Sunday, July 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

radiotv10by radiotv10
26/07/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayonza hari gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ ikomeje gufasha abaturage mu kwikemurira amakimbirane yo mu miryango, ku buryo hari abagore cyangwa abagabo bagiye basubira ku murongo kubera yo nyuma y’igihe batabanye neza n’abo bashakanye.

Muri iyi gahunda yiswe Iryamukuru, abaturage mu Isibo bihitiyemo bagenzi babo bakuze kandi b’inyangamugayo bafasha gukemura bimwe muri mu bibazo bakunze guhura na byo nk’uko bitangazwa na Siborurema Didas wo mu Mudugudu wa Murama mu Kagari ka Murama, uri mu bagize iri tsinda rikemura ibyo bibazo.

Ati “Umuturage ufite ikibazo atagenda akagishyikiriza umukuru w’Umudugudu na we akadutumizaho kuko tuba twarashyizeho igihe cyo gukemura ibibazo, tukicara na ba bantu bafite ibibazo bakatubwira ibibazo bafite tukabunga no kubikemura.”

Akomeza agira ati “Iyo byanze abatemeye turongera tukabishyikiriza Mudugudu akabohereza ku Kagari.”

Umuryango wa Mukaremera Joseline na Nyabyenda Telesphore, ni umwe mu miryango yisunze gahunda y’Iryamukuru kandi ikemurirwa ibibazo bari bafitanye.

Mukaremera yagize ati “Nari mfite amakimbirane n’umugabo, na Mudugudu yari yarahageze inshuro eshatu byarananiranye ndabashaka (Abagize Iryamukuru) batugira inama biranashoboka, na nyuma baragaruka kureba uko bimeze mu rugo. Njye bangiriye umumaro ku giti cyanjye kuko ibyo twapfaga baramuhannye nanjye amakosa yanjye barampana ntabwo byongeye kugaruka mu rugo.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Murama, Bizimana Claude avuga ko iyi gahunda yagabanyije amakimbirane yajyaga agera mu rwego rwo hejuru, ndetse ko byanafashije abakuru b’Imidigudu.

Ati “Abakuru b’Imidigudu barahura, abaturage bafitanye ibibazo bakabasanga bakabaganiriza mu buryo bwo kubunga, ubona ko nta kibazo kirimo cyatuma habaho nka ruswa no kugira amarangamutima cyane cyane ko ari ubushake ari ukunga abantu. Byaradufashije cyane nta bibazo tukibona byinshi ku buryo rwose no mu Midugudugu nta bibazo bakigira na ba Mudugudu barorohewe.”

Iryamukuru ni gahunda ikorerwa ku Mudugudu, buri ku wa Kane, igahuza abagize Komite uko ari batanu ndetse n’abafite ibibazo by’umwihariko nk’amakimbirane yo mu ngo, bigakemurwa hatabayeho izind manza.

Siborurema Didas umwe mu bari muri iri tsinda ry’Iryamukuru avuga ko rifasha benshi
Mukaremera Joseline ashima iyi gahunda yatumye amakimbirane yari iwe ahunga

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 12 =

Previous Post

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Next Post

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Related Posts

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Nyuma yuko hasakaye ibaruwa bigaragara ko yanditswe n’Umuyobozi w’Ikio cya C.L Gashonga TSS cyo mu Karere ka Rusizi, agaya umukozi...

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

by radiotv10
25/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abayobozi bakwiye kujya mu nshingano bazumva kandi bakazikorana ubushake n’imyumvire bibaturutsemo bibumvisha ko akazi barimo...

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubutaka mu Rwanda kigaragaza ko ubutaka bwanditse ku bagore gusa bihariye badafite abo babuhuriyeho ari 18,88% mu...

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

“Kuyobora Abanyarwanda ntako bisa pe…” Ni bumwe mu butumwa Perezida Paul Kagame yavugiye i Kayonza ubwo yari mu bikorwa byo...

Skol and Rayon Sports FC return with Rayon Week: A two-week nationwide celebration ahead of the new season

Skol and Rayon Sports FC return with Rayon Week: A two-week nationwide celebration ahead of the new season

by radiotv10
25/07/2025
0

Building on the success of previous years, this longstanding partnership brings football fever and live entertainment to fans across Rwanda....

IZIHERUKA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’
MU RWANDA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.