Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyamasheke: Abakoze ubwarimu bamaze amezi arindwi batarahembwa

radiotv10by radiotv10
19/07/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyamasheke: Abakoze ubwarimu bamaze amezi arindwi batarahembwa
Share on FacebookShare on Twitter

Abakoze ubwarimu bw’igihe gito mu bigo by’amashuri bitandukanye byo mu Karere ka Nyamasheke basigariraho abarimu bagiye mu biruhuko byo kubyara, barataka ubukene nyuma yo kumara amezi arindwi batarabona amafaranga bakoreye.

Aba barimu batifuje ko imyirondoro yabo ijya ahagaragara, babarizwa mu Murenge wa Kagano bavuga ko bagiye bishyuza amafaranga bakabwirwa ko ntayahari.

Uwatangiye gukora aka kazi muri Mata, avuga ko gukora ayo mezi yose adahembwa byamuteye ubukene bwatumye atabasha kubona ibyo akeneye nk’umwarimu binagira ingaruka ku mitangire y’amasomo.

Ati “Ntabwo tuzi niba amafaranga azaza, kugira ngo umuntu ajye imbere y’abana bisaba kuba yambaye neza, urumva rero ko ari ibintu biba bigoye. Nashoboraga kubona aho njya gukorera igihumbi mu gitondo cya kare ngasimbukirayo ugasanga ngiye kwigisha nkererewe kandi ntanabishyizeho umutima.”

Undi watangiye aka kazi muri Mutarama uyu mwaka na we akaba atarabona ifaranga na rimwe ku mishahara y’amezi arindwi, avuga ko byagiye bibaca intege gukorana na bagenzi babo bahembwa buri kwezi bo batagira icyo babona.

Ati “Urumva kuba ukorana n’abandi ukabona bo barabona message wowe utazi igihe izazira, iyo bimeze bityo hari igihe n’akazi ugakora nta bushake ufite.”

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke, Mupenzi Narcisse avuga ko icyatumye imishahara y’aba basigariye abarimu itinda ari uko habayeho amavugurura agamije gushyiraho uburyo bazajya bahembwa nk’uko abandi barimu bafite amasezerano bahembwa, bityo ko kubaka sisitemu byatwaye igihe ariko bikaba biri kugera ku musozo ku buryo amafaranga yabo yenda kuboneka.

Ati “Byasabye guhindura sisitemu yo guhemberamo ari na byo Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo iri gukoraho kugeza ubu,  ariko birenda gukemuka ku buryo mu minsi itaha  amafaranga yabo azajya azira igihe umushahara wa mwalimu yasimbuye waziraga.”

Abagera kuri 92 ni bo bitabajwe n’Akarere ka Nyamasheke mu mwaka w’amashuri wa 2024-2025 kugira ngo basigarireho abarimu ku bigo by’amashuli bitandukanye bagiye bajya mu biruhuko nyuma yo kubyara.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + fourteen =

Previous Post

Eng.-An official announcement expected on progress made in AFC/M23 talks with the Congolese Government

Next Post

BREAKING: Haratangazwa ibyasinywe hagati ya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo n’ibimaze kugerwaho mu biganiro

Related Posts

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Umusore wo mu Murene wa Runda mu Karere ka Kamonyi, akurikiranyweho kwica umukecuru amukubise ishoka ubwo yamusangaga iwe nyuma yuko...

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze ibisobanuro by’uburyo umuntu ashobora kubona ko yanduye cyangwa atanduye Virusi itera SIDA akoresheje agakoresha...

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

IZIHERUKA

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda
MU RWANDA

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

16/12/2025
Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Haratangazwa ibyasinywe hagati ya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo n’ibimaze kugerwaho mu biganiro

BREAKING: Haratangazwa ibyasinywe hagati ya AFC/M23 n'ubutegetsi bwa Congo n'ibimaze kugerwaho mu biganiro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.