Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

radiotv10by radiotv10
26/07/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayonza hari gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ ikomeje gufasha abaturage mu kwikemurira amakimbirane yo mu miryango, ku buryo hari abagore cyangwa abagabo bagiye basubira ku murongo kubera yo nyuma y’igihe batabanye neza n’abo bashakanye.

Muri iyi gahunda yiswe Iryamukuru, abaturage mu Isibo bihitiyemo bagenzi babo bakuze kandi b’inyangamugayo bafasha gukemura bimwe muri mu bibazo bakunze guhura na byo nk’uko bitangazwa na Siborurema Didas wo mu Mudugudu wa Murama mu Kagari ka Murama, uri mu bagize iri tsinda rikemura ibyo bibazo.

Ati “Umuturage ufite ikibazo atagenda akagishyikiriza umukuru w’Umudugudu na we akadutumizaho kuko tuba twarashyizeho igihe cyo gukemura ibibazo, tukicara na ba bantu bafite ibibazo bakatubwira ibibazo bafite tukabunga no kubikemura.”

Akomeza agira ati “Iyo byanze abatemeye turongera tukabishyikiriza Mudugudu akabohereza ku Kagari.”

Umuryango wa Mukaremera Joseline na Nyabyenda Telesphore, ni umwe mu miryango yisunze gahunda y’Iryamukuru kandi ikemurirwa ibibazo bari bafitanye.

Mukaremera yagize ati “Nari mfite amakimbirane n’umugabo, na Mudugudu yari yarahageze inshuro eshatu byarananiranye ndabashaka (Abagize Iryamukuru) batugira inama biranashoboka, na nyuma baragaruka kureba uko bimeze mu rugo. Njye bangiriye umumaro ku giti cyanjye kuko ibyo twapfaga baramuhannye nanjye amakosa yanjye barampana ntabwo byongeye kugaruka mu rugo.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Murama, Bizimana Claude avuga ko iyi gahunda yagabanyije amakimbirane yajyaga agera mu rwego rwo hejuru, ndetse ko byanafashije abakuru b’Imidigudu.

Ati “Abakuru b’Imidigudu barahura, abaturage bafitanye ibibazo bakabasanga bakabaganiriza mu buryo bwo kubunga, ubona ko nta kibazo kirimo cyatuma habaho nka ruswa no kugira amarangamutima cyane cyane ko ari ubushake ari ukunga abantu. Byaradufashije cyane nta bibazo tukibona byinshi ku buryo rwose no mu Midugudugu nta bibazo bakigira na ba Mudugudu barorohewe.”

Iryamukuru ni gahunda ikorerwa ku Mudugudu, buri ku wa Kane, igahuza abagize Komite uko ari batanu ndetse n’abafite ibibazo by’umwihariko nk’amakimbirane yo mu ngo, bigakemurwa hatabayeho izind manza.

Siborurema Didas umwe mu bari muri iri tsinda ry’Iryamukuru avuga ko rifasha benshi
Mukaremera Joseline ashima iyi gahunda yatumye amakimbirane yari iwe ahunga

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − thirteen =

Previous Post

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Next Post

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

by radiotv10
08/04/2026
0

Every great business starts as an idea, but an idea alone isn’t enough. Turning it into something successful requires testing,...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.