Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hamenyekanye amakipe azwi ashobora gukina na APR nyuma yo kwipima n’ayo mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
23/07/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hamenyekanye amakipe azwi ashobora gukina na APR nyuma yo kwipima n’ayo mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya APR FC ikomeje imyiteguro y’umwaka utaha w’imikino, aho mu makipe yifuza gukina na yo imikino ya gicuti harimo na Simba Sports Club yo muri Tanzania.

Ibi byatangajwe n’Umunyobozi wa APR FC, Brigadier General Déo Rusanganwa mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10.

Chairman wa APR FC, yanagarutse ku makuru yari amaze iminsi avugwa ko iyi kipe  yaba yarifuje gukina na Kaizer Chiefs yo mu cyiciro cya mbere muri Afurika y’Epfo, avuga ko koko icyo cyifuzo cyabayeho ariko ariko haza kubaho imbogamizi z’uko iyi kipe ifite irushanwa izitabira mu Gihugu cyabo mu ntangiriro z’ukwezi kwa 8.

Yakomeje avuga ko bakibona ko gukina na Kaizer Chiefs bitagikunze, bahisemo kwandikira ikipe ya Simba Sports Club na Azam FC zombi zo muri Tanzania.

Yagize ati “Twandikiye Azam na Simba SC tuzisaba imikino ya gicuti, dutegereje ko amatariki twabahaye bayemeza, tuzababwira.”

Uyu Muyobozi wa APR FC, yemereye RADIOTV10 ko gukina na Azam ari byo bifite amahirwe menshi kuko yo banayisabye ko bakina tariki ya 17 Kanama 2025 bakaba bategereje igisubizo.

Kuri Simba SC, yavuze ko bagifite imbogamizi z’uko iyi kipe itaratangira imyitozo bityo batazi igihe izabonekera.

APR FC imaze iminsi ikina imikino ya gicuti mu rwego rwo gutyaza imyiteguro y’umwaka w’imikino utaha, aho iheruka kunyagira Gasogi United ibitego 4-1, ikaba kandi yananganyije na Gorilla ibitego 2-2

Mu mukino APR yanganyijemo na Gorilla FC kuri uyu wa Mbere tariki 22 Nyakanga, Abakinnyi barimo Tuyisenge Arsène, Dushimimana Olivier uzwi nka Muzungu na Mugiraneza Frodouard ntibagaragaye, bivugwa ko uko ari batatu bazatizwa, cyane ko Umutoza w’iyi kipe yamaze kubwira Ubuyobozi ko ashaka kuzakoresha Abakinnyi 26.

Iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda, APR FC izahagararira u Rwanda mu mikino y’amakipe yabaye aya mbere iwayo izwi CAF Champions League.

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − 4 =

Previous Post

Ibisobanuro by’umusore ukurikiranyweho gushimuta inyoni iri mu zirinzwe mu Rwanda

Next Post

Impamvu America igaragaza zatumye yikura mu Muryango UNESCO

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Impamvu America igaragaza zatumye yikura mu Muryango UNESCO

Impamvu America igaragaza zatumye yikura mu Muryango UNESCO

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.