Kiliziya Gatulika mu Rwanda yatangaje inkuru y’akababaro y’urupfu rwa Padiri Bernard Kyoribona witabye Imana azize uburwayi, aho atabarutse hatarashira amezi abiri undi musaseridoti wakoreraga umuhamagaro we muri Diyoseze ya Butare.
Urupfu rwa nyakwigendera rwatangajwe mu itangazo ryashyizwe hanze na Diyosezeye Gatulika ya Gikongoro kuri iki Cyumweru tariki 19 Mata 2026.
Iri tangazo rivuga ko “Nyiricyubahiro Musenyeri Selestini HAKIZIMANA, Umwepiskopi wa Diyosezi Gatolika ya Gikongoro, afatanyije n’umuryango wa Padiri Bernard KYORIBONA, ababajwe no kumenyesha Abepiskopi, Abasaseridoti, Abiyeguriyimana, Abakristu n’Inshuti ko uwo Padiri Bernard KYORIBONA yitabye Imana kuri iki Cyumweru tariki ya 19/04/2026 azize uburwayi mu Bitaro bikuru bya CHUB i Butare.”
Muri iri tangazo ry’Umushumba wa Diyoseze ya Gikongoro, yatangaje ko Gahunda yo guherekeza nyakwigendera izatangazwa nyuma mu rindi tangazo.

Padiri Bernard Kyoribona yitabye Imana hatarashira ukwezi, undi Mupadiri muri Kiliziya Gatulika mu Rwanda wakoreraga umurimo w’Ubusaseridosite muri Diyosezeye ya Butare atabarutse.
Padiri Faustin RUTEMBESA unazwi mu burezi bw’amashuri makuru na za Kaminuza, yitabye Imana na we ari ku Cyumweru tariki 22 Gashyantare 2026.
Diyoseze Gatulika ya Gikongoro kandi, nta gihe kinini gishize n’ubundi ipfushije Umupadiri, ari we Gervase Twinomujuni wakoreraga umuhamagaro w’Ubusaseridoti muri Paruwasi ya Bishyira mu Karere ka Nyamagabe, akaba ari na we wari Padiri Mukuru, we witabye Imana mu kwezi k’Ugushyingo 2025.
RADIOTV10








