Monday, April 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umutoza wa mbere usezeye shampiyona ya 2025-2026 itaranatangira yatanze umucyo ku cyabimuteye

radiotv10by radiotv10
05/08/2025
in FOOTBALL, SIPORO
1
Umutoza wa mbere usezeye shampiyona ya 2025-2026 itaranatangira yatanze umucyo ku cyabimuteye
Share on FacebookShare on Twitter

Seninga Innocent wari uherutse gusubizwa mu nshingano n’ikipe ya Etincelles FC yari yarigeze gutoza ikaza kumuhagarika, yasezeye rugikubita, ashinja ubuyobozi bw’iyi kipe kumusuzugura.

Mu kwezi gushize Seninga yagaruwe nk’Umutoza Mukuru wa Etincelles ndetse tariki 16 Nyakanga yari yahise atangiza imyitozo y’iyi kipe yo kwitegura umwaka w’imikino wa 2025-2026.

Gusa amakuru yageraga kuri RADIOTV10 mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, yavugaga ko uyu munsi atatoje iyi kipe ikomeje imyitozo, aho byakekwaga ko yamaze gusezera.

Uyu mutoza wari uherutse no kwikoza muri Zambia ariko iby’ikipe yari agiye gutoza bikazamo kirogoya, yemeje ko yamaze gusezera iyi kipe ya Etincelles yari iherutse kumuha akazi.

Avuga ko nta baruwa yanditse asezera kuko yari atarahabwa amasezerano y’akazi, ahubwo ko we icyo yakoze ari uguhagarika inshingano.

Yagize ati “Nta mpamvu yo kwandika nsezera kuko nari umunyakiraka, kuko nta faranga na rimwe rya bo nahawe.”

Yavuze kandi ko Umunyamabanga Mukuru wa Etincelles, Bagoyi Sultan ari inyuma yo guhagarika inshingo kwe, kuko yanyereje amafaranga yagombaga guhabwa na Perezida w’iyi kipe.

Ati “Na installation fees (amafaranga yo kwitegura) Perezida yanyoherereje umwe mu bo bakorana yarayijyaniye ntiyangeraho. Ibyo rero nabifashe nk’agasuzuguro.”

Uyu mutoza wigeze no guhagarikwa n’ubuyobozi bw’iyi kipe ya Etincelles, yavuze ko nyuma yo kugarurwa mu nshingano, yanimwe uburenganzira mu bikorwa byo gushaka no gusinyisha abakinnyi abona bazamufasha mu kazi ke.

Yavuze ko hari abakinnyi we yagiye abereka yifuzaga ariko “bakabanga, bakizanira ababo bakabasinyisha ntabizi kandi ari njye uzabazwa umusaruro.”

Avuga ko ibi byose byatumye afata icyemezo cyo guhagarika inshingano ze nk’umutoza wa Etincelles, wagombaga kuzafasha iyi kipe muri shampiyona ya 2025-2026 ibura iminsi micye ngo itangire.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Jados says:
    9 months ago

    Ariko ubanza Seninga nawe Ari nkawa mwana murizi udakurwa urutozi pe!!!

    Reply

Leave a Reply to Jados Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + 9 =

Previous Post

Ubutumwa bw’umwe mu bayobozi muri Kivu ya Ruguru buvuga kuri Gen.Sultani Makenga wa M23

Next Post

Eng.-Millions of refugees, including those from DRC expected to flee to Uganda

Related Posts

APR VC yitije abakinnyi bane ba Gisagara VC, Kepler ijyana umwe: Menya imyitegure y’Amakipe y’u Rwanda

APR VC yitije abakinnyi bane ba Gisagara VC, Kepler ijyana umwe: Menya imyitegure y’Amakipe y’u Rwanda

by radiotv10
19/04/2026
0

Imyiteguro irarimbanyije ku makipe ane ahagarariye u Rwanda mu irushanwa ry'amakipe y'abagabo yabaye aya mbere iwayo muri Afurika mu mukino...

