• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable

radiotv10by radiotv10
29/07/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’ikipe ya Rayon Sports, Thadée Twagirayezu, yahamije ko Aimable Nsabimana yamwandikiye amusaba kugaruka mu kazi, ariko ko atamwerera ngo agaruke uko abishaka ahubwo ko agomba kunyura mu nzira zemewe.

Ibi bibaye nyuma yuko uyu mukinnyi yari yaranze gutangirana n’abandi imyitozo avuga ko mu gihe Rayon Sports itaramwishyura Miliyoni 5 Frw ze z’ikirarane cy’amafaranga yaguzwe.

Tariki 17 Nyakanga, uyu mukinnyi yagiye mu Nzove agiye gutangira imyitozo abisabwe n’umwe mu bo muri Komite ya Rayon Sports, icyakora Perezida w’ikipe atanga itegeko ko atemerewe gukora imyitozo   ahubwo ko niba ashaka urwandiko rumwemerera gutandukana (Release Letter) yazaza aho ikipe ikorera akarufata.

Mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10 kuri uyu wa Kabiri, Perezida wa Rayon, Thadée Twagirayezu yatangaje ko Aimable Nsabimana yamwandikiye amusaba gusubira mu kazi.

Perezida yagize ati “Aimable Nsabimana ubu ari gusaba kugaruka mu kazi, ariko ntabwo ari bugaruke uko abishaka nanone, afite uburyo agomba kwinjiramo, njyewe nta release letter namwimye, iyo aza kuba ayishaka mba narayimuhaye kuko sinamwicira amahirwe.”

Uyu mukinnyi ukina muri ba myugariro bo hagati, yavuzweho kutumvikana na Rayon Sports inshuro zirenze imwe, dore ko no mu kwezi kwa mbere k’umwaka w’imikino ushize (2024-2025) yandikiye ubuyobozi bw’iyi kipe abusaba gusesa amasezerano, ariko bukamuhakanira.

Yavuzweho kandi kuba umwe mu batsindishaga iyi kipe nkana, byaje gutuma asoza umwaka w’imikino atakigaragara mu bakinnyi bakoreshwa.

Aimable Nsabimana ugifite amasezerano y’umwaka umwe muri Rayon, yinjiye muri iyi kipe avuye muri Kiyovu Sports mu mpeshyi ya 2023, yanakiniye amakipe atandukanye mu Rwanda arimo Marines FC, APR FC na Police FC.

Perezida wa Rayon

Nsabimana ngo arifuza kugaruka mu kazi

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − two =

Previous Post

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

Next Post

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU ZO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU ZO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z'INGENZI Z'IMPAMVU ZO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.