Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hamenyekanye amakipe azwi ashobora gukina na APR nyuma yo kwipima n’ayo mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
23/07/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hamenyekanye amakipe azwi ashobora gukina na APR nyuma yo kwipima n’ayo mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya APR FC ikomeje imyiteguro y’umwaka utaha w’imikino, aho mu makipe yifuza gukina na yo imikino ya gicuti harimo na Simba Sports Club yo muri Tanzania.

Ibi byatangajwe n’Umunyobozi wa APR FC, Brigadier General Déo Rusanganwa mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10.

Chairman wa APR FC, yanagarutse ku makuru yari amaze iminsi avugwa ko iyi kipe  yaba yarifuje gukina na Kaizer Chiefs yo mu cyiciro cya mbere muri Afurika y’Epfo, avuga ko koko icyo cyifuzo cyabayeho ariko ariko haza kubaho imbogamizi z’uko iyi kipe ifite irushanwa izitabira mu Gihugu cyabo mu ntangiriro z’ukwezi kwa 8.

Yakomeje avuga ko bakibona ko gukina na Kaizer Chiefs bitagikunze, bahisemo kwandikira ikipe ya Simba Sports Club na Azam FC zombi zo muri Tanzania.

Yagize ati “Twandikiye Azam na Simba SC tuzisaba imikino ya gicuti, dutegereje ko amatariki twabahaye bayemeza, tuzababwira.”

Uyu Muyobozi wa APR FC, yemereye RADIOTV10 ko gukina na Azam ari byo bifite amahirwe menshi kuko yo banayisabye ko bakina tariki ya 17 Kanama 2025 bakaba bategereje igisubizo.

Kuri Simba SC, yavuze ko bagifite imbogamizi z’uko iyi kipe itaratangira imyitozo bityo batazi igihe izabonekera.

APR FC imaze iminsi ikina imikino ya gicuti mu rwego rwo gutyaza imyiteguro y’umwaka w’imikino utaha, aho iheruka kunyagira Gasogi United ibitego 4-1, ikaba kandi yananganyije na Gorilla ibitego 2-2

Mu mukino APR yanganyijemo na Gorilla FC kuri uyu wa Mbere tariki 22 Nyakanga, Abakinnyi barimo Tuyisenge Arsène, Dushimimana Olivier uzwi nka Muzungu na Mugiraneza Frodouard ntibagaragaye, bivugwa ko uko ari batatu bazatizwa, cyane ko Umutoza w’iyi kipe yamaze kubwira Ubuyobozi ko ashaka kuzakoresha Abakinnyi 26.

Iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda, APR FC izahagararira u Rwanda mu mikino y’amakipe yabaye aya mbere iwayo izwi CAF Champions League.

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − 8 =

Previous Post

Ibisobanuro by’umusore ukurikiranyweho gushimuta inyoni iri mu zirinzwe mu Rwanda

Next Post

Impamvu America igaragaza zatumye yikura mu Muryango UNESCO

Related Posts

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Impamvu America igaragaza zatumye yikura mu Muryango UNESCO

Impamvu America igaragaza zatumye yikura mu Muryango UNESCO

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.