Ihangana hagati y’abakinnyi bayoboye ruhago ku Isi ya none ryimukiye mu ishoramari

Ihangana hagati y’abakinnyi bayoboye ruhago ku Isi ya none ryimukiye mu ishoramari

by radiotv10
17/04/2026
0

Nubwo Lionel Messi na Cristiano Ronaldo bamaze imyaka myinshi bahanganiye mu kibuga nk’abakinnyi beza ku isi, ubu iryo hangana riri...

RDF Liberation Cup: Diviziyo ya 4 yitwaye neza itsinda Engineering Command muri Football na Volleyball

RDF Liberation Cup: Diviziyo ya 4 yitwaye neza itsinda Engineering Command muri Football na Volleyball

by radiotv10
17/04/2026
0

Mu gutangiza amarushanwa ya RDF Liberation Cup ategurwa mu rwego rwo kwizihiza Umunsi wo Kwibohora, mu mikino yabereye mu Ntara...

Ibiganiro byahurije ku meza amwe Rayon na Kiyovu ku mpaka zariho byatanze umusaruro mwiza

Ibiganiro byahurije ku meza amwe Rayon na Kiyovu ku mpaka zariho byatanze umusaruro mwiza

by radiotv10
17/04/2026
0

Ibiganiro byahurije hamwe ubuyobozi bwa FERWAFA, Perezida wa Rayon Sports, Abdallah Murenzi n’uwa Kiyovu, David Nkurunziza byari bigamije gukemura ikibazo...

Iby’ingenzi wamenya ku irushanwa rikomeye muri Volleyball u Rwanda rugiye kwakira

Iby’ingenzi wamenya ku irushanwa rikomeye muri Volleyball u Rwanda rugiye kwakira

by radiotv10
17/04/2026
0

U Rwanda rugiye kwakira irushanwa ry’amakipe yabaye aya mbere iwayo mu bagabo mu mukino wa Volleyball (CAVB Men's Club Championship)...

IZIHERUKA

Benjamin Netanyahu ubwe yivugiye ku musirikare wagaragaye akora ibyashenguye Abakristu Gatulika
AMAHANGA

Benjamin Netanyahu ubwe yivugiye ku musirikare wagaragaye akora ibyashenguye Abakristu Gatulika

by radiotv10
20/04/2026
0

Ishyaka rya Tshisekedi ryatangije ku mugaragaro inzira zo guhindura Itegeko Nshinga rya Congo

Ishyaka rya Tshisekedi ryatangije ku mugaragaro inzira zo guhindura Itegeko Nshinga rya Congo

20/04/2026
Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa Eric Semuhungu n’imikorere yabyo

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa Eric Semuhungu n’imikorere yabyo

20/04/2026
Ibivugwa nyuma yuko hasakaye ifoto y’Umusirikare wa Israel amenagura ishusho ya Yezu akoresheje kinubi

Ibivugwa nyuma yuko hasakaye ifoto y’Umusirikare wa Israel amenagura ishusho ya Yezu akoresheje kinubi

20/04/2026
Nyamasheke: Gitifu na mudugudu ntibavuga rumwe ku mafaranga yakwa abaturage kugira ngo bahabwe serivisi

Nyamasheke: Gitifu na mudugudu ntibavuga rumwe ku mafaranga yakwa abaturage kugira ngo bahabwe serivisi

20/04/2026
Nyuma y’amezi abiri Kiliziya Gatulika mu Rwanda yapfushije undi Mupadiri

Nyuma y’amezi abiri Kiliziya Gatulika mu Rwanda yapfushije undi Mupadiri

20/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-Millions of refugees, including those from DRC expected to flee to Uganda

Eng.-Millions of refugees, including those from DRC expected to flee to Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Benjamin Netanyahu ubwe yivugiye ku musirikare wagaragaye akora ibyashenguye Abakristu Gatulika

Ishyaka rya Tshisekedi ryatangije ku mugaragaro inzira zo guhindura Itegeko Nshinga rya Congo

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa Eric Semuhungu n’imikorere yabyo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.