Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyamasheke: Abakoze ubwarimu bamaze amezi arindwi batarahembwa

radiotv10by radiotv10
19/07/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyamasheke: Abakoze ubwarimu bamaze amezi arindwi batarahembwa
Share on FacebookShare on Twitter

Abakoze ubwarimu bw’igihe gito mu bigo by’amashuri bitandukanye byo mu Karere ka Nyamasheke basigariraho abarimu bagiye mu biruhuko byo kubyara, barataka ubukene nyuma yo kumara amezi arindwi batarabona amafaranga bakoreye.

Aba barimu batifuje ko imyirondoro yabo ijya ahagaragara, babarizwa mu Murenge wa Kagano bavuga ko bagiye bishyuza amafaranga bakabwirwa ko ntayahari.

Uwatangiye gukora aka kazi muri Mata, avuga ko gukora ayo mezi yose adahembwa byamuteye ubukene bwatumye atabasha kubona ibyo akeneye nk’umwarimu binagira ingaruka ku mitangire y’amasomo.

Ati “Ntabwo tuzi niba amafaranga azaza, kugira ngo umuntu ajye imbere y’abana bisaba kuba yambaye neza, urumva rero ko ari ibintu biba bigoye. Nashoboraga kubona aho njya gukorera igihumbi mu gitondo cya kare ngasimbukirayo ugasanga ngiye kwigisha nkererewe kandi ntanabishyizeho umutima.”

Undi watangiye aka kazi muri Mutarama uyu mwaka na we akaba atarabona ifaranga na rimwe ku mishahara y’amezi arindwi, avuga ko byagiye bibaca intege gukorana na bagenzi babo bahembwa buri kwezi bo batagira icyo babona.

Ati “Urumva kuba ukorana n’abandi ukabona bo barabona message wowe utazi igihe izazira, iyo bimeze bityo hari igihe n’akazi ugakora nta bushake ufite.”

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke, Mupenzi Narcisse avuga ko icyatumye imishahara y’aba basigariye abarimu itinda ari uko habayeho amavugurura agamije gushyiraho uburyo bazajya bahembwa nk’uko abandi barimu bafite amasezerano bahembwa, bityo ko kubaka sisitemu byatwaye igihe ariko bikaba biri kugera ku musozo ku buryo amafaranga yabo yenda kuboneka.

Ati “Byasabye guhindura sisitemu yo guhemberamo ari na byo Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo iri gukoraho kugeza ubu,  ariko birenda gukemuka ku buryo mu minsi itaha  amafaranga yabo azajya azira igihe umushahara wa mwalimu yasimbuye waziraga.”

Abagera kuri 92 ni bo bitabajwe n’Akarere ka Nyamasheke mu mwaka w’amashuri wa 2024-2025 kugira ngo basigarireho abarimu ku bigo by’amashuli bitandukanye bagiye bajya mu biruhuko nyuma yo kubyara.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 14 =

Previous Post

Eng.-An official announcement expected on progress made in AFC/M23 talks with the Congolese Government

Next Post

BREAKING: Haratangazwa ibyasinywe hagati ya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo n’ibimaze kugerwaho mu biganiro

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Haratangazwa ibyasinywe hagati ya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo n’ibimaze kugerwaho mu biganiro

BREAKING: Haratangazwa ibyasinywe hagati ya AFC/M23 n'ubutegetsi bwa Congo n'ibimaze kugerwaho mu biganiro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.