Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisubizo Polisi yahaye usabira ibihano abanyamaguru bakora amakosa yo mu muhanda nk’uko abashoferi bahanwa

radiotv10by radiotv10
17/07/2025
in MU RWANDA
0
Igisubizo Polisi yahaye usabira ibihano abanyamaguru bakora amakosa yo mu muhanda nk’uko abashoferi bahanwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga yavuze ko abanyamaguru bakora amakosa yo mu muhanda bakabangamira ibinyabiziga mu bihe byo kwambukiranya umuhanda, na bo bakwiye kubihanirwa nk’uko abatwara ibinyabiziga na bo bahabwa ibihano, Polisi imugenera igisubizo cy’ibikwiye kubanza gutekerezwa mbere y’ibihano.

Ni nyuma yuko ukoresha Konti yitwa Kemnique (Urinde Wiyemera) ku rubuga nkoranyambaga rwa X, yanditse ubutumwa kuri uru rubuga avuga ko nk’uko abatwara ibinyabiziga bahabwa ibihano igihe bakoze amakosa yo mu muhanda, bikwiye no gukorwa ku banyamaguru.

Yagize ati “Mubyumva mute hatangiraga gushyirwaho ibihano ku bantu bambuka umuhanda nabi cyangwa mu buryo butemewe?”

Uyu usanzwe akoresha cyane urubuga nkoranyambaga rwa X, yakomeje agira ati “Impamvu mbigarukaho ni uko abatwara ibinyabiziga babahana kandi usigaye ubona ko bubahiriza amategeko. None ubu abanyamaguru bo kuki batakurikiranwa mu gihe bagize uruhure mu kwambuka umuhanda nabi, kandi bose bagira uruhare mu mutekano wo mu muhanda?”

Yasoje icyifuzo cye agira ati “Wowe utwara cyangwa ugenda n’amaguru urabyumva ute mu rwego rwo kurushaho kwimakaza #GerayoAmahoro?”

Polisi y’u Rwanda mu kumusubiza, yamushimiye igitekerezo yatanze, ariko ivuga ko mbere yo gutekereza ibihano ku banyamaguru, na bo ubwabo bari bakwiye gutekereza uko bakwiye kubahiriza amategeko y’umuhanda.

Mu butumwa busubiza, Ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda, bwagize buti “Mbere yo gutekereza ibihano, abagenda n’amaguru bafite inshingano yo kuzirikana ko ari bo ba mbere bagomba kwirinda icyabangamira ubuzima cyangwa umutekano wabo. Tuributsa abagenda n’amaguru ko badakwiriye kubangamira ibinyabiziga.”

Bamwe mu batwara ibinyabiziga bakunze gutunga agatoki bamwe banyamaguru na bo gukora amakosa yo mu muhanda, byumwihariko kwambukiranya umuhanda mu gihe ibimenyetso bibabuza, bigatuma abatwaye ibinyabiziga bashobora gufata feri yihutiyeho batiteguye, bikaba byanateza impanuka, bakagongwa n’ibinyabiziga biri inyuma y’ibyabo, cyangwa feri ikaba yakwanga bakagonga abo banyamaguru.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 8 =

Previous Post

Rwanda, UK deepen cooperation on trade, climate finance, and inclusive development

Next Post

Abanyamakuru babiri bakorana ku gitangazamakuru kimwe mu Rwanda bambikanye impeta y’urukundo

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?
FOOTBALL

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

28/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

28/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyamakuru babiri bakorana ku gitangazamakuru kimwe mu Rwanda bambikanye impeta y’urukundo

Abanyamakuru babiri bakorana ku gitangazamakuru kimwe mu Rwanda bambikanye impeta y’urukundo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.