwe kuri uyu wa Kabiri, akaba ari na ho yakoreye icya none tariki 16 Nyakanga kugira ngo uwo mugambi yumvikanye avuga kuri uyu wa Kabiri ataza kuwukomeza.

SP Emmanuel Habiyaremye yagize “Yafatanywe icyuma yari yambariyeho kiri ku mukandara, akaba anakekwaho kuba akoresha ibiyobyabwenge.”

Abazi uyu munyeshuri kandi bavuga ko asanzwe akekwaho gukoresha ibiyobyabwenge, ndetse ko bishoboka ko ari byo byamuteye kugaragaza iyi myitwarire.

Polisi ivuga ko hahise hanatangira gukorwa iperereza kugira ngo hamenyekane amakuru arambuye kuri uyu munyeshuri n’icyaba kimutera kwitwara uku.

Mu bizamini bya Leta bikorwa mu Rwanda, hari bamwe mu banyeshuri babikorera ahatari ku Bigo by’Amashuri ku bw’impamvu zitandukanye, barimo ababa bafite ibibazo by’uburwayi boroherezwa gukorera kwa muganga kugira ngo badacikanwa n’ayo mahirwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 17 =

Previous Post

“Too fat” or “Too skinny”?- Body shaming is never a joke

Next Post

Prosecution seeks 15-year prison sentence for Manzi, owner of Billion Traders

Related Posts

Amashirakinyoma kuri Video yatumye umugabo ahabwa urw’amenyo kubera iby’imperuka n’ibyo benshi batamenye

Amashirakinyoma kuri Video yatumye umugabo ahabwa urw’amenyo kubera iby’imperuka n’ibyo benshi batamenye

by radiotv10
28/09/2025
0

Umugabo witwa Patrick Kamanzi yaburiye abantu ko hari igihuha cyakwirakwijwe ku isi cy’abayobya abantu ko Yesu agiye kugaruka bakanavuga itariki...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

What Rwandans expect from the new Digital ID to be issued next year

by radiotv10
27/09/2025
0

Rwanda is preparing to roll out a new digital identification system that will replace the current national ID in the...

The secret life of introverts in a loud world

The secret life of introverts in a loud world

by radiotv10
27/09/2025
0

In today’s society, we often hear people saying, “Be bold, be loud, speak up!” It feels like the world belongs...

Rusizi: Mudugudu warokotse jenoside wanze kwirutisha abandi yahawe inzu nyuma y’igihe kinini anyagirwa

Rusizi: Mudugudu warokotse jenoside wanze kwirutisha abandi yahawe inzu nyuma y’igihe kinini anyagirwa

by radiotv10
26/09/2025
0

Sindayiheba Alex warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi usanzwe ari Umuyobozi w’Umudugudu wa Kabutimbiri mu Murenge wa Nkanka mu Karere ka Rusizi...

Ibyamenyekanye ku bagaragaye bakubitira umuntu mu biro by’Akagari ko muri Kigali

Ibyamenyekanye ku bagaragaye bakubitira umuntu mu biro by’Akagari ko muri Kigali

by radiotv10
26/09/2025
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho yerekana abantu bakubitira umuturage mu Biro by’Akagari ka Munanira I mu Murenge wa Nyakabanda, hatawe muri...

IZIHERUKA

Amashirakinyoma kuri Video yatumye umugabo ahabwa urw’amenyo kubera iby’imperuka n’ibyo benshi batamenye
MU RWANDA

Amashirakinyoma kuri Video yatumye umugabo ahabwa urw’amenyo kubera iby’imperuka n’ibyo benshi batamenye

by radiotv10
28/09/2025
0

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

What Rwandans expect from the new Digital ID to be issued next year

27/09/2025
Amagare-Kigali: Umunya-Espagne atwaye Shampiyono y’Isi mu Bangavu, Umunya-Ethiopia n’Abanyarwandakazi 2 bakora amateka

Amagare-Kigali: Umunya-Espagne atwaye Shampiyono y’Isi mu Bangavu, Umunya-Ethiopia n’Abanyarwandakazi 2 bakora amateka

27/09/2025
Hasobanuwe iby’uburwayi bwari amayobera bw’umukinnyi ngenderwaho wa APR utazakina imikino ibiri ya Pyramids

Hasobanuwe iby’uburwayi bwari amayobera bw’umukinnyi ngenderwaho wa APR utazakina imikino ibiri ya Pyramids

27/09/2025
France: The Nicolas Sarkozy trial or the Roger Rabbit syndrome?

France: The Nicolas Sarkozy trial or the Roger Rabbit syndrome?

27/09/2025
The secret life of introverts in a loud world

The secret life of introverts in a loud world

27/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Prosecution seeks 15-year prison sentence for Manzi, owner of Billion Traders

Prosecution seeks 15-year prison sentence for Manzi, owner of Billion Traders

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amashirakinyoma kuri Video yatumye umugabo ahabwa urw’amenyo kubera iby’imperuka n’ibyo benshi batamenye

What Rwandans expect from the new Digital ID to be issued next year

Amagare-Kigali: Umunya-Espagne atwaye Shampiyono y’Isi mu Bangavu, Umunya-Ethiopia n’Abanyarwandakazi 2 bakora amateka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.