Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umutoza wa mbere usezeye shampiyona ya 2025-2026 itaranatangira yatanze umucyo ku cyabimuteye

radiotv10by radiotv10
05/08/2025
in FOOTBALL, SIPORO
1
Umutoza wa mbere usezeye shampiyona ya 2025-2026 itaranatangira yatanze umucyo ku cyabimuteye
Share on FacebookShare on Twitter

Seninga Innocent wari uherutse gusubizwa mu nshingano n’ikipe ya Etincelles FC yari yarigeze gutoza ikaza kumuhagarika, yasezeye rugikubita, ashinja ubuyobozi bw’iyi kipe kumusuzugura.

Mu kwezi gushize Seninga yagaruwe nk’Umutoza Mukuru wa Etincelles ndetse tariki 16 Nyakanga yari yahise atangiza imyitozo y’iyi kipe yo kwitegura umwaka w’imikino wa 2025-2026.

Gusa amakuru yageraga kuri RADIOTV10 mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, yavugaga ko uyu munsi atatoje iyi kipe ikomeje imyitozo, aho byakekwaga ko yamaze gusezera.

Uyu mutoza wari uherutse no kwikoza muri Zambia ariko iby’ikipe yari agiye gutoza bikazamo kirogoya, yemeje ko yamaze gusezera iyi kipe ya Etincelles yari iherutse kumuha akazi.

Avuga ko nta baruwa yanditse asezera kuko yari atarahabwa amasezerano y’akazi, ahubwo ko we icyo yakoze ari uguhagarika inshingano.

Yagize ati “Nta mpamvu yo kwandika nsezera kuko nari umunyakiraka, kuko nta faranga na rimwe rya bo nahawe.”

Yavuze kandi ko Umunyamabanga Mukuru wa Etincelles, Bagoyi Sultan ari inyuma yo guhagarika inshingo kwe, kuko yanyereje amafaranga yagombaga guhabwa na Perezida w’iyi kipe.

Ati “Na installation fees (amafaranga yo kwitegura) Perezida yanyoherereje umwe mu bo bakorana yarayijyaniye ntiyangeraho. Ibyo rero nabifashe nk’agasuzuguro.”

Uyu mutoza wigeze no guhagarikwa n’ubuyobozi bw’iyi kipe ya Etincelles, yavuze ko nyuma yo kugarurwa mu nshingano, yanimwe uburenganzira mu bikorwa byo gushaka no gusinyisha abakinnyi abona bazamufasha mu kazi ke.

Yavuze ko hari abakinnyi we yagiye abereka yifuzaga ariko “bakabanga, bakizanira ababo bakabasinyisha ntabizi kandi ari njye uzabazwa umusaruro.”

Avuga ko ibi byose byatumye afata icyemezo cyo guhagarika inshingano ze nk’umutoza wa Etincelles, wagombaga kuzafasha iyi kipe muri shampiyona ya 2025-2026 ibura iminsi micye ngo itangire.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Jados says:
    6 months ago

    Ariko ubanza Seninga nawe Ari nkawa mwana murizi udakurwa urutozi pe!!!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + 10 =

Previous Post

Ubutumwa bw’umwe mu bayobozi muri Kivu ya Ruguru buvuga kuri Gen.Sultani Makenga wa M23

Next Post

Eng.-Millions of refugees, including those from DRC expected to flee to Uganda

Related Posts

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

IZIHERUKA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce
MU RWANDA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-Millions of refugees, including those from DRC expected to flee to Uganda

Eng.-Millions of refugees, including those from DRC expected to flee to Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.